Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bafatanye mu mashati: Umukobwa waciye ururimi umusore bakundana yavuze uko byose byagenze

radiotv10by radiotv10
06/01/2022
in MU RWANDA
0
RIB yinjiye mu kibazo cy’Umukobwa warumye ururimi umusore bakundana ubwo basomanaga akaruca
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa wo mu Kagari ka Karambo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Rutsiro, wavuzweho kuruma ururimi rw’umusore bakundana rugacika, yavuze byinshi kuri iri sanganya ryabaye ku mukunzi we wamusomye ku gahato akamutamika ururimi undi na we ntamenye uko yarurumye.

Inkuru y’icibwa ry’ururimi rw’uyu musore usanzwe ari uwo mu Murenge wa Rusebeya mu Karere ka Rutsiro, yatangiye kuvugwa kuva mu mpera z’icyumweru gishize ubwo Abaturarwanda bari mu bikorwa byo kwizihiza iminsi mikuru.

Uyu musore ubu uri kwitabwaho n’abaganga, yari yasuye umukunzi we tariki 26 Ukuboza 2021 ngo bishimana mu minsi mikuru ariko ibyabo bikaza kurangira nabi.

Ikinyamakuru Igihe cyasuye uyu mukobwa uvugwaho guca ururimi umukunzi we, avuga byinshi kuri iki gikorwa cyabaye kuri uriya munsi ubwo yasurwaga n’umukunzi we aho atahiye akaza kumusaba kumuherekeza.

Avuga ko yamuherekeje ku mugoroba ariko azi ko atari butinde bageze ahantu hitaruye, umusore asaba umukobwa kujya ahantu hihishe ubundi akamuhereza impano yari yamuteganyirije.

Ati “Nk’uko yakabivuze nasanze isekeje. Yari ipfunyitse, ndayifungura ndayireba, nsanga harimo ikariso ya 500 Frw, ndamubwira nti ‘koko birasekeje’.”

Uyu mukobwa avuga ko yahise asaba umukunzi we ko agiye gutaha ariko undi aramwangira ahubwo agatangira kumukorakora bigaragara ko ashaka ko baryamana.

Ati “Yafashe ukuboko akunyuza mu mupira nari nambaye ufite ijosi rinini, akora ku mabere, ndamureka. Amanura ukuboko agukoza ku nda, ndamubwira nti ‘Mbabarira nirwarira igifu, imbeho itanyica kuko iyo inyishe ndarwara’, ati ‘nta ribi’…

“Arongera afata ukuboko akunyuza mu gitenge n’ijipo nari nambaye ashaka gukora ku gitsina, ndamubwira nti ‘aho ugeze ni he? Ati ‘mbabarira ntabwo nakubangamira ku bintu udashaka, ntabwo ndi bwongere’. Ndavuga nti rero ndatashye, arabyanga nanone.”

Ngo byageze aho umusore akomeza guhatiriza umukobwa ndetse ngo baza gufatana baragundagurana ariko bigeze aho umusore yinginga umukobwa ko nibura yamusoma byimbitse.

Ati “Arambwira ati ‘mpa tire langue y’umunota umwe’, ndabyanga. Mubwira ko ari icyaha cy’ubusambanyi. Nti uwakoze tire langue n’ibindi byose yabikora. Arangije aravuga ati ‘uko bigenda kose ntuncika. Ururimi rwe nanjye sinzi ngo yaruzanye ate arushyira mu kanwa kanjye nisanga narurumye.”

Ako kanya umusore amaze gucika ururimi yakomeje guhatiriza asaba umukobwa ko bagira icyo bakora ndetse abwira umukobwa ko bagomba kujyana bagahita babana kuko yari amaze kumwangiza.

Byaje gukomeza ariko umukobwa aza kwinginga umusore ngo bajye kwa muganga bageze ku Kigo Nderabuzima bahita babohereza kuri RIB kugira ngo ibanze ikurikirane iki kibazo.

Umukobwa yahise atabwa muri yombi ariko aza kurekurwa by’agateganyo tariki 31 Ukuboza 2021 ubu akaba ari gukurikiranwa ari hanze.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr Murangira B. Thierry aherutse gutangaza ko uru rwego ruri gukora iperereza kuri iki kibazo kugira ngo hamenyekane niba uyu mukobwa yaraciye ururimi uriya musore yitabara cyangwa yari abigambiriye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

REMA yemeje ko umwuka w’i Rubavu utujuje ubuziranenge igira inama abahatuye kugabanya kujya hanze

Next Post

Rwamagana: Yandikiye mwarimu amusaba kumugurira inkweto undi amuha mu zo asanganywe

Related Posts

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Yandikiye mwarimu amusaba kumugurira inkweto undi amuha mu zo asanganywe

Rwamagana: Yandikiye mwarimu amusaba kumugurira inkweto undi amuha mu zo asanganywe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.