Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bite by’ikibazo Abamotari babwiye Perezida akizezwa na Minisitiri ko kizakemuka mu mezi abiri hakaba hashize umwaka?

radiotv10by radiotv10
29/03/2024
in MU RWANDA
0
Bite by’ikibazo Abamotari babwiye Perezida akizezwa na Minisitiri ko kizakemuka mu mezi abiri hakaba hashize umwaka?
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’umwaka umwe n’igice Minisitiri w’Ibikora Remezo yemereye Umukuru w’Igihugu ko Guverinoma igiye gukemura ikibazo cy’ubwishingizi bw’Abamotari buhanitse mu gihe kitarenze amezi abiri; byatangajwe ko ubu itegeko ryamaze kunozwa.

Mu kwezi kwa Kanama (8) 2022 ubwo Perezida Paul Kagame yasuraga abaturage mu Karere ka Ruhango, mu bibazo yakirijwe harimo n’icy’ibiciro bw’ubwishingizi bwa moto bwari bumaze iminsi butumbagijwe.

Bizimana Pierre wavugaga ko akora akazi ko gutwara abagezni kuri moto, mu kibazo yavuganye ikiniga imbere y’Umukuru w’Igihugu, yavuze ibibazo bifitwe n’Abamotari ariko yitsa cyane ku cy’ubwishingizi.

Icyo gihe yagize ati “Njyewe ndakikubwira nkanjye nk’umuntu usanzwe ukora uwo mwuga. Dufite ikibazo cy’ubwishingizi buhenze cyane, ku buryo moto yanjye nyishyurira ubwishingizi bw’ibihumbi 165 Frw. Twishyura ibintu byinshi ku buryo utabona amafaranga yo kugura umwenda cyangwa kurihira umwana ishuri. Turabasaba kugira ngo ikibazo cyacu kibe icyanyu mukidukurikiranire.”

Muri ako kanya, Dr Nsabimana Erneste wari Minisitiri w’Ibikorwa Remezo yabwiye Umukuru w’Igihugu ko iki kibazo cyagombaga kurangira mu mezi abiri yonyine.

Na we yari yagize ati “Icyo kibazo avuze ni cyo, ariko inzego zirimo ziragikurikirana, mu gihe kitarenze amezi abiri kiraba cyakemutse.”

Uwabajije iki Kibazo Umukuru w’Igihugu yahise agaruka mu mvugo isa n’igaragaza ko afitiye icyizere Perezida Kagame wenyine kuko ari we ujya akemura ibibazo nk’ibi.

Yari yongeye agira ati “Ikintu gitumye mpagarara hano ni ukubashimira kubera ko mubashije kucyumva. Twararenganye rwose; Nyakubahwa; muzakurikirane ko iki kibazo babashije kugikemura kuko twaragowe.”

Mbere y’uko uyu muturage abaza Perezida Kagame iki kibazo, muri Nzeri 2021; nyuma y’amezi ane ubwo bwishingizi buvugisha abakora uyu mwaga; Ngarambe Daniel wayoroga iryari Ihuriro ry’amakoperative y’abamotari mu Rwanda, yari yabwiye RADIOTV10 ko Banki Nkuru y’u Rwanda iri mu bari kugishakira igisubizo.

Icyo gihe Niyonizeye Bilme wari umuyobozi w’agateganyo w’ishami rishinzqwe ubwishingizi muri BNR na we yari yemeye ko iyi Banki koko iri kuvugutira umuti iki kibazo.

Yari yagize ati “Banki Nkuru yakoresheje inyigo igamije kureba igiciro gikwiye ku bwishingi bw’ibinyabiziga mu byiciro byose, ubwo n’icyo cya moto kizazamo.”

Gusa abakora umwuga wo gutwara abantu kuri Moto, baracyarira ayo kwarika kubera ibiciro by’ubwishingizi bigihanitse, nk’uko bamwe babibwiye RADIOTV10.

Umwe yagize ati “Ubwishingizi bw’ibinyabiziga bwarazamutse cyane, kandi ibintu byarahenze. Ni yo mpamvu usanga umumotari nta cyangombwa na kimwe afite.”

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangambwa yavuze ko kugeza ubu hari ikiri gukorwa kuri izi mpungenge z’abamotari, kandi ko bigeze kure.

Yagize ati “Guhera muri 2018 bazamura bwa mbere; ni bwo bagerageje gushyiraho ibiciro bijyanye n’ibyo bishingira uko bimeze. Ibyuma bakoresha imodoka byarazamutse, ubuvuzi bw’iyo umuntu yakomeretse byarazamutse; ibyo byose bijya mu giciro bakwaka iyo ugiye gushinganisha ikinyabiziga cyawe. Itegeko icyo ryagombaga gufasha ni ugufasha kugabanya amafaranga abantu basaba iyo habaye impanuka. Uyu munsi riri muri Leta ritegereje ko Leta iryemeza ikarijyana mu Nteko.”

Banki Nkuru y’u Rwanda kandi ivuga ko urwego rw’ubwishingizi muri rusange ruhagaze neza, icyakora ikavuga ko kuva muri 2019 kugeza muri 2023 ubwishingizi bw’ibinyabiziga bwakoreye mu bihombo biri hagati ya miliyari 1 kugeza kuri miliyari 4 Frw.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 8 =

Previous Post

Gen.Alex Kagame yagaragarije Ambasaderi w’u Rwanda muri Mozambique ishusho y’ibikorwa bya RDF i CaboDelgado

Next Post

Umuvugabutumwa uzwi mu Rwanda yavuze ibimubaho bimutungura nyuma y’uko afunguwe

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuvugabutumwa uzwi mu Rwanda yavuze ibimubaho bimutungura nyuma y’uko afunguwe

Umuvugabutumwa uzwi mu Rwanda yavuze ibimubaho bimutungura nyuma y’uko afunguwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.