Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

António Guterres ntiyumva ukuntu Igihugu gikize cyoherereza igikennye abimukira

radiotv10by radiotv10
06/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
António Guterres ntiyumva ukuntu Igihugu gikize cyoherereza igikennye abimukira
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres yavuze ko adashyigikiye ko u Bwongereza bwohereza abashaka ubuhungiro mu Rwanda ngo kuko ari ukwikoreza umutwaro Ibihugu bikennye.

Mu kiganiro yagiranye na BBC, António Guterres yavuze ko atigeze ashyigikira gahunda y’u Bwongereza n’u Rwanda igamije kubungabunga ubuzima bw’abimukira n’abashaka ubuhungiro.

Yavuze ko umugabane w’u Burayi “ufite inshingano mu bijyanye no kwakira abashaka ubuhungiro biri no mu mahame y’u Burayi.” Ndetse ko biri no mu masezerano y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’Umuryango w’Abibumbye, bikaba biri no mu masezerano mpuzamahanga.

Yakomeje agira ati “Sinigeze njya mu bashyigikiye ibyo kubungabunga impunzi boherezwa mu kindi Gihugu by’umwihariko ukazoherereza mu Gihugu gikennye aho icyizere cy’izamuka ry’ubukungu n’ejo hazaza kiba ari gito.”

Mu iki kiganiro Umunyamabanga w’Abibumbye watanze ikiganiro ubwo yasuraga Ibihugu birimo Senegal, Niger na Nigeria, yavuze ko Afurika ari Umugane uri guhura n’ibibazo by’umwihariko muri iki gihe Isi iri guhangana n’ingaruka z’icyorezo cya COVID-19 ndetse ukaba uri kugirwaho ingaruka n’intambara yo muri Ukraine.

Yagize ati “Ntitwibagirwe ko Afurika ari Umugabane uri gukura mu buryo bwihuse mu myaka 10 ukaba uhuye n’ibi bibazo, ubundi ukazahazwa na COVID kandi Afurika ntiyigeze ibona inkingo zihagije.”

António Guterres yakomeje agaragaza ibibazo biri muri Afurika kandi ko bikomeza kuyigiraho ingaruka mu bihe biri imbere mu gihe itigeze yoroherezwa kubivamo.

Yavuze ko ibihugu byinshi byo kuri uyu Mugabane bifite n’ikibazo cy’ibura ry’ibikenerwa mu buzima bwa buri munsi.

Yagize ati “Ibihugu byinshi ntibifite ingengo y’imari yo kugura ibikenewe mu gufasha abaturage kandi bikaba bishobora kugira ingaruka z’inzara mu bice bimwe byo muri Afurika mu gihe badafashe ingamba zo kubikemura.”

António Guterres yavuze ko Umuryango w’Abibumbye uri gushaka uburyo watera inkunga Umugabane wa Afurika ubinyujije mu Kigega GCRG (Global Crisis Response Group) kigamije gushakira umuti ibibazo birimo iby’ibiribwa, ingufu ndetse n’ubukungu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

Muri Mr Rwanda naho haravugwa uburiganya: Abayitabiriye bavuze kuri Muheto

Next Post

Narahemutse umutima wanze kumpa amahwemo- Bamporiki yasabye imbabazi

Related Posts

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

by radiotv10
11/07/2025
0

Mu Murenge wa Muhura mu Karere ka Gatsibo, haravugwa umusore ukekwaho kwica umubyeyi we (Nyina) amuhoye kuba yamubuzaga gutereta umugore...

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

by radiotv10
11/07/2025
0

In today’s world, parents get so busy with work which makes it hard to spend quality time and raise their...

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

by radiotv10
10/07/2025
0

Umukozi wo mu rugo rwo mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, uregwa gushaka kuroga abo babanaga, yemeye icyaha,...

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

The Government of Rwanda has announced that, in partnership with Hashemite Kingdom of Jordan, it has donated 40 tons of...

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ku bufatanye n’Ubwami bw’Aba-Hashemite ba Jordan, muri iki cyumweru, yatanze toni 40 z’ubufasha bwo kugoboka...

IZIHERUKA

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye
MU RWANDA

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

by radiotv10
11/07/2025
0

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

11/07/2025
Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

10/07/2025
Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

10/07/2025
M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Narahemutse umutima wanze kumpa amahwemo- Bamporiki yasabye imbabazi

Narahemutse umutima wanze kumpa amahwemo- Bamporiki yasabye imbabazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.