Wednesday, March 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Babiri barimo umugore bakekwaho kwica abo bashakanye babyemereye mu ruhame banabitangaho ibisobanuro

radiotv10by radiotv10
25/03/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Babiri barimo umugore bakekwaho kwica abo bashakanye babyemereye mu ruhame banabitangaho ibisobanuro

Photo/Igihe

Share on FacebookShare on Twitter

Mu manza ebyiri zaburanishijwemo abantu batatu barimo umugabo n’umugore bakekwaho kwica abo bashakanye, umwe akaba yaranamwicanye n’umwana wabo, babyemereye imbere y’imbaga y’abaturage ubwo baburanishirizwaga mu ruhame, banasobanura uko babishe n’ibyo babahoye.

Ni imanza zaburanishijwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Ngoma zabereye mu Nteko y’Abaturage yo kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Werurwe 2026 yari iteraniye mu Kagari ka Bujyujyu mu Murenge wa Muyumbu mu Karere ka Rwamagana.

Nyirahabiyaremye Agnes ukurikiranyweho kwica umugabo we Habufite Jean Pierre, aho akekwaho kuba yarabikoze ku ya 31 Mutarama 2026, aregwa hamwe na Mugenzi Joseph ukekwaho ubufatanyacyaha ngo kuko yamubwiraga ko namara kwica nyakwigendera, bazahita bibanira nk’umugore n’umugabo.

Uyu Joseph kandi akekwaho kuba ari we watanze amafaranga 500 Frw yaguzwe icyuma cyakoreshejwe na Agnes ubwo yicaga umugabo we.

Mu rubanza rwabo, Ubushinjacyaha bwasobanuye imikorere y’icyaha, aho bwavuze ko uyu Nyirahabimana Agnes yishe umugabo we amuteye icyuma mu nda, busaba Urukiko kumuhamya icyaha, rukamukatira gufungwa burundu.

Uregwa yemereye imbere y’abaturage iki cyaha akurikuranyweho, avuga ko yamwivuganye ubwo yari avuye mu kabari, bakabanza gutongana, bakanarwana, ari bwo yamuteraga icyuma mu nda.

Uyu mugore yasabye imbabazi abaturage bari bakoraniye ahabereye urubanza, ndetse anazisaba Urukiko arusaba guca inkoni izamba rukazamuhanisha igifungo cyoroheje nibura cy’imyaka ibiri.

Ni mu gihe Joseph we wasabiwe igifungo cy’imyaka 25, yaburanye ahakana ibyaha ashinjwa, avuga ko Ubushinjacyaha nta bimenyetso bifatika bwagaragaje byatuma ahamwa n’icyaha, akavuga ko budakwiye gushingira ku bitangazwa n’uriya mugore umushinja.

Muri iyi nteko kandi habereyemo urubanza ruregwamo Karamage Jean Claude na we uregwa kwica umugore bari barashakanye ndetse n’umwana wabo, aho yabikoze tari 12 Gashyantare 2026.

Uyu mugabo na we yemeye icyaha cyo kuba yarishe umugore we n’umwana wabo, akabica abakubise isuka mu mutwe, nyuma akaza kwishyikiriza inzego.

Karamage Jean Claude yavuze ko intandaro y’iki gikorwa, ari ibihumbi 500 Frw yari yarahaye umugore we ngo ayashyira mu bucuruzi yakoraga, nyuma akaza kumwakamo 100 000 Frw, akayamwima, bikaza kubyara intonganya za buri munsi, zaje kuvamo no kumwica n’umwana wabo.

Uyu mugabo na we yasabiwe gufungwa burundu, ariko we agasaba kugabanyirizwa igihano, ku buryo yahabwa igifungo yisubitse.

Uruko Rwisumbuye rwa Ngoma rwahise rupfundikira izi manza zombi, rukaba rwemeje ko ruzasomwa imyanzuro yarwo ku wa Gatanu tariki 27 Werurwe 2026, n’ubundi ikazatangarizwa mu ruhame nk’uko zaburanishijwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × two =

Previous Post

Ibanga ry’Akarere ka Gisagara kamaze kuza mu myanya itanu ya mbere mu nshuro eshatu zikurikiranya

Related Posts

Ibanga ry’Akarere ka Gisagara kamaze kuza mu myanya itanu ya mbere mu nshuro eshatu zikurikiranya

Ibanga ry’Akarere ka Gisagara kamaze kuza mu myanya itanu ya mbere mu nshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
25/03/2026
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gisagara kamaze kuza mu myanya itanu ya mbere mu byiciro bitatu bikurikirana ku rutonde rw’uko Uturere twesheje...

