Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amavubi ko amenyereweho gutsindwa kuki ubu byabaye nko guca inka amabere?

radiotv10by radiotv10
19/06/2023
in FOOTBALL, SIPORO
1
Amavubi ko amenyereweho gutsindwa kuki ubu byabaye nko guca inka amabere?
Share on FacebookShare on Twitter

Ku mbuga nkoranyambaga, nta yindi ntero uretse benshi bijujutira kuba ikipe y’Igihugu Amavubi yongeye kubaraza nabi, igatsindwa na Mozambique, igahita isezererwa mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika. Gutsindwa ku ikipe y’Igihugu si bishya, ariko ubu bwo byazamuye uburakari bwa benshi.

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 18 Kamena 2023, ikipe ya Mozambique yatsindiye u Rwanda kuri Sitade ya Huye, ibitego 2-0.

Wari umukino w’umunsi wa Gatanu wo mu itsinda L mu gushaka tike yo kujya mu gikombe cya Afurika kizabera muri Cote d’Ivoire umwaka utaha.

Umukino ubanza amakipe yombi yari yanganyije igitego 1-1, ariko uwo kwishyura Amavubi yawutsinzwe bisa n’ibyize akadomo ku cyizere cyo kuba ikipe y’igihugu Amavubi yazerekeza muri Cote d’Ivoire umwaka utaha.

Muri iri tsinda, Senegal ni yo iyoboye n’amanota 13 ndetse ni nayo yonyine yamaze gukatisha itike. Ikipe y’igihugu ya Mozambique ni iya 2 n’amanota 7, Benin ni iya 3 n’amanota 5, naho u Rwanda ni urwa nyuma n’amanota 2 gusa.

Kuva 2004 ubwo Amavubi aheruka kubona itike yo kwerekeza mu gikombe cya Afurika, kubona tike yo gusubirayo byakomeje kwanga n’ubu biranze.

Nyuma y’uyu mukino wabonetsemo igitego cyaturutse kuri umwe muri ba myugariro b’Abamuvubi, Manzi Thierry, abakunzi ba ruhago ndetse n’abandi mu ngeri zinyuranye, bagaragaje umujinya wo kuba Ikipe yabo yongeye kubabaza.

Ni umujinya bigaragara ko bari bafite icyizere ko iyi kipe igiye gukinira ku kibuga cyayo, ndetse yariteguye bihagije, yashoboraga gutsinda.

Nanone kandi benshi bashingira ku byatangajwe n’abakinnyi ndetse n’umutoza wabo ubwo biteguraga uyu mukino, ko biteguye gukora ibishoboka byose, bagatsinda uyu mukino, bavugaga ko ari nka final kuri bo.

Ariko nanone ntarwabura kuvuga ko uyu mujinya ushingiye ku nyota Abanyarwanda bafite yo kongera kubona ikipe yabo yongera gutsinda, cyangwa ikaba yasubira mu Gikombe cya Afurika.

Minisitiri muri Sitade

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Comments 1

  1. haba janvier says:
    3 years ago

    gusa birababaje cyane buri wese ufite ubunyarwanda yababara .

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

Uwagarukiye ku mva bagiye kumushyingura ari muzima ubu noneho ibye ni amarira

Next Post

Museveni wari urwaye Covid-19 yatangaje inkuru nziza n’icyamutunguye atakekaga ko cyamubaho nka Perezida

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Museveni wari urwaye Covid-19 yatangaje inkuru nziza n’icyamutunguye atakekaga ko cyamubaho nka Perezida

Museveni wari urwaye Covid-19 yatangaje inkuru nziza n’icyamutunguye atakekaga ko cyamubaho nka Perezida

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.