Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amavubi yungutse rutahizamu w’umunyamahanga byavugwaga ko yemeye gukinira u Rwanda

radiotv10by radiotv10
20/05/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amavubi yungutse rutahizamu w’umunyamahanga byavugwaga ko yemeye gukinira u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Rutahizamu w’Umunya-Nigeria, Ani Elijah uri mu batsinze ibitego byinshi muri shampiyona y’u Rwanda irangiye, ni umwe mu bakinnyi bitabiriye umwiherero w’Ikipe y’Igihugu Amavubi, nyuma y’iminsi bivugwa ko hari kuba ibiganiro byo kuba yakinira u Rwanda.

Ni umwiherero wo kwitegura imikino ibiri ikipe y’u Rwanda ifite; uwa Benin ndetse n’uwa Lesotho mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026.

Ani Elijah ni umwe mu bitabiriye uyu mwiherero watangiye kuri uyu wa Mbere tariki 20 Gicurasi 2024, aho yaje atunguranye kuko atari ari ku rutonde rw’abakinnyi bahamagawe n’umutoza.

Uyu rutahizamu usanzwe ari umukinnyi wa Bugesera FC, ni umwe mu bahiriwe n’umwaka w’imikino wa 2023-2024, dore ko yawubonyemo ibitego 15 ari na wo mwaka we wa mbere muri Shampiyona y’u Rwanda.

Byari bimaze iminsi bivugwa ko hari kuba ibiganiro byo kuba uyu musore w’imyaka 24 y’amavuko yakinira ikipe y’Igihugu, muri gahunda yatangiye yo kongera kuzanamo abakinnyi b’abanyamahanga.

Kubera uburyo uyu rutahizamu yitwaye muri uyu mwaka w’imikino wa 2023/24, ari kwifuzwa n’amakipe atandukanye asanzwe akomeye mu Rwanda, arimo APR FC iherutse kwegukana igikombe cya shampiyona ku nshuro ya gatanu yikurikiranya.

Ani Elijah ubwo yitabiraga umwiherero kuri uyu wa Mbere

Olivier Mugabo Nizeyimana wabaye Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), muri Nzeri 2022, ubwo yagiranaga ikiganiro n’itangazamakuru, yari yavuze ko hari gahunda yo kwinjiza abanyamahanga mu ikipe y’Igihugu.

Icyo gihe, Olivier yari yavuze ko mu kugarura abo banyamahanga mu ikipe y’Igihugu, hazazanwa abakinnyi bacye bigaragara ko bagira icyo bayifasha.

Icyo gihe yari yagize ati “Ntabwo nanone twafata ikipe y’Igihugu ngo tuyuzuzemo abantu bakomoka mu mahanga gusa ngo ikinyarwanda kibure, oya, ariko babiri cyangwa batatu bafasha bigaragara, abo dutekereza babiri cyangwa batatu dufatanyije n’ubuyobozi bwa Minisiteri hari ibyo turimo dukoraho, rimwe muzumva byabaye.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − seventeen =

Previous Post

DRC: Uwo mu rugo rwatangiriyeho igitero cyo guhirika ubutegetsi yasobanuye birambuye uko gukozanyaho byagenze

Next Post

Uko i Kinshasa byifashe nyuma y’uko hapfubijwe ‘Coup d’Etat’ bigateza impagarara kuri bamwe

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

by radiotv10
09/07/2025
0

Ikipe ya Rayon Sports FC yasinyishije rutahizamu w’Umunyekongo, Chadrack Bingi Belo, aba umukinnyi mushya wa 6 uyisinyiye iyi kipe avuye...

Uwayezu wayoboye Rayon yongeye kugaragarizwa ibyishimo n’abakunzi b’iyi kipe

Uwayezu wayoboye Rayon yongeye kugaragarizwa ibyishimo n’abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
09/07/2025
0

Uwayezu Jean Fidèle wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports akaza kwegura, yagaragarijwe urukundo n’abakunzi b’iyi kipe, bamweretse ko bazirikana ibyo...

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

by radiotv10
08/07/2025
0

Rwanda is delighted to welcome three Arsenal Women Football Club Players Katie McCabe, Caitlin Foord and Laia Codina who landed...

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

by radiotv10
07/07/2025
0

Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC yasinyishije rutahizamu w’Umunya- Côte d'Ivoire, William Togui Mel wari umaze iminsi avugwaho kuzinjira muri...

We are here to showcase how beautiful Rwanda is- Legend Jay-Jay Okocha after arriving in Rwanda

We are here to showcase how beautiful Rwanda is- Legend Jay-Jay Okocha after arriving in Rwanda

by radiotv10
07/07/2025
0

Two football icons with global recognition, Jay-Jay Okocha and Didier Domi, have arrived in Rwanda as part of a five-day...

IZIHERUKA

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi
AMAHANGA

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

by radiotv10
10/07/2025
0

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

10/07/2025
M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

10/07/2025
Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko i Kinshasa byifashe nyuma y’uko hapfubijwe ‘Coup d’Etat’ bigateza impagarara kuri bamwe

Uko i Kinshasa byifashe nyuma y’uko hapfubijwe 'Coup d’Etat' bigateza impagarara kuri bamwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.