Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bitewe n’urukundo dukunda Umukandida wacu n’urwo adukunda twumva aho yajya twajyayo-Abanyamuryango ba FPR i Nyarugunga

radiotv10by radiotv10
09/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Bitewe n’urukundo dukunda Umukandida wacu n’urwo adukunda twumva aho yajya twajyayo-Abanyamuryango ba FPR i Nyarugunga
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro, bavuga ko urukundo bakunda Umukandida w’uyu Muryango, Paul Kagame, rutuma bumva bagomba kujya bamuherekeza aho yiyamamariza hose, ariko na bo barimbanyije imyiteguro yo kuzamwakirana ubwuzu i Gahanda.

Ni nyuma y’uko mu mpera z’icyumweru gishize, Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro, bagaragaye mu Turere twa Nyagatare na Kayonza, baherekeje Umukandida w’Umuryango FPR-Inkotanyi, Paul Kagame.

Monique Tumukunde, Chairperson wa FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro, avuga ko bakomeje guherekeza Umukandida wabo kubera urukundo bamukunda kandi n’urwo na we akunda Abanyarwanda.

Ati “Bitewe n’urukundo dukunda Umukandida wacu, bitewe n’urukundo dukunda Umuryango FPR-Inkotanyi, byaduhagurukije turi benshi, tuva mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro kugira ngo tuze gushyigikira Umukandida wacu.”

Arongera ati “Bitewe n’urukundo dukunda Umukandida wacu, bitewe n’Urukundo na we adukunda, bitewe n’urugwiro atwereka n’urwo natwe twifuza kumwereka, dushaka kugira ngo tumuherekeze aho agiye hose kugira ngo tumwereke urukundo tumukunda.”

Tumukunde akomeza avuga ko ibyo Umukandida wa FPR-Inkotanyi yakoreye Abanyarwanda, bibaha umukoro wo kumva ko na bo ntacyo batamukorera, ku buryo kumuherecyeza aho agiye kwiyamamaza baba bumva ari nk’igitonyanga mu nyanja mu byo bifuza gukora kugira ngo bamugaragarize urukundo bamukunda.

Ati “Nyakubahwa Chairman wacu turamukunda, Nyakubahwa Chairman wacu aho yajya hose twumva twajyayo, ari ibishoboka aho yaba ari twaba turiyo bitewe n’urukundo tumukunda.”

Akomeza avuga ko ubushobozi bwabafashije kwerecyeza mu Ntara y’Iburasirazuba bwaturutse mu banyamuryango babo bo mu Murenge wa Nyarugunga, kandi ko baba babutanze batiganyira kuko buri wese afitiye urukundo umukandida wabo, Paul Kagame.

Tumukunde vuga ko by’umwihariko ubu bakomeje kwitegura na bo kuzakira Umukandida wa FPR-Inkotanyi, Nyakubabwa Paul Kagame ubwo azaba ari gusoza ibikorwa byo kwiyamamaza akazaba ari i Gahanda mu Karere ka Kicukiro.

Ati “Abanyamuryango bariteguye bihagije, abanyamuryango barimo baritoza, bari kwishyira hamwe. Igihe tuzaba turi hariya tuzagaragaza urukundo rwacu ku Mukandida wacu ku rwego ruhanitse.”

Tumukunde avuga ko Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Murenge wa Nyarugunga bafite byinshi byo gushimira Paul Kagame, ndetse ko biteguye kuzagaragaza bimwe ubwo baza bamwakiriye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × four =

Previous Post

Trump Attends the Return of the Remains of the Navy SEAL Who Died in Yemen

Next Post

Ngororero: Haravugwa inkuru y’akababaro y’abantu bakubiswe n’inkuba bitunguranye

Related Posts

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

by radiotv10
30/06/2025
0

The Government of Rwanda says it is optimistic about the new peace agreement recently signed with the Democratic Republic of...

IZIHERUKA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda
AMAHANGA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngororero: Haravugwa inkuru y’akababaro y’abantu bakubiswe n’inkuba bitunguranye

Ngororero: Haravugwa inkuru y’akababaro y’abantu bakubiswe n’inkuba bitunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.