Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Andi mahirwe adasanzwe yaje aherekeje kimwe mu bisubizo by’ibibazo byakunze kuzamurwa n’Abamotari

radiotv10by radiotv10
23/08/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Andi mahirwe adasanzwe yaje aherekeje kimwe mu bisubizo by’ibibazo byakunze kuzamurwa n’Abamotari
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’Itumanaho, MTN Rwanda yahaye imyambaro abakora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto bo mu Mujyi wa Kigali, nyuma y’igihe bagaragaza ko uwo bari basanganywe washaje bikabije. Abamotari kandi banahawe amahirwe yo kuba baba aba-Agents ba MTN, bakaba bacuruza ama-unites.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Kanama 2023, muri Sitade ya Kigali, Kigali Pele Stadium i Nyamirambo, ahari hateraniye abamotari ibihumbi bari bakereye kuza gufata uyu mwambaro.

Uyu mwambaro watanzwe na MTN Rwanda, ugaragaraho uburyo abakoresha umurongo w’iyi sosiyete bakomeza gukoresha serivisi zayo nko kugura Pack za 4G aho abantu bashobora gukanda *182*2*1# ubundi bagakurikiza amabwiriza.

Ni umwambaro watanzwe ku bufatanye bwa MTN Rwanda ibinyujije muri Kompanyi yayo ya Mobile Money Rwanda Limited (Mobile Money Rwanda), aho abamotari kandi bazagira amahirwe yo kuba banatanga serivisi serivisi za MTN.

Abamotari bazahabwa kandi Coce ya MoMoPay mu rwego rwo kugira ngo bajye babasha kwishyurwa n’abagenzi bazajya batwara, ndetse no bakabasha no gucuruza ama-unite.

Umuyobozi Mukuru wa Mobile Money Rwanda Limited, Chantal Kagame, yashimye ubu bufatanye n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali.

Yagize ati “Guha umwambaro mushya abamotari bo muri Kigali, ntabwo ari ibyo kwamamaza gusa, ahubwo ni no mu buryo bwo kubafasha gukomeza koroherwa na serivisi z’itumanaho. Mu gukoresha MoMoPay, abamotari ntabwo bazaba bari gufasha kugera ku ntego y’Igihugu yo kwishyurarana hadakoreshejwe amafaranga yo mu ntoki, ahubwo ni no kuzana ibisubizo by’ikoranabuhanga mu kwishyurana.”

Buri mwambaro w’umumotari kandi uzaba uriho nimero ye, kugira ngo n’abo bazajya batwara bazajye babasha kubamenya ku buryo bagize n’ikibazo bamenya, uko babageraho.

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Mapula Bodibe avuga ko iki gikorwa bakoze ari indi ntambwe itewe mu gukomeza gufasha umuryango mugari w’u Rwanda kugera ku ntego zo guhanga udushya mu ikoranabuhanga.

Ati “Iyi gahunda ntabwo ari iyo kuzana ibisubizo mu guhanga udushya gusa, ahubwo ije no kungerera ingufu intego yacu yo gufasha umuryango mugari kugera ku mibereho myiza.”

Yavuze kandi ko ibindi biri muri aya masezerano ya MTN n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, bizajya bifasha abatwara abagenzi kuri moto kwiteza imbere kuko bazabasha kubona izindi nzira zabafasha kwinjiza amafaranga.

Ubufatanye bwa MTN n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatumye abamotari babona umwambaro mushya

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

Perezida Kagame, Inshuti y’urubyiruko rwamwakiranye morali yo hejuru

Next Post

Iby’ingenzi buri Munyarwanda akwiye kumenya mu mpinduka zakozwe muri Guverinoma

Related Posts

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

IZIHERUKA

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo
MU RWANDA

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

12/01/2026
Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

10/01/2026
Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi buri Munyarwanda akwiye kumenya mu mpinduka zakozwe muri Guverinoma

Iby’ingenzi buri Munyarwanda akwiye kumenya mu mpinduka zakozwe muri Guverinoma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.