Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bagaya ubuyobozi bwahindukiye bugasakamburira uwo bwari bwahaye amabati, bwo buti “n’asigayeho agomba kuvaho”

radiotv10by radiotv10
04/11/2022
in MU RWANDA
0
Bagaya ubuyobozi bwahindukiye bugasakamburira uwo bwari bwahaye amabati, bwo buti “n’asigayeho agomba kuvaho”
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Kinyanzovu mu Murenge wa Cyanzarwe, mu Karere ka Rubavu, bavuga ko batumva impamvu ubuyobozi bwahindukiye bugasakambura inzu y’umuturage bwari bwahaye amabati, mu gihe bwo buvuga ko bwasanze atayakwiye, buti “ahubwo n’asigayeho agomba kuvaho.”

Uyu muturage witwa Tuyisenge Joselyne w’imyaka 41 utuye mu Mudugudu wa Bushanga mu Kagari ka Kinyanzovu abana n’abana be barindwi mu nzu isakaye uruhande rumwe kuko amabati yari yahawe byemejwe n’inteko y’abaturage, yaje gusakamburwa n’ubuyobozi bw’uyu Murenge ku manywa y’ihangu nyuma y’igihe gito ayahawe nk’umuturage utishoboye.

Abaturanyi b’uyu muturage, babwiye RADIOTV10 ko batunguwe n’iki gikorwa cyakozwe n’ubuyobozi, bakavuga ko batumva icyabibateye.

Umwe ati “Icyadutangaje ni uko twagiye kubona tukabona wa Murenge ni wo ugarutse gusakambura ya nzu. Ubwo twebwe abaturage tubona ari akarengane kuko ntagira epfo ntagira ruguru.”

Undi yagize ati “Twabonye amabati bayahambura ngo ntagomba guhabwa uyu, bahita bayajyana bayabitsa kwa Mudugudu.”

Agahinda k’aba baturage, bagashingira kandi ku mvura iri kugwa muri iyi minsi ikanyagira uyu muturage ubana n’abana be barindwi.

Undi muturage ati “Ikitubabaza ni iyi mvura, noneho reba iyi nzu ye yagiye hasi. Twe twabonye ari akarengane.”

Uyu muturage wari wahawe amabati nyuma akaza kuyamburwa, avuga ko abayobozi baje kumwambura aya mabati bamubwira ko ngo afite inzu ebyiri nyamara ngo ntazo agira.

Akomeza avuga ko Umuyobozi w’Umudugudu yaje akumusaba amafaranga kandi ko natabona ayo yari amwatse, na we yamburwa ayo mabati.

Ati “Bazanye uwo wundi mushya rero, ni we washatse kuvuga ngo ‘nubwo bakwanditse mu bazahabwa amabati ariko niba udafite ibihumbi mirongo itatu ntabwo urayabona’.”

Umukuru w’Umudugudu wa Bushanga ushinjwa n’uyu muturage kumwaka indonke y’ibihumbi 30 Frw, yabihakanye yivuye inyuma.

Ati “Naba narigeze mwaka n’igiceri cy’atanu… kandi ntaho nari no kubihera. None se ni njye wari ugiye kumuha amabati?”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse avuga ko ikibazo cy’uyu muturage kizwi, gusa ngo yatanze amakuru atari yo bityo ngo n’amabati yasigaye kuri iriya nyubako ye akwiye gusakamburwa.

Ati “Twaranabivuganye ejobundi ndabimubwira nti ‘iyo ushaka ubufasha uvugisha ukuri’. Rero iyo dufasha ubufasha hari benshi baba babukeneye badafite aho baba ariko umuntu kuza kukubeshya wajya kureba ugasanga afite indi nzu ahandi hantu mu butaka bwe bumwanditseho…”

Uyu muyobozi yaboneyeho kugira inama abaturage byumwihariko uyu, avuga ko kuba yaratanze amakuru atari yo binahanirwa n’amategeko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − three =

Previous Post

Kigali: Babiri baregwa kwica umukecuru bakoreraga mu rugo mu ibazwa bavuze ibibibabaje

Next Post

Abanyekongo baba mu Rwanda barashimira Abanyarwanda, bakagira icyo basaba Ibihugu byombi

Related Posts

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

IZIHERUKA

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

03/12/2025
Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyekongo baba mu Rwanda barashimira Abanyarwanda, bakagira icyo basaba Ibihugu byombi

Abanyekongo baba mu Rwanda barashimira Abanyarwanda, bakagira icyo basaba Ibihugu byombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.