Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bitewe n’urukundo dukunda Umukandida wacu n’urwo adukunda twumva aho yajya twajyayo-Abanyamuryango ba FPR i Nyarugunga

radiotv10by radiotv10
09/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Bitewe n’urukundo dukunda Umukandida wacu n’urwo adukunda twumva aho yajya twajyayo-Abanyamuryango ba FPR i Nyarugunga
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro, bavuga ko urukundo bakunda Umukandida w’uyu Muryango, Paul Kagame, rutuma bumva bagomba kujya bamuherekeza aho yiyamamariza hose, ariko na bo barimbanyije imyiteguro yo kuzamwakirana ubwuzu i Gahanda.

Ni nyuma y’uko mu mpera z’icyumweru gishize, Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro, bagaragaye mu Turere twa Nyagatare na Kayonza, baherekeje Umukandida w’Umuryango FPR-Inkotanyi, Paul Kagame.

Monique Tumukunde, Chairperson wa FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro, avuga ko bakomeje guherekeza Umukandida wabo kubera urukundo bamukunda kandi n’urwo na we akunda Abanyarwanda.

Ati “Bitewe n’urukundo dukunda Umukandida wacu, bitewe n’urukundo dukunda Umuryango FPR-Inkotanyi, byaduhagurukije turi benshi, tuva mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro kugira ngo tuze gushyigikira Umukandida wacu.”

Arongera ati “Bitewe n’urukundo dukunda Umukandida wacu, bitewe n’Urukundo na we adukunda, bitewe n’urugwiro atwereka n’urwo natwe twifuza kumwereka, dushaka kugira ngo tumuherekeze aho agiye hose kugira ngo tumwereke urukundo tumukunda.”

Tumukunde akomeza avuga ko ibyo Umukandida wa FPR-Inkotanyi yakoreye Abanyarwanda, bibaha umukoro wo kumva ko na bo ntacyo batamukorera, ku buryo kumuherecyeza aho agiye kwiyamamaza baba bumva ari nk’igitonyanga mu nyanja mu byo bifuza gukora kugira ngo bamugaragarize urukundo bamukunda.

Ati “Nyakubahwa Chairman wacu turamukunda, Nyakubahwa Chairman wacu aho yajya hose twumva twajyayo, ari ibishoboka aho yaba ari twaba turiyo bitewe n’urukundo tumukunda.”

Akomeza avuga ko ubushobozi bwabafashije kwerecyeza mu Ntara y’Iburasirazuba bwaturutse mu banyamuryango babo bo mu Murenge wa Nyarugunga, kandi ko baba babutanze batiganyira kuko buri wese afitiye urukundo umukandida wabo, Paul Kagame.

Tumukunde vuga ko by’umwihariko ubu bakomeje kwitegura na bo kuzakira Umukandida wa FPR-Inkotanyi, Nyakubabwa Paul Kagame ubwo azaba ari gusoza ibikorwa byo kwiyamamaza akazaba ari i Gahanda mu Karere ka Kicukiro.

Ati “Abanyamuryango bariteguye bihagije, abanyamuryango barimo baritoza, bari kwishyira hamwe. Igihe tuzaba turi hariya tuzagaragaza urukundo rwacu ku Mukandida wacu ku rwego ruhanitse.”

Tumukunde avuga ko Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Murenge wa Nyarugunga bafite byinshi byo gushimira Paul Kagame, ndetse ko biteguye kuzagaragaza bimwe ubwo baza bamwakiriye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 2 =

Previous Post

Trump Attends the Return of the Remains of the Navy SEAL Who Died in Yemen

Next Post

Ngororero: Haravugwa inkuru y’akababaro y’abantu bakubiswe n’inkuba bitunguranye

Related Posts

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

IZIHERUKA

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho
IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

19/01/2026
Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngororero: Haravugwa inkuru y’akababaro y’abantu bakubiswe n’inkuba bitunguranye

Ngororero: Haravugwa inkuru y’akababaro y’abantu bakubiswe n’inkuba bitunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Simple Habits That Improve Digestion

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.