Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe uko umubare w’abarwayi b’igituntu mu Rwanda wagabanutse mu myaka 24

radiotv10by radiotv10
24/03/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagaragajwe uko umubare w’abarwayi b’igituntu mu Rwanda wagabanutse mu myaka 24
Share on FacebookShare on Twitter
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima kigaragaza ko umubare w’abarwayi b’igituntu mu Rwanda wagabanutse ku kigero gishimishije mu myaka 24 ishize, kuko wavuye ku barwayi 238 ku bantu ibihumbi 100 muri 2000, ugera ku barwayi 62 ku bantu 100 000 muri 2024.

Ni imibare yagaragajwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Werurwe, aho u Rwanda rwifatanyije n’isi yose

kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wo Kurwanya Igituntu ufite insanganyamatsiko igira iti “Twese hamwe turandure igituntu.”

Iki Kigo kubukije ko “igituntu kiri mu ndwara 10 za mbere zihitana abantu benshi ku isi kikaba kandi kimwe mu byuriririzi bikunze kuzahaza abafite ubwandu bwa Virusi itera SIDA.”

Imibare y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) yo mu 2024, yagaragaje ko ku isi hari abasaga miliyoni 10,7 barwaye indwara y’igituntu ihitana miliyoni 1,23 barimo ibihumbi 150 by’abari bafite Virusi itera SIDA.

RBC ivuga ko “Mu Rwanda umubare w’abarwayi b’igituntu wagiye ugabanuka uva kuri 238 ku bantu 100,000 mu mwaka wa 2000 ugera kuri 62 ku bantu 100,000 mu mwaka wa 2024.”

Umubare w’abahitanwa n’indwara y’igituntu na wo wagiye ugabanuka uva kuri 77 ku bantu 100,000 mu mwaka wa 2000 ugera kuri 3.4 ku bantu 100,000 mu mwaka wa 2024 (Global TB Report 2025).

Mu rwego rwo kugabanya imfu ziturutse ku ndwara y’igituntu ndetse n’umubare w’abandura cyangwa abarwara indwara y’igituntu, Leta y’u Rwanda yashyizeho ingamba zinyuranye, zirimo kongera uruhare rw’Abajyanama b’Ubuzima mu gukangurira abaturage kwirinda indwara y’igituntu no kuyisuzumisha hakiri kare, aho abangana na 27% by’abarwayi bose mu Gihugu bazanywe n’abajyanama b’ubuzima.

Abajyanama b’Ubuzima kandi banafasha mu gukurikirana abarwayi babyifuza bafatira imiti y’igituntu mu Midugudu iwabo.

Nanone kandi mu Bitaro byose na bimwe mu Bigo Nderabuzima byo mu Rwanda, hashyizwemo ibikoresho bigezweho bipima indwara y’igituntu mu gihe gito (Genexpert machines).

Hanashyizweho gahunda yihariye yo gushakisha igituntu mu byiciro by’abantu bafite ibyago byinshi byo kwandura iyi ndwara (abagororwa, abakora mu birombe by’amabuye y’agaciro, n’abandi) hifashishijwe ibyuma bifata amafoto y’ibihaha (“X-ray”) kandi bifite ikoranabuhanga ryunganira abaganga. Ikindi kandi imiti yose ikenewe mu kuvura indwara y’igituntu itangirwa ubuntu, kandi iyi ndwara iravurwa igakira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − two =

Previous Post

Polisi y’u Rwanda iravuga ko ntakirahinduka ku muhanda watangajwe ko utari nyabagendwa

Next Post

Amashirakinyoma ku makuru yakwirakwijwe ko uruganda rwa Volkswagen rwahagaritse gukorera mu Rwanda

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amashirakinyoma ku makuru yakwirakwijwe ko uruganda rwa Volkswagen rwahagaritse gukorera mu Rwanda

Amashirakinyoma ku makuru yakwirakwijwe ko uruganda rwa Volkswagen rwahagaritse gukorera mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.