Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Banki ya Kigali ikomeje kuramburira amaboko abakiliya ubu yageze i Nyamata mu nyubako igezweho

radiotv10by radiotv10
27/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Banki ya Kigali ikomeje kuramburira amaboko abakiliya ubu yageze i Nyamata mu nyubako igezweho
Share on FacebookShare on Twitter

Banki ya Kigali (BK) yafunguye ishami rya gatatu mu Karere ka Bugesera, riri mu Mujyi wa Nyamata, mu rwego rwo gukomeza kwegera abaturage no kugira ngo iborohereza kubona serivisi z’iyi Banki biboroheye. Iri shami rizajya rikorera mu nyubako igezweho.

Iri shami ryafunguwe ku mugaragaro kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Gicurasi 2023, riri mu nyubako nshya yubatswe n’abacuruzi bo mu Karere ka Bugesera, hafi y’ibiro by’Akarere ka Bugesera.

Ni rimwe mu mashami macye usangamo ameza y’umukozi wakira abakiliya, wakomeza imbere ugasanga abantu bari guhabwa serivisi, ndetse harimo n’uburyo ushobora kwerekana uko wakiriye uburyo wahawemo serivisi.

Iri shami kandi ririmo n’icyumba cyahariwe ababyeyi, ndeyse n’icy’abagabo kizaboneka mu gihe cya vuba

Umwe mu bakiliya b’imena ba Banki ya Kigali ukorera mu Karere ka Bugesera, avuga ko biteze impinduka zikomeye.

Yagize ati “Uyu mujyi wacu kugira ngo ukure, ni umujyi wunganira Kigali, ni umujyi ufite ibikorwa byinshi biri kuza inaha. Ibyo byose ni ibikorwa bisaba ko abaturage bakorana na banki. Iri ni rimwe mu mashami azaba akomeye mu Gihugu. Noneho serivisi ni zo twifuza ko bazongera. Mwabonye ko umujyi uri kugenda ukura, bisaba ko hajyamo n’amafaranga ya banki. Kandi iyi ni yo banki iyoboye izindi mu Rwanda.”

Umuyobozi Mukuru muri banki ya Kigali ushinzwe ibikorwa, Desire Rumanyika avuga ko imiterere y’iri shami riri mu mujyi wa Nyamata rije kunoza imikorere y’iyi banki.

Ati “Ni gahunda n’ubundi dufite yo kongera ibyuma mwabonye hano bitanga amafaranga. Ubushize twashyizeho bibiri, birakora neza, ni bishya, ariko kubera ko babisabye, turashaka kongeraho ibindi byuma.”

Akomeza avuga koi bi byuma bitazaburamo amafaranga. Ati “Ikijyanye n’amafaranga cyo nta kibazo kirimo, kubera ko iyo amafaranga agabanutsemo twongeramo, ariko icyo dushaka kurushaho, ni uko abantu bajya ku ikoranabuhanga, nk’uko Leta ibishaka, bagakoresha telefoni n’ubundi buryo bubafasha kwishyurana bataje hano kuri banki, ibyo rero birahari.

Hari ibyo twita Mobile Banking, internet banking ku bantu bafite telephone zigezweho n’izisanzwe. Ni byo rero dushishikariza abakiriya bacu. Ku buryo iri shami twatashye rizasigara ryakira abantu bacye baje gusaba ibisobanuro, baje mu nama; ariko ibijyanye na banki bigakorerwa kuri telephone n’ikoranabuhanga.”

Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Richard Mutabazi avuga ko iki gikorwa remezo cya Banki ya Kigali, ari umusanzu mu iterambere ry’umujyi wa Nyamata.

Ati “Aho banki nk’iyi yageze usibye ibi tubona, hari n’ibindi biba bigomba guhinduka mu nkengero zayo cyangwa aho ikorera. Hari ibyo tuzakomeza kuganiraho bijyanye n’icyerekezo iyi banki ishaka, ariko n’abaturage bacu bakagira icyo bungukira kuba iyi banki ikorera muri aka Barere.”

Yakomeje agira ati “Turibwira ko kuba twatashye iyi banki uyu munsi; ku bunani u Bugesera buzaba bwaka bwose buzaba busa neza kubera ko na Banki ya Kigali isa neza.  Ntabwo bikwiye ko muri iyo minsi twaba tutarimbye kandi dufite abantu benshi barimbye bawurimo.”

Iri shami rishya rya Nyamata rije ryiyongera ku yandi 68 ya Banki ya Kigali ari mu Gihugu hose, aho iyi Banki ikomeje kwegereza ibikorwa abaturage.

Iri shami ryafunguwe ku mugaragaro
Byari ibyishimo

Kwakira abakiliya bizajya biba ari nko kwisanga
Hari icyumba cyagenewe ababyeyi
Kirimo ibikoresho byose

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

APR irahamya ibigwi cyangwa Kiyovu na Rayon ifite amahirwe agerwa ku mashyi zikore amateka

Next Post

IFOTO: Umunyarwenya uri mu bagezweho mu Rwanda yagaragaye mu modoka y’akataraboneka

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Umunyarwenya uri mu bagezweho mu Rwanda yagaragaye mu modoka y’akataraboneka

IFOTO: Umunyarwenya uri mu bagezweho mu Rwanda yagaragaye mu modoka y’akataraboneka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.