Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Batatu bagwiriwe n’ikirombe barimo uwasize abwiye umugore ko agiye gushaka icyo biririrwa

radiotv10by radiotv10
29/12/2023
in MU RWANDA
0
Batatu bagwiriwe n’ikirombe barimo uwasize abwiye umugore ko agiye gushaka icyo biririrwa
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu batatu bagwiriwe n’ikirombe cyo mu Murenge wa Nduba mu Karere ka Gasabo, barimo umugabo w’umugore uvuga ko yari yagiye amubwira ko agiye mu kiraka kugira ngo baze kubona ifunguro ry’amanywa, ndetse akanaribona, ariko akitaba Imana akimara kurimushyikiriza.

Aba bantu bagwiriwe n’ikirombe gicukurwamo amabuye akoreshwa mu bwubatsi kuri uyu wa Kane tariki 28 Ukuboza 2023, ubwo hagwaga akavura.

Nubwo ari batatu bagwiriwe n’ikirombe, babiri ni bo bahise baboneka bamaze kwitaba Imana, mu gihe umwe atahise aboneka ahubwo hakomeje ibikorwa byo kumushakisha.

Umugore w’umwe muri aba bagwiriwe n’ikirombe, yavuze ko umugabo we yabyutse mu gitondo amubwira ko abona ntakintu kiri mu rugo, bityo ko agiye gukora ikiraka cyo gucukura muri iki kirombe kugira ngo babone icyo biririrwa.

Uyu mugore uvuga ko byageze n’aho yohereza abana babo babiri ngo bajye kuvoma, ariko akabasaba ko baza kunyura kuri Se aho yacukuraga amabuye kugira ngo abahe amafaranga yo guhahisha.

Ati “Imvura yahise igwa ari nyinshi, ndi mu rugo jyenyine, umutima wo kuguma mu nzu birananira, ndavuga ngo reka njye kureba abana cyangwa umugabo.”

Uyu mugore avuga ko ubwo yajyaga kubareba yasanze umugabo we yaguze kawunga yo guteka, akamusaba ko bataha, ariko akamubwira ko akiri kwishyuza amafaranga yari aberewemo n’umukoresha wabo.

Ati “Ndazamuka ngeze ku nzu iri inyuma, numva ikintu kirahubutse, nari ntaragera no mu rugo, umudamu wa hano ni we wahise avuga ngo mutabare, ikirombe kigwiriye abantu.”

Ubwo ni bwo abantu bahise bakubita baruzura, ndetse n’inzego, zigerageza gukuramo abantu batatu bari barimo, ariko haboneka babiri bamaze gupfa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Abarenga 1/2 babonye Ibihugu bibakira: Ibyo wamenya ku bimukira 2.000 bakiriwe n’u Rwanda

Next Post

Anne Rwigara umuvandimwe wa Diane Rwigara yitabye Imana bitunguranye muri America

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Anne Rwigara umuvandimwe wa Diane Rwigara yitabye Imana bitunguranye muri America

Anne Rwigara umuvandimwe wa Diane Rwigara yitabye Imana bitunguranye muri America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.