Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Banki ya Kigali ikomeje kuramburira amaboko abakiliya ubu yageze i Nyamata mu nyubako igezweho

radiotv10by radiotv10
27/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Banki ya Kigali ikomeje kuramburira amaboko abakiliya ubu yageze i Nyamata mu nyubako igezweho
Share on FacebookShare on Twitter

Banki ya Kigali (BK) yafunguye ishami rya gatatu mu Karere ka Bugesera, riri mu Mujyi wa Nyamata, mu rwego rwo gukomeza kwegera abaturage no kugira ngo iborohereza kubona serivisi z’iyi Banki biboroheye. Iri shami rizajya rikorera mu nyubako igezweho.

Iri shami ryafunguwe ku mugaragaro kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Gicurasi 2023, riri mu nyubako nshya yubatswe n’abacuruzi bo mu Karere ka Bugesera, hafi y’ibiro by’Akarere ka Bugesera.

Ni rimwe mu mashami macye usangamo ameza y’umukozi wakira abakiliya, wakomeza imbere ugasanga abantu bari guhabwa serivisi, ndetse harimo n’uburyo ushobora kwerekana uko wakiriye uburyo wahawemo serivisi.

Iri shami kandi ririmo n’icyumba cyahariwe ababyeyi, ndeyse n’icy’abagabo kizaboneka mu gihe cya vuba

Umwe mu bakiliya b’imena ba Banki ya Kigali ukorera mu Karere ka Bugesera, avuga ko biteze impinduka zikomeye.

Yagize ati “Uyu mujyi wacu kugira ngo ukure, ni umujyi wunganira Kigali, ni umujyi ufite ibikorwa byinshi biri kuza inaha. Ibyo byose ni ibikorwa bisaba ko abaturage bakorana na banki. Iri ni rimwe mu mashami azaba akomeye mu Gihugu. Noneho serivisi ni zo twifuza ko bazongera. Mwabonye ko umujyi uri kugenda ukura, bisaba ko hajyamo n’amafaranga ya banki. Kandi iyi ni yo banki iyoboye izindi mu Rwanda.”

Umuyobozi Mukuru muri banki ya Kigali ushinzwe ibikorwa, Desire Rumanyika avuga ko imiterere y’iri shami riri mu mujyi wa Nyamata rije kunoza imikorere y’iyi banki.

Ati “Ni gahunda n’ubundi dufite yo kongera ibyuma mwabonye hano bitanga amafaranga. Ubushize twashyizeho bibiri, birakora neza, ni bishya, ariko kubera ko babisabye, turashaka kongeraho ibindi byuma.”

Akomeza avuga koi bi byuma bitazaburamo amafaranga. Ati “Ikijyanye n’amafaranga cyo nta kibazo kirimo, kubera ko iyo amafaranga agabanutsemo twongeramo, ariko icyo dushaka kurushaho, ni uko abantu bajya ku ikoranabuhanga, nk’uko Leta ibishaka, bagakoresha telefoni n’ubundi buryo bubafasha kwishyurana bataje hano kuri banki, ibyo rero birahari.

Hari ibyo twita Mobile Banking, internet banking ku bantu bafite telephone zigezweho n’izisanzwe. Ni byo rero dushishikariza abakiriya bacu. Ku buryo iri shami twatashye rizasigara ryakira abantu bacye baje gusaba ibisobanuro, baje mu nama; ariko ibijyanye na banki bigakorerwa kuri telephone n’ikoranabuhanga.”

Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Richard Mutabazi avuga ko iki gikorwa remezo cya Banki ya Kigali, ari umusanzu mu iterambere ry’umujyi wa Nyamata.

Ati “Aho banki nk’iyi yageze usibye ibi tubona, hari n’ibindi biba bigomba guhinduka mu nkengero zayo cyangwa aho ikorera. Hari ibyo tuzakomeza kuganiraho bijyanye n’icyerekezo iyi banki ishaka, ariko n’abaturage bacu bakagira icyo bungukira kuba iyi banki ikorera muri aka Barere.”

Yakomeje agira ati “Turibwira ko kuba twatashye iyi banki uyu munsi; ku bunani u Bugesera buzaba bwaka bwose buzaba busa neza kubera ko na Banki ya Kigali isa neza.  Ntabwo bikwiye ko muri iyo minsi twaba tutarimbye kandi dufite abantu benshi barimbye bawurimo.”

Iri shami rishya rya Nyamata rije ryiyongera ku yandi 68 ya Banki ya Kigali ari mu Gihugu hose, aho iyi Banki ikomeje kwegereza ibikorwa abaturage.

Iri shami ryafunguwe ku mugaragaro
Byari ibyishimo

Kwakira abakiliya bizajya biba ari nko kwisanga
Hari icyumba cyagenewe ababyeyi
Kirimo ibikoresho byose

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

APR irahamya ibigwi cyangwa Kiyovu na Rayon ifite amahirwe agerwa ku mashyi zikore amateka

Next Post

IFOTO: Umunyarwenya uri mu bagezweho mu Rwanda yagaragaye mu modoka y’akataraboneka

Related Posts

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

IZIHERUKA

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…
MU RWANDA

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Umunyarwenya uri mu bagezweho mu Rwanda yagaragaye mu modoka y’akataraboneka

IFOTO: Umunyarwenya uri mu bagezweho mu Rwanda yagaragaye mu modoka y’akataraboneka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.