Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Bruce Melodie aracyafungiye i Burundi…Hari abayobozi bakomeye byababaje

radiotv10by radiotv10
01/09/2022
in IMYIDAGADURO
2
Bruce Melodie aracyafungiye i Burundi…Hari abayobozi bakomeye byababaje
Share on FacebookShare on Twitter
  • Pasiporo ya Bruce Melodie yafatiriwe
  • Abayobozi bakomeye mu Burundi byababaje

Minisiteri y’Ubutegetsi n’Umutekano mu Burundi, kuri uyu wa Kane yemeje ko umuhanzi w’Umunyarwanda Bruce Melodie agifunze, hakaba hari amakuru yizewe ko hari abayobozi bakomeye mu Burundi banenze ifungwa rye.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubutegetsi n’Umutekano mu Burundi, Pierre Nkurikiye, mu gitondo cyo kuri uyu wa 01 Nzeri 2022, yabwiye BBC ko uyu muhanzi w’Umunyarwanda agifunze.

Yatangaje ibi nyuma yuko ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 31 Kanama 2022 hari hakwirakwiye amakuru avuga ko Bruce Melodie yarekuwe.

Bruce Melodie wagiye mu Burundi ku butumire bw’igitaramo yagombaga kuririmbamo, yatawe muri yombi amaze kugera muri iki Gihugu aho yari yabanje kwakiranwa ubwuzu ku kibuga cy’indege.

Amakuru avuga ko Bruce Melodie yafashwe n’abashinzwe umutekano mu Gihugu cy’u Burundi ashinjwa ubutekamutwe.

Uyu muhanzi arazira igitaramo yagombaga gukorera mu Burundi muri 2018 ariko kikaza gusubikwa ku bw’impamvu zitatangajwe, gusa icyo gihe ibibazo biri hagati y’u Rwanda n’u Burundi byari bigikomeye.

Umuhanzi w’Umurundi uzwi nka Kidumu ukomeye mu karere, mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, yagize ati “Si byiza ko umuhanzi uje i Bujumbura gutya kandi mubizi neza ko ibyabaye kiriya gihe impamvu zitari zimuturutseho. Ndababaye cyane.”

Umunyamakuru Nyarwanda Innocent ufite YouTube Channel izwi nka Yago TV, wajyanye na Bruce Melodie mu Burundi, mu gitondo cyo kuri uyu Kane yakomeje kugaragaza uko iki kibazo gihagaze.

Yagize ati “Banyarwanda/kazi namwe nshuti z’u Rwanda guhera ejo twagerageje kwimana mugenzi wacu Bruce Melodie hano mu Burundi ariko byabaye iby’ubusa kuko ibirimo kumubaho bisa n’agahimano gafite ikindi kintu gikomeye twebwe tutarimo kumenya, bityo twamaze kwiyambaza ambasade y’u Rwanda mu Burundi.”

Uyu munyamakuru yakomeje agira ati “Bruce Melodie yose iri kuri ambasade hategerejwe ikiza kuva muri ibyo biganiro, ndakwibutsa ko urega Bruce Melodie avuga ko niyo ayo mafaranga yishyuza yaboneka kuri we ntabwo ashaka ko ibitaramo biba.”

Umusesenguzi mu bijyanye n’imyidagaduro, Khamiss Sango avuga nubwo Bruce Melodie yarekurwa abona igitaramo cyari kijyanye Bruce Melodie mu Burundi gishobora kutaba.

Yagize ati “Mu mitwe y’abantu bamaze kubyangiza, ikindi kandi Bruce Melodie wagombaga kubyuka ataramira Abarundi, araye muri kasho zo mu Burundi, uwo muntu urumva koko yajya ku rubyiniro?”

Uyu musesenguzi avuga kandi ko iki gitaramo cyari kigiye kuba kuri iyi nshuro cyateguwe n’Abanyarwanda ku buryo uyu muhanzi ashobora kumvikana na bo kugira ngo ajye kuruhuka.

 

Abayobozi bakomeye mu Burundi byababaje

Umunyamakuru Alain Nova Irambona wo mu Gihugu cy’u Burundi, yabwiye RADIOTV10, yavuze ko Bruce Melodie agifunze.

Yagize ati “Aho bigeze ubu aracyari muri kasho, ariko bavuga ko acungishijwe amaso, guhera ejo pasiporo ye barayimwatse.”

Yavuze ko yavuganye n’umwe mu bayobozi bakomeye muri iki Gihugu cy’u Burundi, amubwira ko abayobozi bakuru bo muri iki Gihugu batishimiye itabwa muri yombi rya Bruce Melodi.

Ati “barimo baravuga bati ‘Ibi bintu biri kutwangiriza urugendo rwiza twari rwo kuzahura umubano wacu n’u Rwanda none ibi bibaye bite?’ urebye ntabwo byashimishije bamwe mu bayobozi bukuru b’Igihugu.”

RADIOTV10

Comments 2

  1. IRADUKUNDA Camile says:
    3 years ago

    Ariko inzira yibiganiro yari yanze kugirango bamufunge abantu Banga amahoro ntacyo atwaye gs abanyarwanda tubone muhurwe mugihugu cy’uburundi urwishe yanka ruracyayirimo pole kubafans ba Bruce Melody

    Reply
    • Katungi Geofrey says:
      3 years ago

      Ariko mwagiye mureka noneho uwambuwe amafra ye aceceke kugirango umubano w’ibihugu ukomeze umere neza?

      Nawe n’amwishyure kugirango ikibazo gicyemuke mbese ugirango bijya kujya mu mategeko ubwumvikane butanze

      Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 5 =

Previous Post

Jolly urugendo rwo kugaragaza ibitatse u Rwanda yarutangiriye kuri Hoteli Cleo iteretse ku Kivu

Next Post

Rwanda&Uganda: Guverinoma zombi zagaragaje aho kuzahura umubano bigeze, zishimira Perezida Kagame na Museveni

Related Posts

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

IZIHERUKA

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi
FOOTBALL

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

29/01/2026
Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

28/01/2026
Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwanda&Uganda: Guverinoma zombi zagaragaje aho kuzahura umubano bigeze, zishimira Perezida Kagame na Museveni

Rwanda&Uganda: Guverinoma zombi zagaragaje aho kuzahura umubano bigeze, zishimira Perezida Kagame na Museveni

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.