Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Blinken utegerejwe mu Rwanda yahuye na Tshisekedi avuga ikintu gikomeye kuri DRCongo

radiotv10by radiotv10
10/08/2022
in MU RWANDA
0
Blinken utegerejwe mu Rwanda yahuye na Tshisekedi avuga ikintu gikomeye kuri DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America, Antony Blinken utegerejwe mu Rwanda aho ahagera avuye muri DRC, nyuma yo kubonana na Perezida Felix Tshisekedi, yavuze ko iki Gihugu ari umufatanyabikorwa w’ingenzi mu nzego zinyuranye.

Antony Blinken wageze muri DRC ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 09 Kanama ubwo yari avuye muri Afurika y’Epfo, yakiriwe na Perezida Felix Tshisekedi, bagirana ibiganiro byagarutse ku bufatanye mu kuzamura ihame rya Demokarasi ndetse no ku kibazo cy’umutekano mucye umaze iminsi mu burasirazuba bwa Congo.

Nyuma yo kubonana na Tshisekedi, Blinken yagize ati “Nishimiye guhura Perezida wa DRC Tshisekedi na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Lutundula.”

Yakomeje agira ati “DRC ni umufatanyabikorwa w’ingirakamaro mu guteza imbere umutekano n’ituze, mu kuzamura Demokarasi no mu iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu ndetse no kurushaho guteza imbere ihame ryo kugendera ku mategeko no guhangana n’imihindagurikire y’ikirere.”

Blinke yagiranye ibiganiro byihariye na Tshisekedi

Antony Blinken kandi yaboneyeho gushimira byumwihariko Perezida Tshisekedi, uburyo yakiriwe ndetse “Twagiranye ibiganiro bitanga umusaruro ku mutekano w’akarere, ku bijyanye n’ikirere, ku matora anyuze mu mucyo n’ituze, kubaka inzego za demokarasi no kuzamura ihame ryo kugendera ku mategeko.”

Blinken kandi ari kumwe na rurangiranwa mu mukino wa Basketball Dikembe Mutombo bahuye na bamwe mu bahanzi bo muri iki Gihugu cya Congo, aho babaririmbiye.

Blinken yagize ati “Nk’umunyamuziki nkanjye, nzi akamaro umuziki ugira mu guhuza abantu ndetse no gutuma bisanzuranaho. Ni ukuri nishimiye aba bahanzi.”

Antony Blinken umaze iminsi agenderera Ibihugu binyuranye byo ku Mugabane wa Afurika, biteganyijwe ko kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Kanama agera no mu Rwanda aho yanahamije ko kimwe mu bizanye ari ikibazo cya Rusesabagina Paul wahamijwe ibyaha by’Iterabwoba ariko Leta Zunze Ubumwe za America zikaba zikomeje kugaragaza kwifuza ko yarekurwa.

We n’itsinda ayoboye bakiriwe na Tshisekedi
Yari kumwe na mugenzi we Christophe Lutundula
Blinken ari kumwe na Mutombo bacurangiwe
Yavuze ko umuziki ugira uruhare mu guhuza abantu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 3 =

Previous Post

Umugabo wishe ababyeyi be ubu nawe ntakiri mu Isi y’abazima, menya uko yishwe

Next Post

Rwamagana: Yafatiwe mu kabari yishyura amafaranga y’amigano ahita avuga uwayamuhaye bombi batabwa muri yombi

Related Posts

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, bwagarutse ku byo bakoze mu gihe cy’umwaka bakoze ibikorwa bitandukanye...

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe Ingufu REG, ishami rya Rusizi, buravuga ko abazwi ku izina ry’abahigi bagera kuri 12 bibaga ibikoresho by’amashanyarazi...

IZIHERUKA

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira
MU RWANDA

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

09/05/2025
Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Yafatiwe mu kabari yishyura amafaranga y’amigano ahita avuga uwayamuhaye bombi batabwa muri yombi

Rwamagana: Yafatiwe mu kabari yishyura amafaranga y’amigano ahita avuga uwayamuhaye bombi batabwa muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.