Sunday, January 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Blinken mbere yo kujya mu Rwanda yaruvuzeho ibintu bikomeye ku byo kuba rufasha M23

radiotv10by radiotv10
10/08/2022
in MU RWANDA
0
Blinken mbere yo kujya mu Rwanda yaruvuzeho ibintu bikomeye ku byo kuba rufasha M23
Share on FacebookShare on Twitter

Antony Blinken ugomba kugenderera u Rwanda kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Kanama 2022, yavuze ko Igihugu cye gitewe impungenge n’amakuru yizewe agaragaza ko ngo u Rwanda rufasha M23, avuga ko ubufasha bwose buhabwa uyu mutwe bugomba guhagarara.

Yabivugiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho yageze kuri uyu wa Kabiri tariki 09 Kanama 2022, akanagirana ibiganiro na Perezida Felix Tshisekedi byagarutse ku ngingo zinyuranye zirimo ibibazo by’umutekano mucye ukomeje kuzahaza Uburasirazuba bwa Congo.

Blinken yashimangiye ko kimwe mu bimuzanye muri ibi Bihugu bibiri [u Rwanda na DRC] ari ukubihuza kugira ngo umubano wabyo wongere kumera neza.

Agaruka ku bibazo by’umutekano mucye bimaze iminsi mu burasirazuba bwa DRC, Blinken yagize ati “Turifuza ibikorwa by’ihohoterwa mu burasirazuba bw’Igihugu, bishyirwaho akadomo.”

Blinken agendereye ibi Bihugu byombi mu gihe mu cyumweru gishize, hasohotse amakuru ya raporo yakozwe n’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye bivugwa ko igaragaza ibimenyetso simusiga ko u Rwanda rufasha M23.

Agaruka kuri uyu raporo, yagize ati “Dutewe impungenge n’amakuru yizewe yemeza ko u Rwanda rufasha M23. Turasaba impande zose zo mu karere guhagarika inkunga iyo ari yo yose cyangwa imokoranire yose na M23 cyangwa indi mitwe yitwaje intwaro”

Gusa yavuze ko nta byinshi yavuga kuri iyi raporo kuko yamaze kumva uruhande rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ariko atarumva urw’u Rwanda bityo ko amakuru arambuye azayamenya neza nyuma yo kuganira n’ubuyobozi bw’u Rwanda.

Blinken kandi yanagarutse ku birego byakunze kuzamurwa hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko bivogerana. Yagize ati “Ibihugu byose bigomba kubaha ubusugire bw’ibihituranyi byabyo […] Ingabo izo ari zo zose z’amahanga zigomba kwinjira muri DRC binyuze mu mucyo kandi byatangiwe uburenganzira na DRC.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

Yajyanye mu nkiko umugore we kubera kubyara umwana ‘udashamaje’ amwaka Miliyoni 120Frw

Next Post

NESA yitandukanyije n’itangazo ryayitiriwe ryavugaga ko hari ibizamini by’abanyeshuri byahiye

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
NESA yitandukanyije n’itangazo ryayitiriwe ryavugaga ko hari ibizamini by’abanyeshuri byahiye

NESA yitandukanyije n’itangazo ryayitiriwe ryavugaga ko hari ibizamini by’abanyeshuri byahiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.