Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bafatanye mu mashati: Umukobwa waciye ururimi umusore bakundana yavuze uko byose byagenze

radiotv10by radiotv10
06/01/2022
in MU RWANDA
0
RIB yinjiye mu kibazo cy’Umukobwa warumye ururimi umusore bakundana ubwo basomanaga akaruca
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa wo mu Kagari ka Karambo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Rutsiro, wavuzweho kuruma ururimi rw’umusore bakundana rugacika, yavuze byinshi kuri iri sanganya ryabaye ku mukunzi we wamusomye ku gahato akamutamika ururimi undi na we ntamenye uko yarurumye.

Inkuru y’icibwa ry’ururimi rw’uyu musore usanzwe ari uwo mu Murenge wa Rusebeya mu Karere ka Rutsiro, yatangiye kuvugwa kuva mu mpera z’icyumweru gishize ubwo Abaturarwanda bari mu bikorwa byo kwizihiza iminsi mikuru.

Uyu musore ubu uri kwitabwaho n’abaganga, yari yasuye umukunzi we tariki 26 Ukuboza 2021 ngo bishimana mu minsi mikuru ariko ibyabo bikaza kurangira nabi.

Ikinyamakuru Igihe cyasuye uyu mukobwa uvugwaho guca ururimi umukunzi we, avuga byinshi kuri iki gikorwa cyabaye kuri uriya munsi ubwo yasurwaga n’umukunzi we aho atahiye akaza kumusaba kumuherekeza.

Avuga ko yamuherekeje ku mugoroba ariko azi ko atari butinde bageze ahantu hitaruye, umusore asaba umukobwa kujya ahantu hihishe ubundi akamuhereza impano yari yamuteganyirije.

Ati “Nk’uko yakabivuze nasanze isekeje. Yari ipfunyitse, ndayifungura ndayireba, nsanga harimo ikariso ya 500 Frw, ndamubwira nti ‘koko birasekeje’.”

Uyu mukobwa avuga ko yahise asaba umukunzi we ko agiye gutaha ariko undi aramwangira ahubwo agatangira kumukorakora bigaragara ko ashaka ko baryamana.

Ati “Yafashe ukuboko akunyuza mu mupira nari nambaye ufite ijosi rinini, akora ku mabere, ndamureka. Amanura ukuboko agukoza ku nda, ndamubwira nti ‘Mbabarira nirwarira igifu, imbeho itanyica kuko iyo inyishe ndarwara’, ati ‘nta ribi’…

“Arongera afata ukuboko akunyuza mu gitenge n’ijipo nari nambaye ashaka gukora ku gitsina, ndamubwira nti ‘aho ugeze ni he? Ati ‘mbabarira ntabwo nakubangamira ku bintu udashaka, ntabwo ndi bwongere’. Ndavuga nti rero ndatashye, arabyanga nanone.”

Ngo byageze aho umusore akomeza guhatiriza umukobwa ndetse ngo baza gufatana baragundagurana ariko bigeze aho umusore yinginga umukobwa ko nibura yamusoma byimbitse.

Ati “Arambwira ati ‘mpa tire langue y’umunota umwe’, ndabyanga. Mubwira ko ari icyaha cy’ubusambanyi. Nti uwakoze tire langue n’ibindi byose yabikora. Arangije aravuga ati ‘uko bigenda kose ntuncika. Ururimi rwe nanjye sinzi ngo yaruzanye ate arushyira mu kanwa kanjye nisanga narurumye.”

Ako kanya umusore amaze gucika ururimi yakomeje guhatiriza asaba umukobwa ko bagira icyo bakora ndetse abwira umukobwa ko bagomba kujyana bagahita babana kuko yari amaze kumwangiza.

Byaje gukomeza ariko umukobwa aza kwinginga umusore ngo bajye kwa muganga bageze ku Kigo Nderabuzima bahita babohereza kuri RIB kugira ngo ibanze ikurikirane iki kibazo.

Umukobwa yahise atabwa muri yombi ariko aza kurekurwa by’agateganyo tariki 31 Ukuboza 2021 ubu akaba ari gukurikiranwa ari hanze.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr Murangira B. Thierry aherutse gutangaza ko uru rwego ruri gukora iperereza kuri iki kibazo kugira ngo hamenyekane niba uyu mukobwa yaraciye ururimi uriya musore yitabara cyangwa yari abigambiriye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − seven =

Previous Post

REMA yemeje ko umwuka w’i Rubavu utujuje ubuziranenge igira inama abahatuye kugabanya kujya hanze

Next Post

Rwamagana: Yandikiye mwarimu amusaba kumugurira inkweto undi amuha mu zo asanganywe

Related Posts

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

by radiotv10
30/12/2025
0

President Paul Kagame, the Commander-in-Chief of the Rwanda Defence Force, has commended Rwanda’s soldiers and members of other security organs...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Rwanda states that the Kinshasa-backed FDLR remains the most significant unaddressed security threat

by radiotv10
30/12/2025
0

The Government of Rwanda has emphasized that in 2025 there were credible pathways that could have helped resolve regional conflicts,...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Yandikiye mwarimu amusaba kumugurira inkweto undi amuha mu zo asanganywe

Rwamagana: Yandikiye mwarimu amusaba kumugurira inkweto undi amuha mu zo asanganywe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.