Tuesday, July 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Bamwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda bongeye kugaragaza urukundo bafitiye abahanzi Nyarwanda

radiotv10by radiotv10
23/11/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Bamwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda bongeye kugaragaza urukundo bafitiye abahanzi Nyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, n’uw’Urubyiruko n’Ubuhanzi, bongeye kugaragaza ko bashyigikiye abahanzi Nyarwanda, kandi ko banyurwa n’ibihangano byabo.

Ibi byagaragajwe no kuba kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Ugushyingo 2024, Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah yakiriye mu biro bye umuhanzi Davis D witegura kwizihiza imyaka icumi amaze mu muziki.

Nanone kandi kuri uyu munsi, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yishimiye ibyaciye amarenga ku mikoranire y’abahanzi babiri Nyarwanda.

Nyuma y’aho umuhanzikazi Bwiza ashyize ku mugarago ifoto ari kumwe n’umuhanzi w’Indirimbo z’Imana, Israel Mbonyi, abakunzi be batanze ibitekerezo bitandukanye bagaragaza ko banyotewe no kumva indirimbo y’aba bombi.

Mu batanze ibitekerezo kuri iyi foto, harimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe wagaragaje ko iyi ifoto irimo abanyempano babiri kandi beza.

Yagize ati “Impano ibyeri z’agatangaza hamwe! Twe nk’abafana, turifuza ko mwakorana.”

Nyuma y’ibi, Minisitiri Utumatwishima yakiriye Davis D waje aherekejwe na Basile Uwimana wahoze ari umunyamakuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, umujyanama we Bagenzi Bernard ndetse n’umuhanzikazi na Alyn Sano.

Utumatwishima yabwiye Davis D ko Leta ishyigikiye abahanzi, bityo ko bakwiye gushyira imbaraga mu kazi kabi, anamwizeza ko azitabira igitaramo cye.

Iki gitaramo cya David D yise ‘Shine Boy Fest’ kizaba mu mpera z’icyumweru gitaha, kizaba kinarimo abandi bahanzi barimo abafite amazina azwi muri Afurika bazajya kumushyigikira, nka Nasty C wo muri Afurika y’Epfo, ndetse n’abo mu Rwanda nka Platini P, Danny Nanone, na Nel Ngabo.

Davis D n’itsinda rimuherekeje bakiriwe na Dr. Utumatwishima

Ifoto ya Bwiza na Israel Mbonyi yanyuze benshi
Minisitiri Nduhungirehe yifuje ko bakorana indirimbo

Felix NSENGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 6 =

Previous Post

Ngoma: Ubuyobozi ntibuvuga rumwe n’abaturage ku byo bavuga ko bahatirwa badafitiye ubushobozi

Next Post

Umunyarwenya ufitanye isano n’u Rwanda n’u Burundi agiye kuhataramira

Related Posts

Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

by radiotv10
11/07/2025
0

Umuhanzikazi Clarisse Karasira yagaragaje amafoto ye ya mbere ateruye umwana wa kabiri aherutse kwibaruka we n’umugabo we Ifashabayo Dejoie. Aya...

Umunyamakuru wubatse izina mu Rwanda ariyibutsa abantu mu gitaramo kigezweho i Kigali

Umunyamakuru wubatse izina mu Rwanda ariyibutsa abantu mu gitaramo kigezweho i Kigali

by radiotv10
10/07/2025
0

Murenzi Kamatari wamenyekanye nka MC Murenzi uri mu banyamakuru bamamaye mu Rwanda byumwihariko mu biganiro by’imyidagaduro, ategerejwe mu gitaramo cy’urwenya...

Umuhanzikazi Clarisse Karasira mu byishimo byo kwibaruka ubuheta

Umuhanzikazi Clarisse Karasira mu byishimo byo kwibaruka ubuheta

by radiotv10
09/07/2025
0

Umuhanzi Clarisse Karasira n'umugabo we Ifashabayo Dejoie, bibarutse umwana wabo wa kabiri, bahise bita amazina arimo iry’Ikinyarwanda rya ‘Kwema’. Byatangajwe...

Ubutumwa Mitsutsu yageneye umukunzi nyuma yo kumuterera ivi mu gikorwa yafatiwemo n’amarangamutima

Ubutumwa Mitsutsu yageneye umukunzi nyuma yo kumuterera ivi mu gikorwa yafatiwemo n’amarangamutima

by radiotv10
08/07/2025
0

Umunyarwenya akaba n’umukinnyi wa filimi, Kazungu Emmanuel uzwi nka Mitsutsu, yambitse impeta umukunzi we, amwizeza ko atazigera yicuza igihe cyose...

From basic to bold: Simple steps to elevate your dressing game

From basic to bold: Simple steps to elevate your dressing game

by radiotv10
08/07/2025
0

Let’s be honest, first impressions matter, and your style is your loudest introduction before you even speak. You don’t need...

IZIHERUKA

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye
AMAHANGA

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

by radiotv10
15/07/2025
0

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

15/07/2025
Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

15/07/2025
Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

15/07/2025
Buhari wabaye Perezida wa Nigeria wapfiriye mu Bwongereza arasubizwa mu Gihugu ahite ashyingurwa

Buhari wabaye Perezida wa Nigeria wapfiriye mu Bwongereza arasubizwa mu Gihugu ahite ashyingurwa

15/07/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso byerekana ko ubutegetsi bwa Congo bugishyize imbere imirwano

15/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyarwenya ufitanye isano n’u Rwanda n’u Burundi agiye kuhataramira

Umunyarwenya ufitanye isano n’u Rwanda n’u Burundi agiye kuhataramira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.