Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza yeguye ataruzuza amezi 2

radiotv10by radiotv10
20/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza yeguye ataruzuza amezi 2
Share on FacebookShare on Twitter

Madamu Liz Truss wari wasimbuye Boris Johnson ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, na we yeguye nyuma y’iminsi 44 gusa yicaye kuri iyi ntebe.

Yeguye nyuma y’amasaha macye, agaragaje guhagarara bwuma aho bamwe bari bemeje ko yagaragaje ko ari indwanyi idapfa kugamburuzwa n’igitutu.

Ni nyuma y’amasaha macye uwari Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Suella Braverman na we yeguye kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Ukwakira 2022, aho iyegura rye ryanatumye hagaragara umujinya mu matora y’Iteko Ishinga Amategeko.

Iri yegura rye kandi ryaje rikurikira iyirukanwa ry’uwari Minisitiri w’Imari, Kwasi Kwarteng wari wirukanywe na Madamu Liz Truss mu cyumweru gishize tariki 14 Ukwakira 2022.

Muri aya matora yabereye mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza kuri uyu wa Gatatu, Intumwa za rubanza zitavuga rumwe n’ubutegetsi bavuze ko uko ibintu bihagaze ubu, ari akavuyo kenshi.

Liz Truss yari yasabwe kwegura kuva kuri uyu wa Gatatu, ariko we akavuga ko azakomeza guhanyanyaza mpaka.

Kuri uyu wa Kane tariki 20 Ukwakira 2022, Liz Truss yatangarije itangazamakuru ko ikivi cya manda yatorewe abona atazacyusa.

Yagize ati “Ntabwo nshobora gusoza iyi namda natorewe n’ishyaka rya Conservative Party.”

Yavuze ko uyu munsi yahuye na Graham Brady, Umuyobozi Mukuru wa Komisiyo yigenga y’ishyaka rye rya Conservative izwi nka 1922 Committee, akaba yamwemereye ko mu cyumweru gitaha hazaba amatora y’ugomba kumusimbura.

Liz Truss wavuze ko akomeza kuyobora kugeza igihe hazabonekera ugomba kumusimbura, yavuze ko yaje ku butegetsi “hariho ibibazo bikomeye by’ubukungu n’umutekano mu rwego mpuzamahanga.”

U Bwongereza bufite ibibazo bishingiye ku bukungu birimo izamuka ry’ibiciro ryazamutseho 10,1% mu mwaka umwe gusa kugeza mu kwezi gushize kwa Nzeri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 12 =

Previous Post

Igorofa y’akataraboneka yujujwe n’umukinnyikazi wa Film mu Rwanda ikomeje kuvugisha benshi

Next Post

Uko abaturage bavumiraga ku gahera ibiryabarezi mbere gato yuko bihagarikwa

Related Posts

Inkuba zikomeje kwiyongera mu Rwandau: Mu minsi ibiri ikurikirana zishe abantu mu Ntara ebyiri

Inkuba zikomeje kwiyongera mu Rwandau: Mu minsi ibiri ikurikirana zishe abantu mu Ntara ebyiri

by radiotv10
29/01/2026
0

Abantu babiri bo mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyepfo, bitabye Imana bakubiswe n’inkuba, barimo umwana w’imyaka itandatu, mu gihe hari abandi bahungabanye...

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Five things you must know before a job interview

Five things you must know before a job interview

by radiotv10
29/01/2026
0

An interview can feel scary, but good preparation makes it easier. Whether it’s your first interview or not, these five...

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

IZIHERUKA

Inkuba zikomeje kwiyongera mu Rwandau: Mu minsi ibiri ikurikirana zishe abantu mu Ntara ebyiri
MU RWANDA

Inkuba zikomeje kwiyongera mu Rwandau: Mu minsi ibiri ikurikirana zishe abantu mu Ntara ebyiri

by radiotv10
29/01/2026
0

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

29/01/2026
Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

29/01/2026
Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

29/01/2026
Five things you must know before a job interview

Five things you must know before a job interview

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko abaturage bavumiraga ku gahera ibiryabarezi mbere gato yuko bihagarikwa

Uko abaturage bavumiraga ku gahera ibiryabarezi mbere gato yuko bihagarikwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuba zikomeje kwiyongera mu Rwandau: Mu minsi ibiri ikurikirana zishe abantu mu Ntara ebyiri

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.