• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Bitunguranye umunyabigwi wari uhanzwe amaso mu bahatanira kuyobora ruhago muri Congo yakuyemo kandidatire

radiotv10by radiotv10
03/05/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Bitunguranye umunyabigwi wari uhanzwe amaso mu bahatanira kuyobora ruhago muri Congo yakuyemo kandidatire
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyabigwi Shabani Nonda wari mu bakandida 9 bahatanira kuyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FECOFA), yakuyemo kandidatire ye ku mpamvu yise ize bwite.

Mu ibaruwa yandikiye abafana n’abakunzi ba ruhago muri Kongo, uyu munyabigwi wahoze ari rutahizamu w’ikipe y’igihugu n’andi makipe menshi nka AS Monaco yanditse ati “Mbabajwe cyane no kubamenyesha ko nikuye mu kwiyamamariza kuyobora FECOFA.”

Nonda yashimiye abamushyigikiye kuva yatangira uru rugendo aho yagize ati “Ndashimira itsinda ryanjye ryari rishinzwe ibikorwa byo kwiyamamaza, inshuti zanjye n’abantu bose bizeye uyu mushinga. Gukorera umupira w’amaguru wa Kongo bizakomeza kuba intego yanjye, nzakomeza kuwuteza imbere mu buryo bwanjye.”

Uku kwivana mu bakandida kwabaye nyuma y’amasaha make komisiyo y’amatora ya FECOFA ifashe umwanzuro wo gutesha agaciro kandidatire ye, ivuga ko dosiye ye itujuje ibisabwa bimwe by’ingenzi.

Nonda n’abandi bakandida 5 barimo abakomeye bari basabwe kuzuza ibyangombwa byabo bibura , mbere yuko hasohorwa urutonde rwa nyuma rw’abakandida bemewe , urutonde ruzajya hanze kuya 11 Gicurasi 2026.

Ntibiramenyekana niba Nonda Shabani azashyigikira undi mukandida, kuko kugeza ubu ataragira icyo abitangazaho.

Uku kwivana mu matora kuragaragaza ko aya matora azaba kuya 20 Gicurasi ageze ahakomeye kandi ari gukurikirwa cyane.

Hari abagaragaje ko ugukuramo kandidatire kwa Nonda Shabani bifitanye isano no guharurira inzira umukandida Véron Mosengo Omba bivugwa ko yatanzwe na Perezida w’Igihugu Félix Antoine Tshisekedi.

Nonda yafatwaga nk’ushobora guhangana na Véron Mosengo kuko akunzwe cyane muri Kongo nk’uwakanyujijeho kandi wabaga cyane muri ruhago y’iki Gihugu.

Shabani Nonda

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − six =

Previous Post

Imibonano mpuzabitsina ishimisha nde cyane hagati y’umugabo n’umugore

Next Post

How Rwandan youth are making money online

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
How Rwandan youth are making money online

How Rwandan youth are making money online

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.