Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Bruce Melodie aracyafungiye i Burundi…Hari abayobozi bakomeye byababaje

radiotv10by radiotv10
01/09/2022
in IMYIDAGADURO
2
Bruce Melodie aracyafungiye i Burundi…Hari abayobozi bakomeye byababaje
Share on FacebookShare on Twitter
  • Pasiporo ya Bruce Melodie yafatiriwe
  • Abayobozi bakomeye mu Burundi byababaje

Minisiteri y’Ubutegetsi n’Umutekano mu Burundi, kuri uyu wa Kane yemeje ko umuhanzi w’Umunyarwanda Bruce Melodie agifunze, hakaba hari amakuru yizewe ko hari abayobozi bakomeye mu Burundi banenze ifungwa rye.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubutegetsi n’Umutekano mu Burundi, Pierre Nkurikiye, mu gitondo cyo kuri uyu wa 01 Nzeri 2022, yabwiye BBC ko uyu muhanzi w’Umunyarwanda agifunze.

Yatangaje ibi nyuma yuko ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 31 Kanama 2022 hari hakwirakwiye amakuru avuga ko Bruce Melodie yarekuwe.

Bruce Melodie wagiye mu Burundi ku butumire bw’igitaramo yagombaga kuririmbamo, yatawe muri yombi amaze kugera muri iki Gihugu aho yari yabanje kwakiranwa ubwuzu ku kibuga cy’indege.

Amakuru avuga ko Bruce Melodie yafashwe n’abashinzwe umutekano mu Gihugu cy’u Burundi ashinjwa ubutekamutwe.

Uyu muhanzi arazira igitaramo yagombaga gukorera mu Burundi muri 2018 ariko kikaza gusubikwa ku bw’impamvu zitatangajwe, gusa icyo gihe ibibazo biri hagati y’u Rwanda n’u Burundi byari bigikomeye.

Umuhanzi w’Umurundi uzwi nka Kidumu ukomeye mu karere, mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, yagize ati “Si byiza ko umuhanzi uje i Bujumbura gutya kandi mubizi neza ko ibyabaye kiriya gihe impamvu zitari zimuturutseho. Ndababaye cyane.”

Umunyamakuru Nyarwanda Innocent ufite YouTube Channel izwi nka Yago TV, wajyanye na Bruce Melodie mu Burundi, mu gitondo cyo kuri uyu Kane yakomeje kugaragaza uko iki kibazo gihagaze.

Yagize ati “Banyarwanda/kazi namwe nshuti z’u Rwanda guhera ejo twagerageje kwimana mugenzi wacu Bruce Melodie hano mu Burundi ariko byabaye iby’ubusa kuko ibirimo kumubaho bisa n’agahimano gafite ikindi kintu gikomeye twebwe tutarimo kumenya, bityo twamaze kwiyambaza ambasade y’u Rwanda mu Burundi.”

Uyu munyamakuru yakomeje agira ati “Bruce Melodie yose iri kuri ambasade hategerejwe ikiza kuva muri ibyo biganiro, ndakwibutsa ko urega Bruce Melodie avuga ko niyo ayo mafaranga yishyuza yaboneka kuri we ntabwo ashaka ko ibitaramo biba.”

Umusesenguzi mu bijyanye n’imyidagaduro, Khamiss Sango avuga nubwo Bruce Melodie yarekurwa abona igitaramo cyari kijyanye Bruce Melodie mu Burundi gishobora kutaba.

Yagize ati “Mu mitwe y’abantu bamaze kubyangiza, ikindi kandi Bruce Melodie wagombaga kubyuka ataramira Abarundi, araye muri kasho zo mu Burundi, uwo muntu urumva koko yajya ku rubyiniro?”

Uyu musesenguzi avuga kandi ko iki gitaramo cyari kigiye kuba kuri iyi nshuro cyateguwe n’Abanyarwanda ku buryo uyu muhanzi ashobora kumvikana na bo kugira ngo ajye kuruhuka.

