Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Banki ya Kigali ikomeje kuramburira amaboko abakiliya ubu yageze i Nyamata mu nyubako igezweho

radiotv10by radiotv10
27/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Banki ya Kigali ikomeje kuramburira amaboko abakiliya ubu yageze i Nyamata mu nyubako igezweho
Share on FacebookShare on Twitter

Banki ya Kigali (BK) yafunguye ishami rya gatatu mu Karere ka Bugesera, riri mu Mujyi wa Nyamata, mu rwego rwo gukomeza kwegera abaturage no kugira ngo iborohereza kubona serivisi z’iyi Banki biboroheye. Iri shami rizajya rikorera mu nyubako igezweho.

Iri shami ryafunguwe ku mugaragaro kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Gicurasi 2023, riri mu nyubako nshya yubatswe n’abacuruzi bo mu Karere ka Bugesera, hafi y’ibiro by’Akarere ka Bugesera.

Ni rimwe mu mashami macye usangamo ameza y’umukozi wakira abakiliya, wakomeza imbere ugasanga abantu bari guhabwa serivisi, ndetse harimo n’uburyo ushobora kwerekana uko wakiriye uburyo wahawemo serivisi.

Iri shami kandi ririmo n’icyumba cyahariwe ababyeyi, ndeyse n’icy’abagabo kizaboneka mu gihe cya vuba

Umwe mu bakiliya b’imena ba Banki ya Kigali ukorera mu Karere ka Bugesera, avuga ko biteze impinduka zikomeye.

Yagize ati “Uyu mujyi wacu kugira ngo ukure, ni umujyi wunganira Kigali, ni umujyi ufite ibikorwa byinshi biri kuza inaha. Ibyo byose ni ibikorwa bisaba ko abaturage bakorana na banki. Iri ni rimwe mu mashami azaba akomeye mu Gihugu. Noneho serivisi ni zo twifuza ko bazongera. Mwabonye ko umujyi uri kugenda ukura, bisaba ko hajyamo n’amafaranga ya banki. Kandi iyi ni yo banki iyoboye izindi mu Rwanda.”

Umuyobozi Mukuru muri banki ya Kigali ushinzwe ibikorwa, Desire Rumanyika avuga ko imiterere y’iri shami riri mu mujyi wa Nyamata rije kunoza imikorere y’iyi banki.

Ati “Ni gahunda n’ubundi dufite yo kongera ibyuma mwabonye hano bitanga amafaranga. Ubushize twashyizeho bibiri, birakora neza, ni bishya, ariko kubera ko babisabye, turashaka kongeraho ibindi byuma.”

Akomeza avuga koi bi byuma bitazaburamo amafaranga. Ati “Ikijyanye n’amafaranga cyo nta kibazo kirimo, kubera ko iyo amafaranga agabanutsemo twongeramo, ariko icyo dushaka kurushaho, ni uko abantu bajya ku ikoranabuhanga, nk’uko Leta ibishaka, bagakoresha telefoni n’ubundi buryo bubafasha kwishyurana bataje hano kuri banki, ibyo rero birahari.

Hari ibyo twita Mobile Banking, internet banking ku bantu bafite telephone zigezweho n’izisanzwe. Ni byo rero dushishikariza abakiriya bacu. Ku buryo iri shami twatashye rizasigara ryakira abantu bacye baje gusaba ibisobanuro, baje mu nama; ariko ibijyanye na banki bigakorerwa kuri telephone n’ikoranabuhanga.”

Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Richard Mutabazi avuga ko iki gikorwa remezo cya Banki ya Kigali, ari umusanzu mu iterambere ry’umujyi wa Nyamata.

Ati “Aho banki nk’iyi yageze usibye ibi tubona, hari n’ibindi biba bigomba guhinduka mu nkengero zayo cyangwa aho ikorera. Hari ibyo tuzakomeza kuganiraho bijyanye n’icyerekezo iyi banki ishaka, ariko n’abaturage bacu bakagira icyo bungukira kuba iyi banki ikorera muri aka Barere.”

Yakomeje agira ati “Turibwira ko kuba twatashye iyi banki uyu munsi; ku bunani u Bugesera buzaba bwaka bwose buzaba busa neza kubera ko na Banki ya Kigali isa neza.  Ntabwo bikwiye ko muri iyo minsi twaba tutarimbye kandi dufite abantu benshi barimbye bawurimo.”

Iri shami rishya rya Nyamata rije ryiyongera ku yandi 68 ya Banki ya Kigali ari mu Gihugu hose, aho iyi Banki ikomeje kwegereza ibikorwa abaturage.

Iri shami ryafunguwe ku mugaragaro
Byari ibyishimo

Kwakira abakiliya bizajya biba ari nko kwisanga
Hari icyumba cyagenewe ababyeyi
Kirimo ibikoresho byose

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 8 =

Previous Post

APR irahamya ibigwi cyangwa Kiyovu na Rayon ifite amahirwe agerwa ku mashyi zikore amateka

Next Post

IFOTO: Umunyarwenya uri mu bagezweho mu Rwanda yagaragaye mu modoka y’akataraboneka

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Umunyarwenya uri mu bagezweho mu Rwanda yagaragaye mu modoka y’akataraboneka

IFOTO: Umunyarwenya uri mu bagezweho mu Rwanda yagaragaye mu modoka y’akataraboneka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.