Sunday, May 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Bitunguranye umunyabigwi wari uhanzwe amaso mu bahatanira kuyobora ruhago muri Congo yakuyemo kandidatire

radiotv10by radiotv10
03/05/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Bitunguranye umunyabigwi wari uhanzwe amaso mu bahatanira kuyobora ruhago muri Congo yakuyemo kandidatire
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyabigwi Shabani Nonda wari mu bakandida 9 bahatanira kuyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FECOFA), yakuyemo kandidatire ye ku mpamvu yise ize bwite.

Mu ibaruwa yandikiye abafana n’abakunzi ba ruhago muri Kongo, uyu munyabigwi wahoze ari rutahizamu w’ikipe y’igihugu n’andi makipe menshi nka AS Monaco yanditse ati “Mbabajwe cyane no kubamenyesha ko nikuye mu kwiyamamariza kuyobora FECOFA.”

Nonda yashimiye abamushyigikiye kuva yatangira uru rugendo aho yagize ati “Ndashimira itsinda ryanjye ryari rishinzwe ibikorwa byo kwiyamamaza, inshuti zanjye n’abantu bose bizeye uyu mushinga. Gukorera umupira w’amaguru wa Kongo bizakomeza kuba intego yanjye, nzakomeza kuwuteza imbere mu buryo bwanjye.”

Uku kwivana mu bakandida kwabaye nyuma y’amasaha make komisiyo y’amatora ya FECOFA ifashe umwanzuro wo gutesha agaciro kandidatire ye, ivuga ko dosiye ye itujuje ibisabwa bimwe by’ingenzi.

Nonda n’abandi bakandida 5 barimo abakomeye bari basabwe kuzuza ibyangombwa byabo bibura , mbere yuko hasohorwa urutonde rwa nyuma rw’abakandida bemewe , urutonde ruzajya hanze kuya 11 Gicurasi 2026.

Ntibiramenyekana niba Nonda Shabani azashyigikira undi mukandida, kuko kugeza ubu ataragira icyo abitangazaho.

Uku kwivana mu matora kuragaragaza ko aya matora azaba kuya 20 Gicurasi ageze ahakomeye kandi ari gukurikirwa cyane.

Hari abagaragaje ko ugukuramo kandidatire kwa Nonda Shabani bifitanye isano no guharurira inzira umukandida Véron Mosengo Omba bivugwa ko yatanzwe na Perezida w’Igihugu Félix Antoine Tshisekedi.

Nonda yafatwaga nk’ushobora guhangana na Véron Mosengo kuko akunzwe cyane muri Kongo nk’uwakanyujijeho kandi wabaga cyane muri ruhago y’iki Gihugu.

Shabani Nonda

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =

Previous Post

Imibonano mpuzabitsina ishimisha nde cyane hagati y’umugabo n’umugore

Related Posts

Abitabiriye CAVB Men’s Club Championship basuye Urwibutso rwa Gisozi birebera amateka y’ibyabaye mu Rwanda

Abitabiriye CAVB Men’s Club Championship basuye Urwibutso rwa Gisozi birebera amateka y’ibyabaye mu Rwanda

by radiotv10
29/04/2026
0

Abagize itsinda ry’abayobozi, abatoza, abasifuzi mpuzamahanga n’abaherekeje amakipe yitabiriye Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, CAVB Men’s Club Championship 2026,...

Impaka ziyongereye ku bakandida barimo umunyabigwi Shabani Nonda bahatanira kuyobora ruhago ya Congo

Impaka ziyongereye ku bakandida barimo umunyabigwi Shabani Nonda bahatanira kuyobora ruhago ya Congo

by radiotv10
27/04/2026
0

Mu gihe habura iminsi itageze ku kwezi ngo muri Repubulika Ndemokarasi ya Congo habe amatora y’uzayobora federasiyo y’umupira w’amaguru muri...

APR FC na Rayon Sports zabonye intsinzi i Huye mbere yo kwihurira

APR FC na Rayon Sports zabonye intsinzi i Huye mbere yo kwihurira

by radiotv10
27/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports yatsinze Amagaju FC ibitego 2-0, mu gihe APR FC yo yatsinze Mukura VS ibitego 3-0 mu...

Umutoza uri mu bakomeye i Burayi haravugwa aho ashobora kwerecyeza

Umutoza uri mu bakomeye i Burayi haravugwa aho ashobora kwerecyeza

by radiotv10
24/04/2026
0

Umutoza Pep Guardiola w'ikipe ya Manchester City yo mu Bwongereza, uri mu bafite ibigwi ku Mugabane w'u Burayi, biravugwa ko...

Hatangajwe ibihano byafatiwe abakinnyi babiri mu Rwanda barimo uwakoze ibyateye urujijo

Hatangajwe ibihano byafatiwe abakinnyi babiri mu Rwanda barimo uwakoze ibyateye urujijo

by radiotv10
22/04/2026
0

Abakinnyi Daouda Yussif Seidu wa APR FC na Gédéon Ndinga Bivula wa Etincelles FC, bafatiwe ibihano n'ubuyobozo bwa Rwanda Premier...

IZIHERUKA

Bitunguranye umunyabigwi wari uhanzwe amaso mu bahatanira kuyobora ruhago muri Congo yakuyemo kandidatire
FOOTBALL

Bitunguranye umunyabigwi wari uhanzwe amaso mu bahatanira kuyobora ruhago muri Congo yakuyemo kandidatire

by radiotv10
03/05/2026
0

Imibonano mpuzabitsina ishimisha nde cyane hagati y’umugabo n’umugore

Imibonano mpuzabitsina ishimisha nde cyane hagati y’umugabo n’umugore

02/05/2026
America yaciye amarenga ko ishaka guhagarika burundu intambara yo muri Iran

America yaciye amarenga ko ishaka guhagarika burundu intambara yo muri Iran

02/05/2026
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

AMAKURU MASHYA: RIB yafunze abayobozi mu Nzego z’Ibanze bo mu Turere tune barimo uwari Gitifu w’Umurenge

01/05/2026
Hamenyekanye igihano cyasabiwe umunyamakuru uzwi mu myidagaduro ukurikiranyweho kurwanira mu kabari

Amakuru mpamo ku yari yatangiye kuvugwa ku isezera ry’umunyamakuru w’imyidagaduro uzwi mu Rwanda

01/05/2026
Icyo Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo yasabye Joseph Kabila

America yafatie ibihano Joseph Kabila wabaye Perezida wa Congo

01/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bitunguranye umunyabigwi wari uhanzwe amaso mu bahatanira kuyobora ruhago muri Congo yakuyemo kandidatire

Imibonano mpuzabitsina ishimisha nde cyane hagati y’umugabo n’umugore

America yaciye amarenga ko ishaka guhagarika burundu intambara yo muri Iran

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.