 

Abayobozi bakomeye mu Burundi byababaje

Umunyamakuru Alain Nova Irambona wo mu Gihugu cy’u Burundi, yabwiye RADIOTV10, yavuze ko Bruce Melodie agifunze.

Yagize ati “Aho bigeze ubu aracyari muri kasho, ariko bavuga ko acungishijwe amaso, guhera ejo pasiporo ye barayimwatse.”

Yavuze ko yavuganye n’umwe mu bayobozi bakomeye muri iki Gihugu cy’u Burundi, amubwira ko abayobozi bakuru bo muri iki Gihugu batishimiye itabwa muri yombi rya Bruce Melodi.

Ati “barimo baravuga bati ‘Ibi bintu biri kutwangiriza urugendo rwiza twari rwo kuzahura umubano wacu n’u Rwanda none ibi bibaye bite?’ urebye ntabwo byashimishije bamwe mu bayobozi bukuru b’Igihugu.”

RADIOTV10

Comments 2

  1. IRADUKUNDA Camile says:
    3 years ago

    Ariko inzira yibiganiro yari yanze kugirango bamufunge abantu Banga amahoro ntacyo atwaye gs abanyarwanda tubone muhurwe mugihugu cy’uburundi urwishe yanka ruracyayirimo pole kubafans ba Bruce Melody

    Reply
    • Katungi Geofrey says:
      3 years ago

      Ariko mwagiye mureka noneho uwambuwe amafra ye aceceke kugirango umubano w’ibihugu ukomeze umere neza?

      Nawe n’amwishyure kugirango ikibazo gicyemuke mbese ugirango bijya kujya mu mategeko ubwumvikane butanze

      Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − eleven =

Previous Post

Jolly urugendo rwo kugaragaza ibitatse u Rwanda yarutangiriye kuri Hoteli Cleo iteretse ku Kivu

Next Post

Rwanda&Uganda: Guverinoma zombi zagaragaje aho kuzahura umubano bigeze, zishimira Perezida Kagame na Museveni

Related Posts

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Nzayisenga Modeste uzwi nk'Umupfumu Rutangarwamaboko, yahanuye umubyeyi w’umwana umwe, Uwicyeza Pamella akaba umugore w’umuhanzi The Ben wagaragaye yambaye umwenda ugaragaza...

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

by radiotv10
31/12/2025
0

Hatangajwe ahantu hazaturikirizwa ibishashi mu rwego rwo kwishimira umwaka mushya wa 2026 ubura amasaha ngo ugere, harimo aho abantu bateganyirijwe...

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

by radiotv10
30/12/2025
0

Ishami rya Polisi ya Nigeria Rishinzwe umutekano wo mu muhanda (FRSC) ryemeje ko umuvuduko ukabije no kunyuranaho ari byo byateje...

Abahanzi barimo uw’ikirangirire muri Afurika bazafasha Abanyakigali kurangiza umwaka bahasesekaye

Abahanzi barimo uw’ikirangirire muri Afurika bazafasha Abanyakigali kurangiza umwaka bahasesekaye

by radiotv10
30/12/2025
0

Abahanzi Ali Kiba wo muri Tanzania uri mu bafite izina rikomeye muri Afurika y’Iburasirazuba, na Shaffy; bageze mu Rwanda kwitegura...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Abarimo umunyamakuru ‘Djihad’ bakurikiranyweho amashusho y’urukozasoni baragaruka imbere y’Urukiko

by radiotv10
29/12/2025
0

Abantu bane barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, bakurikiranyweho gusakaza amashusho y'urukozasoni y'umuhanzi 'Yampano', baherutse gufatirwa icyemezo cyo gufungwa by'agateganyo,...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwanda&Uganda: Guverinoma zombi zagaragaje aho kuzahura umubano bigeze, zishimira Perezida Kagame na Museveni

Rwanda&Uganda: Guverinoma zombi zagaragaje aho kuzahura umubano bigeze, zishimira Perezida Kagame na Museveni

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.