• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

radiotv10by radiotv10
12/12/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
Share on FacebookShare on Twitter

Leta Zunze Ubumwe za America zaburiye ko zishobora gufatira ibihano bikomeye Sudan y’Epfo, birimo no kuyihagarikira inkunga ihabwa, nyuma yo kuyishinja guca amafaranga y’umurengera imiryango mpuzamahanga ishinzwe ubutabazi, no kubangamira imirimo yayo.

Ibyo bikubiye mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Ishami rishinzwe Ibibazo bya Afurika muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika, Washington yavuze ko ibyo bikorwa binyuranyije n’amahame mpuzamahanga sudan y’epfo yasinye, kandi ko bishobora gutuma inkunga Amerika yongera gusubirwamo, ndetse ikaba yagabanywa cyane.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika ni umwe mu bafatanyabikorwa batanga inkunga nyinshi muri Sudan y’epfo. Ibihe by’intambara bimaze igihe kirekire muri iki gihugu n’imiyoborere idahwitse byatumye mu baturage million 11 batuye iki gihugu, 70% byabo bashingira ku nkunga y’abagiraneza kugira ngo babone ibiribwa, ubuvuzi n’ibindi by’ibanze.

Washington yavuze ko iki kibazo kirushaho gukomera, bitewe n’imiyoborere mibi, imicungire mibi y’umutungo wa leta, ndetse n’ibyo yise ubusahuzi n’akarengane ikorerwa imiryango itanga ubufasha.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zivuga ko kuva Sudan y’epfo yabona ubwigenge mu 2011, zatangiye kuyiha inkunga irenga miliyari 9.5 z’amadolari, mu gihe guverinoma y’icyo gihugu nayo yakomeje gukusanya hafi miliyari 25 z’amadolari z’amavuta yohereza hanze, ariko ngo ntacyahindutse mu mibereho y’abaturage.

Amerika yasabye Juba kureka ibikorwa byahungabanya inkunga bahabwa, ndetse no kuyikoresha neza. Icyakora Guverinoma ya Sudan y’epfo ntacyo iravuga kuri ibi byatangajwe na leta zunze ubumwe za Amerika.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × two =

Previous Post

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Next Post

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Next Post
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.