Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amb.Nduhungirehe n’ukuriye Guverinoma y’u Bwongereza na rurangiranwa muri ruhago barebye umukino wakurikiwe cyane

radiotv10by radiotv10
05/12/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Amb.Nduhungirehe n’ukuriye Guverinoma y’u Bwongereza na rurangiranwa muri ruhago barebye umukino wakurikiwe cyane
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe uri mu Bwongereza, yishimiye kurebana umukino Arsenal yatsindiyemo ibitego bibiri Manchester United, na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Keir Starmer, na rurangiranwa Nwankwo Kanu.

Ni umukino wabaye mu ijoro ryatambutse kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Ukuboza 2024, muri Shampiyona y’u Bwongereza English Premier League.

Nyuma y’uyu mukino, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko na we yawukurikiye imbonankubone kuri Sitade ya Arsenal, Emirates Stadium.

Mu butumwa bugaragaza ko yishimiye intsinzi ya Arsenal, Amb. Olivier Nduhungirehe yashimiye William Saliba watsinze igitego cya kabiri, yavuze ko yishimiye kureba iyi ntsinzi aho “umunyabigwi Kanu Nwankwo, Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Keir Starmer, Ambasaseri Johnston Busingye ndetse nanjye twihereye ijisho uyu mukino kuri Emirates Stadium.”

Uyu mukino Arsenal yatsinzemo ibitego bibiri Manchester United, birimo icya Jurrien Timber cyabonetse ku munota wa 54’ ndetse n’icya William Saliba cyabonetse ku munota wa 73’.

Kuri iyi Stade ya Arsenal yakiriye uyu mukino kandi, hamamajwe gahunda ya Visit Rwanda, isanzwe ari umushinga wa Guverinoma y’u Rwanda n’iyi kipe iri mu zikunzwe ku Mugabane w’u Burayi no ku Isi.

Jurrien Timber wafunguye amasamu, yanaje mu Rwanda mu mpera z’umwaka ushize wa 2023, muri bikorwa biri muri aya masezerano ari hagati y’u Rwanda n’ikipe ye.

Minisitiri Nduhungirehe na rurangiranwa Nwankwo Kanu
Uyu mukino kandi wanarebwe na Minisitiri w’u Bwongereza, Keir Starmer na Ambasaderi w’u Rwanda muri iki Gihugu, Johnston Busingye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Hagaragaye igishimangira ko amakipe akomeye i Burayi atazahurira mu itsinda rimwe mu Gikombe gitegerejwe

Next Post

Umuhanzikazi ukunzwe mu Rwanda yavuze uko yiyumva mbere yo kujya gutaramira mu Gihugu cy’abaturanyi

Related Posts

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu muhango wabereye muri White House-Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na...

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

IZIHERUKA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose
MU RWANDA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzikazi ukunzwe mu Rwanda yavuze uko yiyumva mbere yo kujya gutaramira mu Gihugu cy’abaturanyi

Umuhanzikazi ukunzwe mu Rwanda yavuze uko yiyumva mbere yo kujya gutaramira mu Gihugu cy’abaturanyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.