Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bamennye ibanga ry’icyumvikana nk’amareshyamugeni cyabashituye bagasezerana ku bwinshi

radiotv10by radiotv10
19/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bamennye ibanga ry’icyumvikana nk’amareshyamugeni cyabashituye bagasezerana ku bwinshi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagize imiryango 302 yo mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, yasezeranye kubana mu mategeko, bavuga ko bitabiriye iki gikorwa nyuma yo kubishishikarizwa babwirwa ko nyuma yo gusezerana bazahabwa amafaranga, bamwe bakavuga n’umubare ko ari 1 200 000Frw.

Aba baturage basezeraniye kuri Sitade y’Akarere ka Rusizi, barimo n’abamaranye imyaka irenga 40 babana mu buryo butemewe n’amategeko.

Bavuga ko iyi gahunda bayitabiriye nyuma y’ubukangurambaga bwakozwe, bwo kubashishikariza gusezerana imbere y’amategeko, babwirwa ko hari gahunda iteganyirijwe abatishoboye, ariko ko itazagera ku miryango ibana itarasezeranye.

Nyirangendabanyika yagize ati “Abayobozi baratubwiye bati ‘nimubane, mushyingiranwe, hari inkunga zigiye kuza zifashishwa imiryango ngo yikure mu bukene, ariko ntabwo zishobora guhabwa abantu babana mu buryo butemewe n’amategeko’.”

Saidi Kidogori, umugabo wa Nyirangendabanyika, avuga ko abayobozi baje bakabarura imiryango ibana itarasezerana mu buryo bwemewe n’amategeko. Ati “Ariko baratubwira bati ‘nyuma y’ibi, hari igihe muzabona akantu kazabafasha’.”

Ntabakivandimwe Jean Bosco, avuga ko hari n’abavugaga umubare w’amafaranga bazahabwa abazemera gusezerana mu buryo bwemewe n’amategeko, gusa we akavuga ko n’ubundi kuba abantu babana basezeranye ari byiza.

Ati “Mu baturage hari abavugaga ko mu gusezerana buri muntu ngo bazagenda bamuha miliyoni imwe na Magana abiri (1 200 000 Frw) ariko njye si ko mbibona, mbona ko nta mafaranga ahari, umuntu asezerana abishaka. Abenshi bazi ko bazahabwa ayo mafaranga.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Dr Anicet Kibiriga utifuje kuvuga kuri ubwo bukangurambaga bwagarutsweho n’abaturage bavuga ko bizejwe amafaranga, yavuze ko igishimishije ari ukuba iyi miryango yateye intambwe nziza igasezerana.

Ati “Ubwabyo kuba basezeranye, na byo ni ubukire n’ubundi buba buje, atari ukuvuga ngo hari icyo Leta igiye kubahereza ahubwo ubwabyo kuba basezeranye bakava mu makimbirane, bakagira n’icyizere cy’ubuzima.”

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × four =

Previous Post

IFOTO: Umuyobozi ukomeye ku Isi mu byishimo n’abuzukuru be

Next Post

Ikipe ikomeye i Burayi yatijwe umukinnyi w’iyamanutse mu cyiciro cya 2

Related Posts

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year
IMIBEREHO MYIZA

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikipe ikomeye i Burayi yatijwe umukinnyi w’iyamanutse mu cyiciro cya 2

Ikipe ikomeye i Burayi yatijwe umukinnyi w’iyamanutse mu cyiciro cya 2

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.