• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza yeguye ataruzuza amezi 2

radiotv10by radiotv10
20/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza yeguye ataruzuza amezi 2
Share on FacebookShare on Twitter

Madamu Liz Truss wari wasimbuye Boris Johnson ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, na we yeguye nyuma y’iminsi 44 gusa yicaye kuri iyi ntebe.

Yeguye nyuma y’amasaha macye, agaragaje guhagarara bwuma aho bamwe bari bemeje ko yagaragaje ko ari indwanyi idapfa kugamburuzwa n’igitutu.

Ni nyuma y’amasaha macye uwari Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Suella Braverman na we yeguye kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Ukwakira 2022, aho iyegura rye ryanatumye hagaragara umujinya mu matora y’Iteko Ishinga Amategeko.

Iri yegura rye kandi ryaje rikurikira iyirukanwa ry’uwari Minisitiri w’Imari, Kwasi Kwarteng wari wirukanywe na Madamu Liz Truss mu cyumweru gishize tariki 14 Ukwakira 2022.

Muri aya matora yabereye mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza kuri uyu wa Gatatu, Intumwa za rubanza zitavuga rumwe n’ubutegetsi bavuze ko uko ibintu bihagaze ubu, ari akavuyo kenshi.

Liz Truss yari yasabwe kwegura kuva kuri uyu wa Gatatu, ariko we akavuga ko azakomeza guhanyanyaza mpaka.

Kuri uyu wa Kane tariki 20 Ukwakira 2022, Liz Truss yatangarije itangazamakuru ko ikivi cya manda yatorewe abona atazacyusa.

Yagize ati “Ntabwo nshobora gusoza iyi namda natorewe n’ishyaka rya Conservative Party.”

Yavuze ko uyu munsi yahuye na Graham Brady, Umuyobozi Mukuru wa Komisiyo yigenga y’ishyaka rye rya Conservative izwi nka 1922 Committee, akaba yamwemereye ko mu cyumweru gitaha hazaba amatora y’ugomba kumusimbura.

Liz Truss wavuze ko akomeza kuyobora kugeza igihe hazabonekera ugomba kumusimbura, yavuze ko yaje ku butegetsi “hariho ibibazo bikomeye by’ubukungu n’umutekano mu rwego mpuzamahanga.”

U Bwongereza bufite ibibazo bishingiye ku bukungu birimo izamuka ry’ibiciro ryazamutseho 10,1% mu mwaka umwe gusa kugeza mu kwezi gushize kwa Nzeri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + thirteen =

Previous Post

Igorofa y’akataraboneka yujujwe n’umukinnyikazi wa Film mu Rwanda ikomeje kuvugisha benshi

Next Post

Uko abaturage bavumiraga ku gahera ibiryabarezi mbere gato yuko bihagarikwa

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Uko abaturage bavumiraga ku gahera ibiryabarezi mbere gato yuko bihagarikwa

Uko abaturage bavumiraga ku gahera ibiryabarezi mbere gato yuko bihagarikwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.