Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Bruce Melodie aracyafungiye i Burundi…Hari abayobozi bakomeye byababaje

radiotv10by radiotv10
01/09/2022
in IMYIDAGADURO
2
Bruce Melodie aracyafungiye i Burundi…Hari abayobozi bakomeye byababaje
Share on FacebookShare on Twitter
  • Pasiporo ya Bruce Melodie yafatiriwe
  • Abayobozi bakomeye mu Burundi byababaje

Minisiteri y’Ubutegetsi n’Umutekano mu Burundi, kuri uyu wa Kane yemeje ko umuhanzi w’Umunyarwanda Bruce Melodie agifunze, hakaba hari amakuru yizewe ko hari abayobozi bakomeye mu Burundi banenze ifungwa rye.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubutegetsi n’Umutekano mu Burundi, Pierre Nkurikiye, mu gitondo cyo kuri uyu wa 01 Nzeri 2022, yabwiye BBC ko uyu muhanzi w’Umunyarwanda agifunze.

Yatangaje ibi nyuma yuko ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 31 Kanama 2022 hari hakwirakwiye amakuru avuga ko Bruce Melodie yarekuwe.

Bruce Melodie wagiye mu Burundi ku butumire bw’igitaramo yagombaga kuririmbamo, yatawe muri yombi amaze kugera muri iki Gihugu aho yari yabanje kwakiranwa ubwuzu ku kibuga cy’indege.

Amakuru avuga ko Bruce Melodie yafashwe n’abashinzwe umutekano mu Gihugu cy’u Burundi ashinjwa ubutekamutwe.

Uyu muhanzi arazira igitaramo yagombaga gukorera mu Burundi muri 2018 ariko kikaza gusubikwa ku bw’impamvu zitatangajwe, gusa icyo gihe ibibazo biri hagati y’u Rwanda n’u Burundi byari bigikomeye.

Umuhanzi w’Umurundi uzwi nka Kidumu ukomeye mu karere, mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, yagize ati “Si byiza ko umuhanzi uje i Bujumbura gutya kandi mubizi neza ko ibyabaye kiriya gihe impamvu zitari zimuturutseho. Ndababaye cyane.”

Umunyamakuru Nyarwanda Innocent ufite YouTube Channel izwi nka Yago TV, wajyanye na Bruce Melodie mu Burundi, mu gitondo cyo kuri uyu Kane yakomeje kugaragaza uko iki kibazo gihagaze.

Yagize ati “Banyarwanda/kazi namwe nshuti z’u Rwanda guhera ejo twagerageje kwimana mugenzi wacu Bruce Melodie hano mu Burundi ariko byabaye iby’ubusa kuko ibirimo kumubaho bisa n’agahimano gafite ikindi kintu gikomeye twebwe tutarimo kumenya, bityo twamaze kwiyambaza ambasade y’u Rwanda mu Burundi.”

Uyu munyamakuru yakomeje agira ati “Bruce Melodie yose iri kuri ambasade hategerejwe ikiza kuva muri ibyo biganiro, ndakwibutsa ko urega Bruce Melodie avuga ko niyo ayo mafaranga yishyuza yaboneka kuri we ntabwo ashaka ko ibitaramo biba.”

Umusesenguzi mu bijyanye n’imyidagaduro, Khamiss Sango avuga nubwo Bruce Melodie yarekurwa abona igitaramo cyari kijyanye Bruce Melodie mu Burundi gishobora kutaba.

Yagize ati “Mu mitwe y’abantu bamaze kubyangiza, ikindi kandi Bruce Melodie wagombaga kubyuka ataramira Abarundi, araye muri kasho zo mu Burundi, uwo muntu urumva koko yajya ku rubyiniro?”

Uyu musesenguzi avuga kandi ko iki gitaramo cyari kigiye kuba kuri iyi nshuro cyateguwe n’Abanyarwanda ku buryo uyu muhanzi ashobora kumvikana na bo kugira ngo ajye kuruhuka.

 

Abayobozi bakomeye mu Burundi byababaje

Umunyamakuru Alain Nova Irambona wo mu Gihugu cy’u Burundi, yabwiye RADIOTV10, yavuze ko Bruce Melodie agifunze.

Yagize ati “Aho bigeze ubu aracyari muri kasho, ariko bavuga ko acungishijwe amaso, guhera ejo pasiporo ye barayimwatse.”

Yavuze ko yavuganye n’umwe mu bayobozi bakomeye muri iki Gihugu cy’u Burundi, amubwira ko abayobozi bakuru bo muri iki Gihugu batishimiye itabwa muri yombi rya Bruce Melodi.

Ati “barimo baravuga bati ‘Ibi bintu biri kutwangiriza urugendo rwiza twari rwo kuzahura umubano wacu n’u Rwanda none ibi bibaye bite?’ urebye ntabwo byashimishije bamwe mu bayobozi bukuru b’Igihugu.”

RADIOTV10

Comments 2

  1. IRADUKUNDA Camile says:
    3 years ago

    Ariko inzira yibiganiro yari yanze kugirango bamufunge abantu Banga amahoro ntacyo atwaye gs abanyarwanda tubone muhurwe mugihugu cy’uburundi urwishe yanka ruracyayirimo pole kubafans ba Bruce Melody

    Reply
    • Katungi Geofrey says:
      3 years ago

      Ariko mwagiye mureka noneho uwambuwe amafra ye aceceke kugirango umubano w’ibihugu ukomeze umere neza?

      Nawe n’amwishyure kugirango ikibazo gicyemuke mbese ugirango bijya kujya mu mategeko ubwumvikane butanze

      Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − five =

Previous Post

Jolly urugendo rwo kugaragaza ibitatse u Rwanda yarutangiriye kuri Hoteli Cleo iteretse ku Kivu

Next Post

Rwanda&Uganda: Guverinoma zombi zagaragaje aho kuzahura umubano bigeze, zishimira Perezida Kagame na Museveni

Related Posts

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

by radiotv10
12/01/2026
0

Umunyarwenya Etienne Iryamukuru wamamaye muri ‘Bigomba Guhinduka’, yagaragaje umukunzi we amwibutsa ko amukunda uruhora rukura. Ni mu butumwa uyu munyarwenya...

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

by radiotv10
12/01/2026
0

Mugisha Fred Robinson uzwi nka Element Eleeh mu gutanganya umuziki no mu buhanzi, yegukanye igihembo cya Producer mwiza w’umwaka (Best...

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Many people associate weekends with spending money, eating out, shopping, traveling, or entertainment. But enjoying your weekend doesn’t have to...

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

IZIHERUKA

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe
FOOTBALL

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

14/01/2026
Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

13/01/2026
Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwanda&Uganda: Guverinoma zombi zagaragaje aho kuzahura umubano bigeze, zishimira Perezida Kagame na Museveni

Rwanda&Uganda: Guverinoma zombi zagaragaje aho kuzahura umubano bigeze, zishimira Perezida Kagame na Museveni

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.