Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Batatu bagwiriwe n’ikirombe barimo uwasize abwiye umugore ko agiye gushaka icyo biririrwa

radiotv10by radiotv10
29/12/2023
in MU RWANDA
0
Batatu bagwiriwe n’ikirombe barimo uwasize abwiye umugore ko agiye gushaka icyo biririrwa
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu batatu bagwiriwe n’ikirombe cyo mu Murenge wa Nduba mu Karere ka Gasabo, barimo umugabo w’umugore uvuga ko yari yagiye amubwira ko agiye mu kiraka kugira ngo baze kubona ifunguro ry’amanywa, ndetse akanaribona, ariko akitaba Imana akimara kurimushyikiriza.

Aba bantu bagwiriwe n’ikirombe gicukurwamo amabuye akoreshwa mu bwubatsi kuri uyu wa Kane tariki 28 Ukuboza 2023, ubwo hagwaga akavura.

Nubwo ari batatu bagwiriwe n’ikirombe, babiri ni bo bahise baboneka bamaze kwitaba Imana, mu gihe umwe atahise aboneka ahubwo hakomeje ibikorwa byo kumushakisha.

Umugore w’umwe muri aba bagwiriwe n’ikirombe, yavuze ko umugabo we yabyutse mu gitondo amubwira ko abona ntakintu kiri mu rugo, bityo ko agiye gukora ikiraka cyo gucukura muri iki kirombe kugira ngo babone icyo biririrwa.

Uyu mugore uvuga ko byageze n’aho yohereza abana babo babiri ngo bajye kuvoma, ariko akabasaba ko baza kunyura kuri Se aho yacukuraga amabuye kugira ngo abahe amafaranga yo guhahisha.

Ati “Imvura yahise igwa ari nyinshi, ndi mu rugo jyenyine, umutima wo kuguma mu nzu birananira, ndavuga ngo reka njye kureba abana cyangwa umugabo.”

Uyu mugore avuga ko ubwo yajyaga kubareba yasanze umugabo we yaguze kawunga yo guteka, akamusaba ko bataha, ariko akamubwira ko akiri kwishyuza amafaranga yari aberewemo n’umukoresha wabo.

Ati “Ndazamuka ngeze ku nzu iri inyuma, numva ikintu kirahubutse, nari ntaragera no mu rugo, umudamu wa hano ni we wahise avuga ngo mutabare, ikirombe kigwiriye abantu.”

Ubwo ni bwo abantu bahise bakubita baruzura, ndetse n’inzego, zigerageza gukuramo abantu batatu bari barimo, ariko haboneka babiri bamaze gupfa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 13 =

Previous Post

Abarenga 1/2 babonye Ibihugu bibakira: Ibyo wamenya ku bimukira 2.000 bakiriwe n’u Rwanda

Next Post

Anne Rwigara umuvandimwe wa Diane Rwigara yitabye Imana bitunguranye muri America

Related Posts

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Anne Rwigara umuvandimwe wa Diane Rwigara yitabye Imana bitunguranye muri America

Anne Rwigara umuvandimwe wa Diane Rwigara yitabye Imana bitunguranye muri America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.