Saturday, July 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bamennye ibanga ry’icyumvikana nk’amareshyamugeni cyabashituye bagasezerana ku bwinshi

radiotv10by radiotv10
19/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bamennye ibanga ry’icyumvikana nk’amareshyamugeni cyabashituye bagasezerana ku bwinshi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagize imiryango 302 yo mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, yasezeranye kubana mu mategeko, bavuga ko bitabiriye iki gikorwa nyuma yo kubishishikarizwa babwirwa ko nyuma yo gusezerana bazahabwa amafaranga, bamwe bakavuga n’umubare ko ari 1 200 000Frw.

Aba baturage basezeraniye kuri Sitade y’Akarere ka Rusizi, barimo n’abamaranye imyaka irenga 40 babana mu buryo butemewe n’amategeko.

Bavuga ko iyi gahunda bayitabiriye nyuma y’ubukangurambaga bwakozwe, bwo kubashishikariza gusezerana imbere y’amategeko, babwirwa ko hari gahunda iteganyirijwe abatishoboye, ariko ko itazagera ku miryango ibana itarasezeranye.

Nyirangendabanyika yagize ati “Abayobozi baratubwiye bati ‘nimubane, mushyingiranwe, hari inkunga zigiye kuza zifashishwa imiryango ngo yikure mu bukene, ariko ntabwo zishobora guhabwa abantu babana mu buryo butemewe n’amategeko’.”

Saidi Kidogori, umugabo wa Nyirangendabanyika, avuga ko abayobozi baje bakabarura imiryango ibana itarasezerana mu buryo bwemewe n’amategeko. Ati “Ariko baratubwira bati ‘nyuma y’ibi, hari igihe muzabona akantu kazabafasha’.”

Ntabakivandimwe Jean Bosco, avuga ko hari n’abavugaga umubare w’amafaranga bazahabwa abazemera gusezerana mu buryo bwemewe n’amategeko, gusa we akavuga ko n’ubundi kuba abantu babana basezeranye ari byiza.

Ati “Mu baturage hari abavugaga ko mu gusezerana buri muntu ngo bazagenda bamuha miliyoni imwe na Magana abiri (1 200 000 Frw) ariko njye si ko mbibona, mbona ko nta mafaranga ahari, umuntu asezerana abishaka. Abenshi bazi ko bazahabwa ayo mafaranga.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Dr Anicet Kibiriga utifuje kuvuga kuri ubwo bukangurambaga bwagarutsweho n’abaturage bavuga ko bizejwe amafaranga, yavuze ko igishimishije ari ukuba iyi miryango yateye intambwe nziza igasezerana.

Ati “Ubwabyo kuba basezeranye, na byo ni ubukire n’ubundi buba buje, atari ukuvuga ngo hari icyo Leta igiye kubahereza ahubwo ubwabyo kuba basezeranye bakava mu makimbirane, bakagira n’icyizere cy’ubuzima.”

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 3 =

Previous Post

IFOTO: Umuyobozi ukomeye ku Isi mu byishimo n’abuzukuru be

Next Post

Ikipe ikomeye i Burayi yatijwe umukinnyi w’iyamanutse mu cyiciro cya 2

Related Posts

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

by radiotv10
18/07/2025
0

Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guteza imvururu muri rubanda, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30. Ni icyemezo...

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

by radiotv10
18/07/2025
0

Banki Nkuru y’u Rwanda BNR yatangaje igiye guhugura urubyiruko ku mikoreshereze y'ikoranabuhanga muri serivisi z'imari hifashishijwe telefoni ngendanwa, kugira ngo...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Amakuru agezweho: Umuyobozi mu Kigo cy’Igihugu NAEB afunzwe ukurikiranyweho kwigwizaho imitungo

by radiotv10
18/07/2025
0

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa (Operations Manager) mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry'ibikomoka ku buhinzi n'ubworozi (NAEB), ari...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

by radiotv10
18/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 74 y’amavuko usanzwe akora akazi ko kunganira abantu mu mategeko, ukurikiranywe n’Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Muhanga icyaha...

Igisubizo cyahawe ushinja ubuyobozi kumuteza ubukene cyumvikanamo ko akwiye gukurayo ijisho

Igisubizo cyahawe ushinja ubuyobozi kumuteza ubukene cyumvikanamo ko akwiye gukurayo ijisho

by radiotv10
18/07/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, uvuga ko ubuyobozi bwamutwariye umusaruro w’ikawa wari kuvamo agera miliyoni...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe
MU RWANDA

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

by radiotv10
18/07/2025
0

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

18/07/2025
Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

18/07/2025
Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

The DRC Government has summoned the Ugandan Ambassador over diplomatic concerns

18/07/2025
Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Amakuru agezweho: Umuyobozi mu Kigo cy’Igihugu NAEB afunzwe ukurikiranyweho kwigwizaho imitungo

18/07/2025
Ubutegetsi bw’u Burundi buravugwaho gufata icyemezo cyatangiye guteza ihungabana impunzi z’Abanyekongo

Ubutegetsi bw’u Burundi buravugwaho gufata icyemezo cyatangiye guteza ihungabana impunzi z’Abanyekongo

18/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikipe ikomeye i Burayi yatijwe umukinnyi w’iyamanutse mu cyiciro cya 2

Ikipe ikomeye i Burayi yatijwe umukinnyi w’iyamanutse mu cyiciro cya 2

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.