Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Andi makuru avugwa ku isezera ry’umwe mu bahanzi bari mu bitaramo ‘Iwacu Muzika Festival’

radiotv10by radiotv10
23/06/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Andi makuru avugwa ku isezera ry’umwe mu bahanzi bari mu bitaramo ‘Iwacu Muzika Festival’
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Kevin Kade yamaze kuva mu bazasusurutsa abantu mu bitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival 2025, kubera ikindi gikorwa azitabira muri Leta Zunze Ubumwe za America. Bivugwa ko yifuzaga uruhushya ubundi akazaguma muri iri serukiramuco ariko biranga.

Amakuru y’isezera rya Kevin Kade muri MTN Iwacu Muzika Festival 2025, yagiye hanze mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, aho abareberera inyungu uyu muhanzi bandikiye East African Promoters (EAP), itegura ibi bitaramo, bayimenyesha ko uyu munanzi atakibashije kubyitabira.

Mu mpamvu batanze harimo iz’uko bari mu myiteguro y’ibindi bitaramo byatumiwemo uyu muhanzi Kevin Kade bizabera muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Nkuko bigaragara ku mbuga nkoranyamagaga z’uyu musore, bigaragara ko ari mu batumiwe kuzaririmba muri Rwanda Convention USA izabera muri America tariki 05 Nyakanga 2025, umunsi uhura n’igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival kizabera i Musanze.

Nubwo yari yasinye amasezerano y’ibanze yo kwitabira MTN Iwacu Muzika Festival, Kevin Kade yari atarahabwa amasezerano ya burundu.

Bivugwa ko ibi bitaramo birindwi yagombaga kuzaririmbamo yari kuzahabwa arenga Miliyoni 20 Frw, mu gihe amakuru aturuka muri America avuga ko muri Rwanda Convention USA ashobora kuzahabwa arenga $10,000 (Miliyoni 13 Frw).

Amakuru avuga ko EAP yamenyeshejwe ibiri kuba mbere yuko icyemezo cya nyuma gifatwa, aho aba bareberera inyungu za Kevin Kade basabye uruhushya rwihariye rwo kujya kuririmba muri Rwanda Convention USA, ariko basubizwa ko igihe cyose yahitamo kujya muri America, yahita ava mu bitaramo byose bya MTN Iwacu Muzika Festival.

Mu masaha macye nyuma y’iyo baruwa yandikiwe EAP, Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za America yasohoye itangazo rigaragaza ko Kevin Kade na Producer Element bongeye kwemezwa nk’abahanzi bazaririmba muri Rwanda Convention USA, nyuma yo guhabwa Visa ku wa Gatanu tariki 20 Kamena 2025.

Andi makuru avuga ko Kevin Kade yari yaratangiye ibiganiro n’abategura MTN Iwacu Muzika Festival, yakomeje no kugirana ibiganiro n’abari gutegura ibitaramo byo muri Amerika. Uyu musore akimara kubona Visa, nibwo yahise afata umwanzuro ntakuka.

Felix NSENGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Next Post

Digital detox: Can you survive 24 hours without your phone?

Related Posts

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

by radiotv10
20/01/2026
0

Umuhanzi The Ben wari watangaje ko amakuru yari yatangajwe na mugenzi we Bruce Melodie ko bafite ibitaramo bizazazenguka Igihugu ari...

How social media Is Changing the Meaning of Fame

How social media Is Changing the Meaning of Fame

by radiotv10
20/01/2026
0

Fame used to be rare. It was reserved for movie stars, musicians, athletes, and public figures who gained recognition through...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Abahanzi Bruce Melodie na The Ben baherutse guhurira mu gitaramo kimwe cyatangije umwaka wa 2026, byamaze kwemezwa ko bagiye gukora...

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana, Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ yavuze ko abamututse ko yagaragaye aririmba indirimbo ‘Pom Pom’ bamuhoye ubusa...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Digital detox: Can you survive 24 hours without your phone?

Digital detox: Can you survive 24 hours without your phone?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.