Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bamennye ibanga ry’icyumvikana nk’amareshyamugeni cyabashituye bagasezerana ku bwinshi

radiotv10by radiotv10
19/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bamennye ibanga ry’icyumvikana nk’amareshyamugeni cyabashituye bagasezerana ku bwinshi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagize imiryango 302 yo mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, yasezeranye kubana mu mategeko, bavuga ko bitabiriye iki gikorwa nyuma yo kubishishikarizwa babwirwa ko nyuma yo gusezerana bazahabwa amafaranga, bamwe bakavuga n’umubare ko ari 1 200 000Frw.

Aba baturage basezeraniye kuri Sitade y’Akarere ka Rusizi, barimo n’abamaranye imyaka irenga 40 babana mu buryo butemewe n’amategeko.

Bavuga ko iyi gahunda bayitabiriye nyuma y’ubukangurambaga bwakozwe, bwo kubashishikariza gusezerana imbere y’amategeko, babwirwa ko hari gahunda iteganyirijwe abatishoboye, ariko ko itazagera ku miryango ibana itarasezeranye.

Nyirangendabanyika yagize ati “Abayobozi baratubwiye bati ‘nimubane, mushyingiranwe, hari inkunga zigiye kuza zifashishwa imiryango ngo yikure mu bukene, ariko ntabwo zishobora guhabwa abantu babana mu buryo butemewe n’amategeko’.”

Saidi Kidogori, umugabo wa Nyirangendabanyika, avuga ko abayobozi baje bakabarura imiryango ibana itarasezerana mu buryo bwemewe n’amategeko. Ati “Ariko baratubwira bati ‘nyuma y’ibi, hari igihe muzabona akantu kazabafasha’.”

Ntabakivandimwe Jean Bosco, avuga ko hari n’abavugaga umubare w’amafaranga bazahabwa abazemera gusezerana mu buryo bwemewe n’amategeko, gusa we akavuga ko n’ubundi kuba abantu babana basezeranye ari byiza.

Ati “Mu baturage hari abavugaga ko mu gusezerana buri muntu ngo bazagenda bamuha miliyoni imwe na Magana abiri (1 200 000 Frw) ariko njye si ko mbibona, mbona ko nta mafaranga ahari, umuntu asezerana abishaka. Abenshi bazi ko bazahabwa ayo mafaranga.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Dr Anicet Kibiriga utifuje kuvuga kuri ubwo bukangurambaga bwagarutsweho n’abaturage bavuga ko bizejwe amafaranga, yavuze ko igishimishije ari ukuba iyi miryango yateye intambwe nziza igasezerana.

Ati “Ubwabyo kuba basezeranye, na byo ni ubukire n’ubundi buba buje, atari ukuvuga ngo hari icyo Leta igiye kubahereza ahubwo ubwabyo kuba basezeranye bakava mu makimbirane, bakagira n’icyizere cy’ubuzima.”

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − three =

Previous Post

IFOTO: Umuyobozi ukomeye ku Isi mu byishimo n’abuzukuru be

Next Post

Ikipe ikomeye i Burayi yatijwe umukinnyi w’iyamanutse mu cyiciro cya 2

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikipe ikomeye i Burayi yatijwe umukinnyi w’iyamanutse mu cyiciro cya 2

Ikipe ikomeye i Burayi yatijwe umukinnyi w’iyamanutse mu cyiciro cya 2

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.