Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Blinken mbere yo kujya mu Rwanda yaruvuzeho ibintu bikomeye ku byo kuba rufasha M23

radiotv10by radiotv10
10/08/2022
in MU RWANDA
0
Blinken mbere yo kujya mu Rwanda yaruvuzeho ibintu bikomeye ku byo kuba rufasha M23
Share on FacebookShare on Twitter

Antony Blinken ugomba kugenderera u Rwanda kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Kanama 2022, yavuze ko Igihugu cye gitewe impungenge n’amakuru yizewe agaragaza ko ngo u Rwanda rufasha M23, avuga ko ubufasha bwose buhabwa uyu mutwe bugomba guhagarara.

Yabivugiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho yageze kuri uyu wa Kabiri tariki 09 Kanama 2022, akanagirana ibiganiro na Perezida Felix Tshisekedi byagarutse ku ngingo zinyuranye zirimo ibibazo by’umutekano mucye ukomeje kuzahaza Uburasirazuba bwa Congo.

Blinken yashimangiye ko kimwe mu bimuzanye muri ibi Bihugu bibiri [u Rwanda na DRC] ari ukubihuza kugira ngo umubano wabyo wongere kumera neza.

Agaruka ku bibazo by’umutekano mucye bimaze iminsi mu burasirazuba bwa DRC, Blinken yagize ati “Turifuza ibikorwa by’ihohoterwa mu burasirazuba bw’Igihugu, bishyirwaho akadomo.”

Blinken agendereye ibi Bihugu byombi mu gihe mu cyumweru gishize, hasohotse amakuru ya raporo yakozwe n’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye bivugwa ko igaragaza ibimenyetso simusiga ko u Rwanda rufasha M23.

Agaruka kuri uyu raporo, yagize ati “Dutewe impungenge n’amakuru yizewe yemeza ko u Rwanda rufasha M23. Turasaba impande zose zo mu karere guhagarika inkunga iyo ari yo yose cyangwa imokoranire yose na M23 cyangwa indi mitwe yitwaje intwaro”

Gusa yavuze ko nta byinshi yavuga kuri iyi raporo kuko yamaze kumva uruhande rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ariko atarumva urw’u Rwanda bityo ko amakuru arambuye azayamenya neza nyuma yo kuganira n’ubuyobozi bw’u Rwanda.

Blinken kandi yanagarutse ku birego byakunze kuzamurwa hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko bivogerana. Yagize ati “Ibihugu byose bigomba kubaha ubusugire bw’ibihituranyi byabyo […] Ingabo izo ari zo zose z’amahanga zigomba kwinjira muri DRC binyuze mu mucyo kandi byatangiwe uburenganzira na DRC.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

Yajyanye mu nkiko umugore we kubera kubyara umwana ‘udashamaje’ amwaka Miliyoni 120Frw

Next Post

NESA yitandukanyije n’itangazo ryayitiriwe ryavugaga ko hari ibizamini by’abanyeshuri byahiye

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

IZIHERUKA

Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks
AMAHANGA

Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks

by radiotv10
29/12/2025
0

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

28/12/2025
Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

28/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
NESA yitandukanyije n’itangazo ryayitiriwe ryavugaga ko hari ibizamini by’abanyeshuri byahiye

NESA yitandukanyije n’itangazo ryayitiriwe ryavugaga ko hari ibizamini by’abanyeshuri byahiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.