• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

radiotv10by radiotv10
08/12/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko bivuzwe ko kajugujugu yakoreye impanuka mu Kiyaga cya Tanganyika muri Teritwari ya Fizi muri Kivu y’Epfo, yari ivuye i Burundi, inzego z’ibanze ziravuga ko yari ivuye muri Uvira, zikanahakana amakuru yavugaga ko yahanuwe na AFC/M23, zigatangaza ko ari ikinyoma.

Ni nyuma yuko iriya ndege ikoze impanuka ku wa Gatanu w’icyumweru gishize tariki 05 Ukuboza 2025, hafi y’agace ka Yungu muri Teritwari ya Fizi mu Ntara ya Kivu y’Epfo.

Amakuru yari yasakaye ubwo iyi ndege ya Kajugujugu yari ikimara kugwa, yavugaga ko yari ivuye i Burundi, Igihugu kimaze iminsi gikorana byeruye n’ubutegetsi bwa DRC mu ntambara yo guhangana n’Ihuriro AFC/M23.

Amakuru atangazwa ubu, avuga ko iyi ndege yari ivuye muri Uvira mu Ntara ya Kivu y’Epfo, yerecyezaga mu gace ka Kalemie mu Ntara ya Tanganyika, aho aka gace ya Yungu kabereyemo iyi mpanuka kari mu bilometero 145 uvuye muri Sheferi ya Fizi muri Gurupoma ya Babungwe mu majyepfo ya Segiteri ya Ngandja.

Umuyobozi wa Teritwari ya Fizi, Samy Kalonji Badibanga yavuze ko abarobyi barobaga muri kiriya kiyaga cya Tanyika cyabereyemo impanuka, babonye umuntu umwe wari wapfuye mu gihe abandi bane barokotse, kandi ko bose ari abanyamahanga.

Uyu muyobozi kandi yanyomoje amakuru yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga yavugaga ko iriya ndege yahanuwe n’abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23, avuga ko ayo makuru “ari ikinyoma.”

Yagize ati “Ariko ntidushobora kwihanganira ko abantu baza bakabeshya, bagatanga amakuru y’ibinyoma, bagamije guteza igikuba mu baturage bagamije guhungabanya umudendezo wabo. Bavuga ko iriya ndege yahanuwe na M23, si byo, ni ikinyoma cyambaye ubusa.”

Igisirikare cya Congo, kuri iki Cyumweru cyari cyatangaje ko cyiteguye gutangaza aho gihagaze ku by’iriya mpanuka, mu gihe cya vuba.

Iyi mpanuka ibaye nyuma y’umwaka n’igice hari indi kajugujugu ya PAM iguye yaguye igitaraganya hafi ya Kalehe muri Kivu y’Epfo, gusa bwo nta muntu n’umwe wahasize ubuzima cyangwa ngo akomereke muri barindwi bari bayirimo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − five =

Previous Post

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Next Post

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Next Post
Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y'amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.