• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Bakomeje gutabariza Producer wari ukomeye mu Rwanda uri mu kangaratete

radiotv10by radiotv10
03/12/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Bakomeje gutabariza Producer wari ukomeye mu Rwanda uri mu kangaratete
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu mu ngeri zinyuranye barimo abafite amazina azwi mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda, bakomeje gutabariza Producer Junior Multisystem uri mu bagize izina rikomeye mu Rwanda mu gutunganya umuziki, urembye nyuma yo gukora impanuka igatuma acika akaboko.

Karamuka Jean Luc wamamaye mu gutunganya indirimbo nka Junior Multisystem, yakoze impanuka tariki 30 Werurwe 2019, iza kumuviramo gucibwa akaboko.

Kuva icyo gihe yagiye agira ingaruka zaturutse kuri iyi mpanuka yatumye akaboko ke gacika, ndetse mu minsi ishize hagaragaye ifoto ye bigaragara ko yahindutse ku mubiri dore ko yari afite urubavu runini ubu akaba afite urubavu ruto.

Uyu wahoze afite izina rikomeye mu gutunganya umuziki ndetse akaba yarakoze indirimbo zakunzwe cyane mu Rwanda, muri uyu mwaka yabwiye itangazamakuru ko ubuzima bwe bumerewe nabi, gusa avuga ko abonye ubufasha yakwivuza agakira.

Mu butumwa aherutse kunyuza ku mbuga nkoranyambaga ze, Junior Multisystem yashyizeho ifoto ye bigaragara ko arembye, ashyira ubutumwa bwanditse agira ati “Munsengere.”

Umunyarwenya akaba ari n’umukinnyi wa film umaze kugira izina mu Rwanda, Mugisha Emmanuel Clapton uzwi nka Kibonke na we yatabarije Junior Mulitsystem.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze buherekejwe n’agace k’amashusho ya Junior Mulitsystem ari gucuranga, Kibonke yagize ati “Ndifuza ko twafasha Junior Multisystem ukeneye kujya kwivuza, ubuzima abayeho ntawe bwashimisha, koresha umutima, ubushobozi byibuza ni yo ryaba 100Rwf wohereze kuri nimero ye.”

Nyuma y’uyu munyarwenya, abandi bantu batandukanye barimo abazwi mu myidagaduro mu Rwanda, bagaragaje ko batewe impungenge n’ubuzima bwa Junior Multisystem ndetse ubu hakaba hatangijwe uburyo bwo gukusanya inkunga yo kumufasha.

Mbere Junior Multisystem yari ameze neza
Nyuma ubuzima bwarahindutse
Aherutse gusaba amasengesho

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 13 =

Previous Post

Igitangaza: Yashimuswe afite amezi 22 akura atabizi none yabonye umuryango we nyuma y’imyaka 51

Next Post

Amakuru mashya ku wamamaye muri Film yakunzwe ku Isi uri mu mazi abira kubera gukorakora umugore

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Amakuru mashya ku wamamaye muri Film yakunzwe ku Isi uri mu mazi abira kubera gukorakora umugore

Amakuru mashya ku wamamaye muri Film yakunzwe ku Isi uri mu mazi abira kubera gukorakora umugore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.