Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bitewe n’urukundo dukunda Umukandida wacu n’urwo adukunda twumva aho yajya twajyayo-Abanyamuryango ba FPR i Nyarugunga

radiotv10by radiotv10
09/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Bitewe n’urukundo dukunda Umukandida wacu n’urwo adukunda twumva aho yajya twajyayo-Abanyamuryango ba FPR i Nyarugunga
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro, bavuga ko urukundo bakunda Umukandida w’uyu Muryango, Paul Kagame, rutuma bumva bagomba kujya bamuherekeza aho yiyamamariza hose, ariko na bo barimbanyije imyiteguro yo kuzamwakirana ubwuzu i Gahanda.

Ni nyuma y’uko mu mpera z’icyumweru gishize, Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro, bagaragaye mu Turere twa Nyagatare na Kayonza, baherekeje Umukandida w’Umuryango FPR-Inkotanyi, Paul Kagame.

Monique Tumukunde, Chairperson wa FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro, avuga ko bakomeje guherekeza Umukandida wabo kubera urukundo bamukunda kandi n’urwo na we akunda Abanyarwanda.

Ati “Bitewe n’urukundo dukunda Umukandida wacu, bitewe n’urukundo dukunda Umuryango FPR-Inkotanyi, byaduhagurukije turi benshi, tuva mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro kugira ngo tuze gushyigikira Umukandida wacu.”

Arongera ati “Bitewe n’urukundo dukunda Umukandida wacu, bitewe n’Urukundo na we adukunda, bitewe n’urugwiro atwereka n’urwo natwe twifuza kumwereka, dushaka kugira ngo tumuherekeze aho agiye hose kugira ngo tumwereke urukundo tumukunda.”

Tumukunde akomeza avuga ko ibyo Umukandida wa FPR-Inkotanyi yakoreye Abanyarwanda, bibaha umukoro wo kumva ko na bo ntacyo batamukorera, ku buryo kumuherecyeza aho agiye kwiyamamaza baba bumva ari nk’igitonyanga mu nyanja mu byo bifuza gukora kugira ngo bamugaragarize urukundo bamukunda.

Ati “Nyakubahwa Chairman wacu turamukunda, Nyakubahwa Chairman wacu aho yajya hose twumva twajyayo, ari ibishoboka aho yaba ari twaba turiyo bitewe n’urukundo tumukunda.”

Akomeza avuga ko ubushobozi bwabafashije kwerecyeza mu Ntara y’Iburasirazuba bwaturutse mu banyamuryango babo bo mu Murenge wa Nyarugunga, kandi ko baba babutanze batiganyira kuko buri wese afitiye urukundo umukandida wabo, Paul Kagame.

Tumukunde vuga ko by’umwihariko ubu bakomeje kwitegura na bo kuzakira Umukandida wa FPR-Inkotanyi, Nyakubabwa Paul Kagame ubwo azaba ari gusoza ibikorwa byo kwiyamamaza akazaba ari i Gahanda mu Karere ka Kicukiro.

Ati “Abanyamuryango bariteguye bihagije, abanyamuryango barimo baritoza, bari kwishyira hamwe. Igihe tuzaba turi hariya tuzagaragaza urukundo rwacu ku Mukandida wacu ku rwego ruhanitse.”

Tumukunde avuga ko Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Murenge wa Nyarugunga bafite byinshi byo gushimira Paul Kagame, ndetse ko biteguye kuzagaragaza bimwe ubwo baza bamwakiriye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + three =

Previous Post

Trump Attends the Return of the Remains of the Navy SEAL Who Died in Yemen

Next Post

Ngororero: Haravugwa inkuru y’akababaro y’abantu bakubiswe n’inkuba bitunguranye

Related Posts

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngororero: Haravugwa inkuru y’akababaro y’abantu bakubiswe n’inkuba bitunguranye

Ngororero: Haravugwa inkuru y’akababaro y’abantu bakubiswe n’inkuba bitunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.