Mu manza ebyiri zaburanishijwemo abantu batatu barimo umugabo n’umugore bakekwaho kwica abo bashakanye, umwe akaba yaranamwicanye n’umwana wabo, babyemereye imbere y’imbaga y’abaturage ubwo baburanishirizwaga mu ruhame, banasobanura uko babishe n’ibyo babahoye.
Ni imanza zaburanishijwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Ngoma zabereye mu Nteko y’Abaturage yo kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Werurwe 2026 yari iteraniye mu Kagari ka Bujyujyu mu Murenge wa Muyumbu mu Karere ka Rwamagana.
Nyirahabiyaremye Agnes ukurikiranyweho kwica umugabo we Habufite Jean Pierre, aho akekwaho kuba yarabikoze ku ya 31 Mutarama 2026, aregwa hamwe na Mugenzi Joseph ukekwaho ubufatanyacyaha ngo kuko yamubwiraga ko namara kwica nyakwigendera, bazahita bibanira nk’umugore n’umugabo.
Uyu Joseph kandi akekwaho kuba ari we watanze amafaranga 500 Frw yaguzwe icyuma cyakoreshejwe na Agnes ubwo yicaga umugabo we.
Mu rubanza rwabo, Ubushinjacyaha bwasobanuye imikorere y’icyaha, aho bwavuze ko uyu Nyirahabimana Agnes yishe umugabo we amuteye icyuma mu nda, busaba Urukiko kumuhamya icyaha, rukamukatira gufungwa burundu.
Uregwa yemereye imbere y’abaturage iki cyaha akurikuranyweho, avuga ko yamwivuganye ubwo yari avuye mu kabari, bakabanza gutongana, bakanarwana, ari bwo yamuteraga icyuma mu nda.
Uyu mugore yasabye imbabazi abaturage bari bakoraniye ahabereye urubanza, ndetse anazisaba Urukiko arusaba guca inkoni izamba rukazamuhanisha igifungo cyoroheje nibura cy’imyaka ibiri.
Ni mu gihe Joseph we wasabiwe igifungo cy’imyaka 25, yaburanye ahakana ibyaha ashinjwa, avuga ko Ubushinjacyaha nta bimenyetso bifatika bwagaragaje byatuma ahamwa n’icyaha, akavuga ko budakwiye gushingira ku bitangazwa n’uriya mugore umushinja.
Muri iyi nteko kandi habereyemo urubanza ruregwamo Karamage Jean Claude na we uregwa kwica umugore bari barashakanye ndetse n’umwana wabo, aho yabikoze tari 12 Gashyantare 2026.
Uyu mugabo na we yemeye icyaha cyo kuba yarishe umugore we n’umwana wabo, akabica abakubise isuka mu mutwe, nyuma akaza kwishyikiriza inzego.
Karamage Jean Claude yavuze ko intandaro y’iki gikorwa, ari ibihumbi 500 Frw yari yarahaye umugore we ngo ayashyira mu bucuruzi yakoraga, nyuma akaza kumwakamo 100 000 Frw, akayamwima, bikaza kubyara intonganya za buri munsi, zaje kuvamo no kumwica n’umwana wabo.
Uyu mugabo na we yasabiwe gufungwa burundu, ariko we agasaba kugabanyirizwa igihano, ku buryo yahabwa igifungo yisubitse.
Uruko Rwisumbuye rwa Ngoma rwahise rupfundikira izi manza zombi, rukaba rwemeje ko ruzasomwa imyanzuro yarwo ku wa Gatanu tariki 27 Werurwe 2026, n’ubundi ikazatangarizwa mu ruhame nk’uko zaburanishijwe.
RADIOTV10







