Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Andi mahirwe adasanzwe yaje aherekeje kimwe mu bisubizo by’ibibazo byakunze kuzamurwa n’Abamotari

radiotv10by radiotv10
23/08/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Andi mahirwe adasanzwe yaje aherekeje kimwe mu bisubizo by’ibibazo byakunze kuzamurwa n’Abamotari
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’Itumanaho, MTN Rwanda yahaye imyambaro abakora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto bo mu Mujyi wa Kigali, nyuma y’igihe bagaragaza ko uwo bari basanganywe washaje bikabije. Abamotari kandi banahawe amahirwe yo kuba baba aba-Agents ba MTN, bakaba bacuruza ama-unites.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Kanama 2023, muri Sitade ya Kigali, Kigali Pele Stadium i Nyamirambo, ahari hateraniye abamotari ibihumbi bari bakereye kuza gufata uyu mwambaro.

Uyu mwambaro watanzwe na MTN Rwanda, ugaragaraho uburyo abakoresha umurongo w’iyi sosiyete bakomeza gukoresha serivisi zayo nko kugura Pack za 4G aho abantu bashobora gukanda *182*2*1# ubundi bagakurikiza amabwiriza.

Ni umwambaro watanzwe ku bufatanye bwa MTN Rwanda ibinyujije muri Kompanyi yayo ya Mobile Money Rwanda Limited (Mobile Money Rwanda), aho abamotari kandi bazagira amahirwe yo kuba banatanga serivisi serivisi za MTN.

Abamotari bazahabwa kandi Coce ya MoMoPay mu rwego rwo kugira ngo bajye babasha kwishyurwa n’abagenzi bazajya batwara, ndetse no bakabasha no gucuruza ama-unite.

Umuyobozi Mukuru wa Mobile Money Rwanda Limited, Chantal Kagame, yashimye ubu bufatanye n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali.

Yagize ati “Guha umwambaro mushya abamotari bo muri Kigali, ntabwo ari ibyo kwamamaza gusa, ahubwo ni no mu buryo bwo kubafasha gukomeza koroherwa na serivisi z’itumanaho. Mu gukoresha MoMoPay, abamotari ntabwo bazaba bari gufasha kugera ku ntego y’Igihugu yo kwishyurarana hadakoreshejwe amafaranga yo mu ntoki, ahubwo ni no kuzana ibisubizo by’ikoranabuhanga mu kwishyurana.”

Buri mwambaro w’umumotari kandi uzaba uriho nimero ye, kugira ngo n’abo bazajya batwara bazajye babasha kubamenya ku buryo bagize n’ikibazo bamenya, uko babageraho.

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Mapula Bodibe avuga ko iki gikorwa bakoze ari indi ntambwe itewe mu gukomeza gufasha umuryango mugari w’u Rwanda kugera ku ntego zo guhanga udushya mu ikoranabuhanga.

Ati “Iyi gahunda ntabwo ari iyo kuzana ibisubizo mu guhanga udushya gusa, ahubwo ije no kungerera ingufu intego yacu yo gufasha umuryango mugari kugera ku mibereho myiza.”

Yavuze kandi ko ibindi biri muri aya masezerano ya MTN n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, bizajya bifasha abatwara abagenzi kuri moto kwiteza imbere kuko bazabasha kubona izindi nzira zabafasha kwinjiza amafaranga.

Ubufatanye bwa MTN n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatumye abamotari babona umwambaro mushya

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − four =

Previous Post

Perezida Kagame, Inshuti y’urubyiruko rwamwakiranye morali yo hejuru

Next Post

Iby’ingenzi buri Munyarwanda akwiye kumenya mu mpinduka zakozwe muri Guverinoma

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando
AMAHANGA

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

26/12/2025
Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

25/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi buri Munyarwanda akwiye kumenya mu mpinduka zakozwe muri Guverinoma

Iby’ingenzi buri Munyarwanda akwiye kumenya mu mpinduka zakozwe muri Guverinoma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.