Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y’iminsi irenga 1 000 ayivuyemo.
Byemejwe mu itangazo ryatangajwe n’ubuyobozi bwa Rayon Sports kuri uyu wa Kabiri tariki 31 Werurwe 2026, ryatambutse ku mbuga nkoranyambaga z’iyi kipe.
Rayon Sports, yavuze ko “Twishimiye gutangaza igaruka ry’Umutoza Mukuru HARINGINGO Francis nyuma y’iminsi 1035.”
Ubu butumwa bukomeza bugaragaza ko ubuyobozi bwa Rayon Sports bwishimiye igaruka rya Haringingo Francis. Buti “Urakagaruka neza mu rugo. Nta watanya umwana n’umuryango we.”
Amakuru y’igaruka ry’uyu mutoza w’Umurundi, ryari rimaze iminsi rivugwa mu itangazamakuru, ndetse na we ubwe yari aherutse gutangaza ko mu makipe ari kumwifuza, harimo n’iyi ya Rayon Sports. Haringingo yari yaratoje iyi kipe ya Rayon Sports muri 2022, yagiyemo avuye muri Kiyovu Sports.
Uyu mutoza yinjiye muri Rayon Sports avuye muri Kiyovu Sports asize ku mwanya wa gatandatu n’amanota 39.
RADIOTV10