Amashirakinyoma ku makuru yakwirakwijwe ko uruganda rwa Volkswagen rwahagaritse gukorera mu Rwanda

Amashirakinyoma ku makuru yakwirakwijwe ko uruganda rwa Volkswagen rwahagaritse gukorera mu Rwanda

by radiotv10
24/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Volkswagen Group ku Mugabane wa Afurika, bwanyomoje amakuru y’ibihuha yakwirakwizwaga ku mbuga nkoranyambaga ko uru ruganda rugiye guhagarika...

Hagaragajwe uko umubare w’abarwayi b’igituntu mu Rwanda wagabanutse mu myaka 24

Hagaragajwe uko umubare w’abarwayi b’igituntu mu Rwanda wagabanutse mu myaka 24

by radiotv10
24/03/2026
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima kigaragaza ko umubare w’abarwayi b’igituntu mu Rwanda wagabanutse ku kigero gishimishije mu myaka 24 ishize, kuko wavuye...

UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

Polisi y’u Rwanda iravuga ko ntakirahinduka ku muhanda watangajwe ko utari nyabagendwa

by radiotv10
24/03/2026
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko umuhanda Muhanga- Ngororero- Mukamira, utari wongera kuba nyabagendwa, nyuma y’umunsi umwe itangaje ko kubera imvura...

U Rwanda rwongeye gutabariza Abanyamulenge bo muri DRC rugaragaza ko guceceka ibibakorerwa ari ubufatanyacyaha

U Rwanda rwongeye gutabariza Abanyamulenge bo muri DRC rugaragaza ko guceceka ibibakorerwa ari ubufatanyacyaha

by radiotv10
24/03/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe atangaza ko ingengabitekerezo yibasira Abatutsi muri DRC barimo Abanyamulenge ikomeje kwenyegeza amarorerwa abakorerwa...

IZIHERUKA

Babiri barimo umugore bakekwaho kwica abo bashakanye babyemereye mu ruhame banabitangaho ibisobanuro
MU RWANDA

Babiri barimo umugore bakekwaho kwica abo bashakanye babyemereye mu ruhame banabitangaho ibisobanuro

by radiotv10
25/03/2026
0

Ibanga ry’Akarere ka Gisagara kamaze kuza mu myanya itanu ya mbere mu nshuro eshatu zikurikiranya

Ibanga ry’Akarere ka Gisagara kamaze kuza mu myanya itanu ya mbere mu nshuro eshatu zikurikiranya

25/03/2026
Mu mashusho ababaje AFC/M23 yagaragaje ubugome ndengakamere bwakozwe na Wazalendo ikorana na FARDC

Mu mashusho ababaje AFC/M23 yagaragaje ubugome ndengakamere bwakozwe na Wazalendo ikorana na FARDC

24/03/2026
Amashirakinyoma ku makuru yakwirakwijwe ko uruganda rwa Volkswagen rwahagaritse gukorera mu Rwanda

Amashirakinyoma ku makuru yakwirakwijwe ko uruganda rwa Volkswagen rwahagaritse gukorera mu Rwanda

24/03/2026
Hagaragajwe uko umubare w’abarwayi b’igituntu mu Rwanda wagabanutse mu myaka 24

Hagaragajwe uko umubare w’abarwayi b’igituntu mu Rwanda wagabanutse mu myaka 24

24/03/2026
UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

Polisi y’u Rwanda iravuga ko ntakirahinduka ku muhanda watangajwe ko utari nyabagendwa

24/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Babiri barimo umugore bakekwaho kwica abo bashakanye babyemereye mu ruhame banabitangaho ibisobanuro

Ibanga ry’Akarere ka Gisagara kamaze kuza mu myanya itanu ya mbere mu nshuro eshatu zikurikiranya

Mu mashusho ababaje AFC/M23 yagaragaje ubugome ndengakamere bwakozwe na Wazalendo ikorana na FARDC

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.