Thursday, November 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amb.Nduhungirehe n’ukuriye Guverinoma y’u Bwongereza na rurangiranwa muri ruhago barebye umukino wakurikiwe cyane

radiotv10by radiotv10
05/12/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Amb.Nduhungirehe n’ukuriye Guverinoma y’u Bwongereza na rurangiranwa muri ruhago barebye umukino wakurikiwe cyane
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe uri mu Bwongereza, yishimiye kurebana umukino Arsenal yatsindiyemo ibitego bibiri Manchester United, na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Keir Starmer, na rurangiranwa Nwankwo Kanu.

Ni umukino wabaye mu ijoro ryatambutse kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Ukuboza 2024, muri Shampiyona y’u Bwongereza English Premier League.

Nyuma y’uyu mukino, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko na we yawukurikiye imbonankubone kuri Sitade ya Arsenal, Emirates Stadium.

Mu butumwa bugaragaza ko yishimiye intsinzi ya Arsenal, Amb. Olivier Nduhungirehe yashimiye William Saliba watsinze igitego cya kabiri, yavuze ko yishimiye kureba iyi ntsinzi aho “umunyabigwi Kanu Nwankwo, Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Keir Starmer, Ambasaseri Johnston Busingye ndetse nanjye twihereye ijisho uyu mukino kuri Emirates Stadium.”

Uyu mukino Arsenal yatsinzemo ibitego bibiri Manchester United, birimo icya Jurrien Timber cyabonetse ku munota wa 54’ ndetse n’icya William Saliba cyabonetse ku munota wa 73’.

Kuri iyi Stade ya Arsenal yakiriye uyu mukino kandi, hamamajwe gahunda ya Visit Rwanda, isanzwe ari umushinga wa Guverinoma y’u Rwanda n’iyi kipe iri mu zikunzwe ku Mugabane w’u Burayi no ku Isi.

Jurrien Timber wafunguye amasamu, yanaje mu Rwanda mu mpera z’umwaka ushize wa 2023, muri bikorwa biri muri aya masezerano ari hagati y’u Rwanda n’ikipe ye.

Minisitiri Nduhungirehe na rurangiranwa Nwankwo Kanu
Uyu mukino kandi wanarebwe na Minisitiri w’u Bwongereza, Keir Starmer na Ambasaderi w’u Rwanda muri iki Gihugu, Johnston Busingye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × two =

Previous Post

Hagaragaye igishimangira ko amakipe akomeye i Burayi atazahurira mu itsinda rimwe mu Gikombe gitegerejwe

Next Post

Umuhanzikazi ukunzwe mu Rwanda yavuze uko yiyumva mbere yo kujya gutaramira mu Gihugu cy’abaturanyi

Related Posts

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

by radiotv10
13/11/2025
0

Sosieye y’Abafaransa itunganya ikanacuruza ibijyanye n’ingufu, TotalEnergies yinjiye mu bufatanye na DelAgua mu mushinga wo gukwirakwiza amashyiga ya kijyambere ku...

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

by radiotv10
13/11/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr Jimmy Gasore, yateguje ko mu bihe biri imbere abatuye mu Mujyi wa Kigali bafite amikoro make bazajya...

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

by radiotv10
13/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho kwiba arenga miliyoni 17 Frw mu bujura bumaze iminsi buvugwa...

Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

by radiotv10
13/11/2025
0

Umurambo w’umugabo utamenyekana imyirondoro, wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi ku gice cyo mu Kagari k'Urugarama mu Murenge wa Gahini mu...

Abiga uburezi mu Rwanda bahishuye amakuru y’urucantege bahabwa

Abiga uburezi mu Rwanda bahishuye amakuru y’urucantege bahabwa

by radiotv10
13/11/2025
0

Bamwe mu banyeshuri biga mu mashuri nderabarezi, bavuga ko bagiye bacibwa intege babwirwa ko ayo masomo asuzuguritse, kandi ko akazi...

IZIHERUKA

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua
IMIBEREHO MYIZA

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

by radiotv10
13/11/2025
0

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

13/11/2025
Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

13/11/2025
Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

13/11/2025
Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

13/11/2025
Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

13/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzikazi ukunzwe mu Rwanda yavuze uko yiyumva mbere yo kujya gutaramira mu Gihugu cy’abaturanyi

Umuhanzikazi ukunzwe mu Rwanda yavuze uko yiyumva mbere yo kujya gutaramira mu Gihugu cy’abaturanyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.