Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bagaya ubuyobozi bwahindukiye bugasakamburira uwo bwari bwahaye amabati, bwo buti “n’asigayeho agomba kuvaho”

radiotv10by radiotv10
04/11/2022
in MU RWANDA
0
Bagaya ubuyobozi bwahindukiye bugasakamburira uwo bwari bwahaye amabati, bwo buti “n’asigayeho agomba kuvaho”
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Kinyanzovu mu Murenge wa Cyanzarwe, mu Karere ka Rubavu, bavuga ko batumva impamvu ubuyobozi bwahindukiye bugasakambura inzu y’umuturage bwari bwahaye amabati, mu gihe bwo buvuga ko bwasanze atayakwiye, buti “ahubwo n’asigayeho agomba kuvaho.”

Uyu muturage witwa Tuyisenge Joselyne w’imyaka 41 utuye mu Mudugudu wa Bushanga mu Kagari ka Kinyanzovu abana n’abana be barindwi mu nzu isakaye uruhande rumwe kuko amabati yari yahawe byemejwe n’inteko y’abaturage, yaje gusakamburwa n’ubuyobozi bw’uyu Murenge ku manywa y’ihangu nyuma y’igihe gito ayahawe nk’umuturage utishoboye.

Abaturanyi b’uyu muturage, babwiye RADIOTV10 ko batunguwe n’iki gikorwa cyakozwe n’ubuyobozi, bakavuga ko batumva icyabibateye.

Umwe ati “Icyadutangaje ni uko twagiye kubona tukabona wa Murenge ni wo ugarutse gusakambura ya nzu. Ubwo twebwe abaturage tubona ari akarengane kuko ntagira epfo ntagira ruguru.”

Undi yagize ati “Twabonye amabati bayahambura ngo ntagomba guhabwa uyu, bahita bayajyana bayabitsa kwa Mudugudu.”

Agahinda k’aba baturage, bagashingira kandi ku mvura iri kugwa muri iyi minsi ikanyagira uyu muturage ubana n’abana be barindwi.

Undi muturage ati “Ikitubabaza ni iyi mvura, noneho reba iyi nzu ye yagiye hasi. Twe twabonye ari akarengane.”

Uyu muturage wari wahawe amabati nyuma akaza kuyamburwa, avuga ko abayobozi baje kumwambura aya mabati bamubwira ko ngo afite inzu ebyiri nyamara ngo ntazo agira.

Akomeza avuga ko Umuyobozi w’Umudugudu yaje akumusaba amafaranga kandi ko natabona ayo yari amwatse, na we yamburwa ayo mabati.

Ati “Bazanye uwo wundi mushya rero, ni we washatse kuvuga ngo ‘nubwo bakwanditse mu bazahabwa amabati ariko niba udafite ibihumbi mirongo itatu ntabwo urayabona’.”

Umukuru w’Umudugudu wa Bushanga ushinjwa n’uyu muturage kumwaka indonke y’ibihumbi 30 Frw, yabihakanye yivuye inyuma.

Ati “Naba narigeze mwaka n’igiceri cy’atanu… kandi ntaho nari no kubihera. None se ni njye wari ugiye kumuha amabati?”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse avuga ko ikibazo cy’uyu muturage kizwi, gusa ngo yatanze amakuru atari yo bityo ngo n’amabati yasigaye kuri iriya nyubako ye akwiye gusakamburwa.

Ati “Twaranabivuganye ejobundi ndabimubwira nti ‘iyo ushaka ubufasha uvugisha ukuri’. Rero iyo dufasha ubufasha hari benshi baba babukeneye badafite aho baba ariko umuntu kuza kukubeshya wajya kureba ugasanga afite indi nzu ahandi hantu mu butaka bwe bumwanditseho…”

Uyu muyobozi yaboneyeho kugira inama abaturage byumwihariko uyu, avuga ko kuba yaratanze amakuru atari yo binahanirwa n’amategeko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 8 =

Previous Post

Kigali: Babiri baregwa kwica umukecuru bakoreraga mu rugo mu ibazwa bavuze ibibibabaje

Next Post

Abanyekongo baba mu Rwanda barashimira Abanyarwanda, bakagira icyo basaba Ibihugu byombi

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu
FOOTBALL

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

02/01/2026
Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

01/01/2026
Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyekongo baba mu Rwanda barashimira Abanyarwanda, bakagira icyo basaba Ibihugu byombi

Abanyekongo baba mu Rwanda barashimira Abanyarwanda, bakagira icyo basaba Ibihugu byombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.