Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bigomba guhagarara-Perezida Kagame yatanze umurongo ntarengwa ku bimaze iminsi by’abica abarokotse Jenoside

radiotv10by radiotv10
12/12/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Bigomba guhagarara-Perezida Kagame yatanze umurongo ntarengwa ku bimaze iminsi by’abica abarokotse Jenoside
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko bitari bikwiye ko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, banabuze ubutabera igihe kinini, bakongera kugirirwa nabi muri iki gihe, avuga ko bigomba guhagarara kandi ubutabera n’amategeko bikabigiramo uruhare, kuko bitabikoze, hakora ibindi.

Umukuru w’Igihugu yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 12 Ukuboza 2024 ubwo yakiraga indahiro za Perezida mushya w’Urukiko rw’Ikirenga, Domitilla Mukantaganzwa na Visi Perezida mushya Hitiyaremye Alphonse.

Perezida Kagame yaboneyeho gushimira abo basimbuye, Dr Ntezilyayo Faustin wari Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga na Visi Perezida, Marie-Thérèse Mukamulisa; barangije manda yabo.

Ati “Ndabashimiye cyane, mwakoze akazi keza […] Ngira ngo ibibazo byabaye cyangwa biriho ubu dukomeza gushaka gukemura, ntako mutagerageje ngo na byo bishobore gukemuka, abagiyeho bashya na bo barabyumva ko bakwiye gukomereza muri iyo nzira ndetse bagatera indi ntambwe ijyanye n’igihe tugezemo.”

Yakomeje agaruka ku mateka y’u Rwanda arimo kuba iki Gihugu cyarabuzemo ubutabera, aho ubutegetsi bwariho bwimakaje Politiki y’ivangura.

Ati “Ubutabera mu Gihugu cyacu bwagenze nabi cyane imyaka myinshi ariko cyane cyane bishingira kuri politiki ndetse bivamo abantu kutumvikana no kwicana, ariko aho tujya na byo bimaze kumvikana igihe kirekire ni ahandi, kandi ni ngombwa, ni ngombwa ku buryo ibyo dusaba abantu ni ukubyumva gutyo bagakurikiza ibyo byo kubana gutyo, bagakurikiza ubutabera n’amategeko tugomba kwisangamo.”

Perezida Paul Kagame yavuze ko abantu bakwiye kubana neza bakumva ko bose bareshya, kandi ko ibi bigomba guherekezwa bikanashimangirwa n’ubutabera n’amategeko.

Ati “Ndagira ngo rwose bibe byagarukira aho ngaho, bibe byagrukira ko abantu baharanira kubana neza, kuko twese turi ibirembwa, turareshya. Kureshya mvuga ni mu burenganzira buri wese afite, ntawe usumba und mu burenganzira.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko kuba byagarukira aha, ari uko yifuza ko ubutabera bwananirwa guha abantu ubu burenganzira bwo kuba bareshya, aho kugira ngo habe habaho ubundi buryo.

Ati “Nta bundi buryo bukwiriye kuba busimbura Ubutabera, ariko aho ubutabera butari, aho budakoze, ibindi birakorwa.”

Yavuze ko muri aya mateka mabi yabayeho mu Rwanda, abantu bose batabonye ubutabera bari bakwiye, ariko ko hari ababuze kurusha abandi, byanatumye aya mateka abaho.

Ati “Kuba uyu munsi hagishobora kuboneka abantu bafite ibitekerezo byo kudusubiza aho, icyo gihe amategeko, ubutabera bugomba gukoreshwa, nibudakoreshwa n’ibindi bizakoreshwa. Ibyo bigomba guhagarara. Kwica abantu n’ubundi babuze ubutabera n’ubundi mu gihe cyose barabuze n’ubuzima, hakabaho na Politiki yaganisha ahongabo, ishaka kugirira nabi abantu barokotse bakabasanga mu ngo zabo bakabica, amategeko agomba gukora, nadakora hazakora ibindi. Ibyo kandi ndabyatuye ndabibabwiye, buri wese anyumve. Bigomba guhagarara.”

Perezida Kagame avuga ko bitari bikwiye ko abantu bongera kwicwa

Ntabwo turi ubusa

Perezida Kagame kandi yagarutse ku banyapolitiki yaba abari imbere mu Gihugu no hanze yacyo ndetse n’amahanga babashyigikiye bakomeje gukinisha aya mateka yabayeho mu Rwanda bakavuga ukundi, na bo bakwiye kubihagarika.

Ati “Bisa n’aho bagiye kubigira ubusa. Ntabwo turi ubusa, ntabwo ubutabera bwacu buriho ari ubusa, nta politiki yahindura ubutabera ubusa.”

Nanone ku bakoresha nabi ububasha bahabwa n’amategeko, bagashaka kwigwizaho umutungo ubundi w’Abanyarwanda bose, Umukuru w’Igihugu yabasabye kubihagarika.

Ati “Kandi nta bundi buryo bwiza bwo kubihagarika bitanyuze mu butabera, bitanyuze mu mategeko. Ibyo byo sinirirwa nkomeza ngo mvuge ko n’ubundi buryo bwakoreshwa, kuko ndibwira ko amategeko, ubutabera dufite, bikoze neza bishobora kubiturangiriza.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko buri wese asubije amaso inyuma akareba aho Igihugu kivuye, n’aho kigeze ubu, yabona ko aho abantu bagana ari kure kandi bagaharanira kuhagera vuba, kandi ko inzira zo kuhagera nta zindi ari uguhagarika iyi mico mibi.

Domitilla Mukantaganzwa yarahiye
Na Hitiyaremye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × one =

Previous Post

Perezida mushya w’Urukiko rw’Ikirenga yahaye isezerano Umukuru w’u Rwanda n’Abanyarwanda

Next Post

Menya abakinnyi bahamagawe mu ikipe y’Igihugu Amavubi barimo abatayiherugamo

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya abakinnyi bahamagawe mu ikipe y’Igihugu Amavubi barimo abatayiherugamo

Menya abakinnyi bahamagawe mu ikipe y’Igihugu Amavubi barimo abatayiherugamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.