Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Bakomeje gutabariza Producer wari ukomeye mu Rwanda uri mu kangaratete

radiotv10by radiotv10
03/12/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Bakomeje gutabariza Producer wari ukomeye mu Rwanda uri mu kangaratete
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu mu ngeri zinyuranye barimo abafite amazina azwi mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda, bakomeje gutabariza Producer Junior Multisystem uri mu bagize izina rikomeye mu Rwanda mu gutunganya umuziki, urembye nyuma yo gukora impanuka igatuma acika akaboko.

Karamuka Jean Luc wamamaye mu gutunganya indirimbo nka Junior Multisystem, yakoze impanuka tariki 30 Werurwe 2019, iza kumuviramo gucibwa akaboko.

Kuva icyo gihe yagiye agira ingaruka zaturutse kuri iyi mpanuka yatumye akaboko ke gacika, ndetse mu minsi ishize hagaragaye ifoto ye bigaragara ko yahindutse ku mubiri dore ko yari afite urubavu runini ubu akaba afite urubavu ruto.

Uyu wahoze afite izina rikomeye mu gutunganya umuziki ndetse akaba yarakoze indirimbo zakunzwe cyane mu Rwanda, muri uyu mwaka yabwiye itangazamakuru ko ubuzima bwe bumerewe nabi, gusa avuga ko abonye ubufasha yakwivuza agakira.

Mu butumwa aherutse kunyuza ku mbuga nkoranyambaga ze, Junior Multisystem yashyizeho ifoto ye bigaragara ko arembye, ashyira ubutumwa bwanditse agira ati “Munsengere.”

Umunyarwenya akaba ari n’umukinnyi wa film umaze kugira izina mu Rwanda, Mugisha Emmanuel Clapton uzwi nka Kibonke na we yatabarije Junior Mulitsystem.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze buherekejwe n’agace k’amashusho ya Junior Mulitsystem ari gucuranga, Kibonke yagize ati “Ndifuza ko twafasha Junior Multisystem ukeneye kujya kwivuza, ubuzima abayeho ntawe bwashimisha, koresha umutima, ubushobozi byibuza ni yo ryaba 100Rwf wohereze kuri nimero ye.”

Nyuma y’uyu munyarwenya, abandi bantu batandukanye barimo abazwi mu myidagaduro mu Rwanda, bagaragaje ko batewe impungenge n’ubuzima bwa Junior Multisystem ndetse ubu hakaba hatangijwe uburyo bwo gukusanya inkunga yo kumufasha.

Mbere Junior Multisystem yari ameze neza
Nyuma ubuzima bwarahindutse
Aherutse gusaba amasengesho

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Igitangaza: Yashimuswe afite amezi 22 akura atabizi none yabonye umuryango we nyuma y’imyaka 51

Next Post

Amakuru mashya ku wamamaye muri Film yakunzwe ku Isi uri mu mazi abira kubera gukorakora umugore

Related Posts

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

by radiotv10
12/01/2026
0

Umunyarwenya Etienne Iryamukuru wamamaye muri ‘Bigomba Guhinduka’, yagaragaje umukunzi we amwibutsa ko amukunda uruhora rukura. Ni mu butumwa uyu munyarwenya...

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

by radiotv10
12/01/2026
0

Mugisha Fred Robinson uzwi nka Element Eleeh mu gutanganya umuziki no mu buhanzi, yegukanye igihembo cya Producer mwiza w’umwaka (Best...

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Many people associate weekends with spending money, eating out, shopping, traveling, or entertainment. But enjoying your weekend doesn’t have to...

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

IZIHERUKA

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye
AMAHANGA

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Ibyo wamanye byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamanye byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

13/01/2026
Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

13/01/2026
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku wamamaye muri Film yakunzwe ku Isi uri mu mazi abira kubera gukorakora umugore

Amakuru mashya ku wamamaye muri Film yakunzwe ku Isi uri mu mazi abira kubera gukorakora umugore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ibyo wamanye byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.