Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bigomba guhagarara-Perezida Kagame yatanze umurongo ntarengwa ku bimaze iminsi by’abica abarokotse Jenoside

radiotv10by radiotv10
12/12/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Bigomba guhagarara-Perezida Kagame yatanze umurongo ntarengwa ku bimaze iminsi by’abica abarokotse Jenoside
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko bitari bikwiye ko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, banabuze ubutabera igihe kinini, bakongera kugirirwa nabi muri iki gihe, avuga ko bigomba guhagarara kandi ubutabera n’amategeko bikabigiramo uruhare, kuko bitabikoze, hakora ibindi.

Umukuru w’Igihugu yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 12 Ukuboza 2024 ubwo yakiraga indahiro za Perezida mushya w’Urukiko rw’Ikirenga, Domitilla Mukantaganzwa na Visi Perezida mushya Hitiyaremye Alphonse.

Perezida Kagame yaboneyeho gushimira abo basimbuye, Dr Ntezilyayo Faustin wari Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga na Visi Perezida, Marie-Thérèse Mukamulisa; barangije manda yabo.

Ati “Ndabashimiye cyane, mwakoze akazi keza […] Ngira ngo ibibazo byabaye cyangwa biriho ubu dukomeza gushaka gukemura, ntako mutagerageje ngo na byo bishobore gukemuka, abagiyeho bashya na bo barabyumva ko bakwiye gukomereza muri iyo nzira ndetse bagatera indi ntambwe ijyanye n’igihe tugezemo.”

Yakomeje agaruka ku mateka y’u Rwanda arimo kuba iki Gihugu cyarabuzemo ubutabera, aho ubutegetsi bwariho bwimakaje Politiki y’ivangura.

Ati “Ubutabera mu Gihugu cyacu bwagenze nabi cyane imyaka myinshi ariko cyane cyane bishingira kuri politiki ndetse bivamo abantu kutumvikana no kwicana, ariko aho tujya na byo bimaze kumvikana igihe kirekire ni ahandi, kandi ni ngombwa, ni ngombwa ku buryo ibyo dusaba abantu ni ukubyumva gutyo bagakurikiza ibyo byo kubana gutyo, bagakurikiza ubutabera n’amategeko tugomba kwisangamo.”

Perezida Paul Kagame yavuze ko abantu bakwiye kubana neza bakumva ko bose bareshya, kandi ko ibi bigomba guherekezwa bikanashimangirwa n’ubutabera n’amategeko.

Ati “Ndagira ngo rwose bibe byagarukira aho ngaho, bibe byagrukira ko abantu baharanira kubana neza, kuko twese turi ibirembwa, turareshya. Kureshya mvuga ni mu burenganzira buri wese afite, ntawe usumba und mu burenganzira.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko kuba byagarukira aha, ari uko yifuza ko ubutabera bwananirwa guha abantu ubu burenganzira bwo kuba bareshya, aho kugira ngo habe habaho ubundi buryo.

Ati “Nta bundi buryo bukwiriye kuba busimbura Ubutabera, ariko aho ubutabera butari, aho budakoze, ibindi birakorwa.”

Yavuze ko muri aya mateka mabi yabayeho mu Rwanda, abantu bose batabonye ubutabera bari bakwiye, ariko ko hari ababuze kurusha abandi, byanatumye aya mateka abaho.

Ati “Kuba uyu munsi hagishobora kuboneka abantu bafite ibitekerezo byo kudusubiza aho, icyo gihe amategeko, ubutabera bugomba gukoreshwa, nibudakoreshwa n’ibindi bizakoreshwa. Ibyo bigomba guhagarara. Kwica abantu n’ubundi babuze ubutabera n’ubundi mu gihe cyose barabuze n’ubuzima, hakabaho na Politiki yaganisha ahongabo, ishaka kugirira nabi abantu barokotse bakabasanga mu ngo zabo bakabica, amategeko agomba gukora, nadakora hazakora ibindi. Ibyo kandi ndabyatuye ndabibabwiye, buri wese anyumve. Bigomba guhagarara.”

Perezida Kagame avuga ko bitari bikwiye ko abantu bongera kwicwa

Ntabwo turi ubusa

Perezida Kagame kandi yagarutse ku banyapolitiki yaba abari imbere mu Gihugu no hanze yacyo ndetse n’amahanga babashyigikiye bakomeje gukinisha aya mateka yabayeho mu Rwanda bakavuga ukundi, na bo bakwiye kubihagarika.

Ati “Bisa n’aho bagiye kubigira ubusa. Ntabwo turi ubusa, ntabwo ubutabera bwacu buriho ari ubusa, nta politiki yahindura ubutabera ubusa.”

Nanone ku bakoresha nabi ububasha bahabwa n’amategeko, bagashaka kwigwizaho umutungo ubundi w’Abanyarwanda bose, Umukuru w’Igihugu yabasabye kubihagarika.

Ati “Kandi nta bundi buryo bwiza bwo kubihagarika bitanyuze mu butabera, bitanyuze mu mategeko. Ibyo byo sinirirwa nkomeza ngo mvuge ko n’ubundi buryo bwakoreshwa, kuko ndibwira ko amategeko, ubutabera dufite, bikoze neza bishobora kubiturangiriza.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko buri wese asubije amaso inyuma akareba aho Igihugu kivuye, n’aho kigeze ubu, yabona ko aho abantu bagana ari kure kandi bagaharanira kuhagera vuba, kandi ko inzira zo kuhagera nta zindi ari uguhagarika iyi mico mibi.

Domitilla Mukantaganzwa yarahiye
Na Hitiyaremye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 6 =

Previous Post

Perezida mushya w’Urukiko rw’Ikirenga yahaye isezerano Umukuru w’u Rwanda n’Abanyarwanda

Next Post

Menya abakinnyi bahamagawe mu ikipe y’Igihugu Amavubi barimo abatayiherugamo

Related Posts

Bahawe imbuto nshya bayitezeho umusaruro utubutse none ngo irarutwa n’iya mbere

Bahawe imbuto nshya bayitezeho umusaruro utubutse none ngo irarutwa n’iya mbere

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’umuceri bahinga mu gishanga cya Rwasave, giherereye mu Karere ka Gisagara gihana imbibi n’aka Huye, baravuga ko...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Bahawe imbuto nshya bayitezeho umusaruro utubutse none ngo irarutwa n’iya mbere
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe imbuto nshya bayitezeho umusaruro utubutse none ngo irarutwa n’iya mbere

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya abakinnyi bahamagawe mu ikipe y’Igihugu Amavubi barimo abatayiherugamo

Menya abakinnyi bahamagawe mu ikipe y’Igihugu Amavubi barimo abatayiherugamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe imbuto nshya bayitezeho umusaruro utubutse none ngo irarutwa n’iya mbere

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.