• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe uko umubare w’abarwayi b’igituntu mu Rwanda wagabanutse mu myaka 24

radiotv10by radiotv10
24/03/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagaragajwe uko umubare w’abarwayi b’igituntu mu Rwanda wagabanutse mu myaka 24
Share on FacebookShare on Twitter
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima kigaragaza ko umubare w’abarwayi b’igituntu mu Rwanda wagabanutse ku kigero gishimishije mu myaka 24 ishize, kuko wavuye ku barwayi 238 ku bantu ibihumbi 100 muri 2000, ugera ku barwayi 62 ku bantu 100 000 muri 2024.

Ni imibare yagaragajwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Werurwe, aho u Rwanda rwifatanyije n’isi yose

kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wo Kurwanya Igituntu ufite insanganyamatsiko igira iti “Twese hamwe turandure igituntu.”

Iki Kigo kubukije ko “igituntu kiri mu ndwara 10 za mbere zihitana abantu benshi ku isi kikaba kandi kimwe mu byuriririzi bikunze kuzahaza abafite ubwandu bwa Virusi itera SIDA.”

Imibare y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) yo mu 2024, yagaragaje ko ku isi hari abasaga miliyoni 10,7 barwaye indwara y’igituntu ihitana miliyoni 1,23 barimo ibihumbi 150 by’abari bafite Virusi itera SIDA.

RBC ivuga ko “Mu Rwanda umubare w’abarwayi b’igituntu wagiye ugabanuka uva kuri 238 ku bantu 100,000 mu mwaka wa 2000 ugera kuri 62 ku bantu 100,000 mu mwaka wa 2024.”

Umubare w’abahitanwa n’indwara y’igituntu na wo wagiye ugabanuka uva kuri 77 ku bantu 100,000 mu mwaka wa 2000 ugera kuri 3.4 ku bantu 100,000 mu mwaka wa 2024 (Global TB Report 2025).

Mu rwego rwo kugabanya imfu ziturutse ku ndwara y’igituntu ndetse n’umubare w’abandura cyangwa abarwara indwara y’igituntu, Leta y’u Rwanda yashyizeho ingamba zinyuranye, zirimo kongera uruhare rw’Abajyanama b’Ubuzima mu gukangurira abaturage kwirinda indwara y’igituntu no kuyisuzumisha hakiri kare, aho abangana na 27% by’abarwayi bose mu Gihugu bazanywe n’abajyanama b’ubuzima.

Abajyanama b’Ubuzima kandi banafasha mu gukurikirana abarwayi babyifuza bafatira imiti y’igituntu mu Midugudu iwabo.

Nanone kandi mu Bitaro byose na bimwe mu Bigo Nderabuzima byo mu Rwanda, hashyizwemo ibikoresho bigezweho bipima indwara y’igituntu mu gihe gito (Genexpert machines).

Hanashyizweho gahunda yihariye yo gushakisha igituntu mu byiciro by’abantu bafite ibyago byinshi byo kwandura iyi ndwara (abagororwa, abakora mu birombe by’amabuye y’agaciro, n’abandi) hifashishijwe ibyuma bifata amafoto y’ibihaha (“X-ray”) kandi bifite ikoranabuhanga ryunganira abaganga. Ikindi kandi imiti yose ikenewe mu kuvura indwara y’igituntu itangirwa ubuntu, kandi iyi ndwara iravurwa igakira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

Polisi y’u Rwanda iravuga ko ntakirahinduka ku muhanda watangajwe ko utari nyabagendwa

Next Post

Amashirakinyoma ku makuru yakwirakwijwe ko uruganda rwa Volkswagen rwahagaritse gukorera mu Rwanda

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Amashirakinyoma ku makuru yakwirakwijwe ko uruganda rwa Volkswagen rwahagaritse gukorera mu Rwanda

Amashirakinyoma ku makuru yakwirakwijwe ko uruganda rwa Volkswagen rwahagaritse gukorera mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.