Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Bruce Melodie aracyafungiye i Burundi…Hari abayobozi bakomeye byababaje

radiotv10by radiotv10
01/09/2022
in IMYIDAGADURO
2
Bruce Melodie aracyafungiye i Burundi…Hari abayobozi bakomeye byababaje
Share on FacebookShare on Twitter
  • Pasiporo ya Bruce Melodie yafatiriwe
  • Abayobozi bakomeye mu Burundi byababaje

Minisiteri y’Ubutegetsi n’Umutekano mu Burundi, kuri uyu wa Kane yemeje ko umuhanzi w’Umunyarwanda Bruce Melodie agifunze, hakaba hari amakuru yizewe ko hari abayobozi bakomeye mu Burundi banenze ifungwa rye.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubutegetsi n’Umutekano mu Burundi, Pierre Nkurikiye, mu gitondo cyo kuri uyu wa 01 Nzeri 2022, yabwiye BBC ko uyu muhanzi w’Umunyarwanda agifunze.

Yatangaje ibi nyuma yuko ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 31 Kanama 2022 hari hakwirakwiye amakuru avuga ko Bruce Melodie yarekuwe.

Bruce Melodie wagiye mu Burundi ku butumire bw’igitaramo yagombaga kuririmbamo, yatawe muri yombi amaze kugera muri iki Gihugu aho yari yabanje kwakiranwa ubwuzu ku kibuga cy’indege.

Amakuru avuga ko Bruce Melodie yafashwe n’abashinzwe umutekano mu Gihugu cy’u Burundi ashinjwa ubutekamutwe.

Uyu muhanzi arazira igitaramo yagombaga gukorera mu Burundi muri 2018 ariko kikaza gusubikwa ku bw’impamvu zitatangajwe, gusa icyo gihe ibibazo biri hagati y’u Rwanda n’u Burundi byari bigikomeye.

Umuhanzi w’Umurundi uzwi nka Kidumu ukomeye mu karere, mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, yagize ati “Si byiza ko umuhanzi uje i Bujumbura gutya kandi mubizi neza ko ibyabaye kiriya gihe impamvu zitari zimuturutseho. Ndababaye cyane.”

Umunyamakuru Nyarwanda Innocent ufite YouTube Channel izwi nka Yago TV, wajyanye na Bruce Melodie mu Burundi, mu gitondo cyo kuri uyu Kane yakomeje kugaragaza uko iki kibazo gihagaze.

Yagize ati “Banyarwanda/kazi namwe nshuti z’u Rwanda guhera ejo twagerageje kwimana mugenzi wacu Bruce Melodie hano mu Burundi ariko byabaye iby’ubusa kuko ibirimo kumubaho bisa n’agahimano gafite ikindi kintu gikomeye twebwe tutarimo kumenya, bityo twamaze kwiyambaza ambasade y’u Rwanda mu Burundi.”

Uyu munyamakuru yakomeje agira ati “Bruce Melodie yose iri kuri ambasade hategerejwe ikiza kuva muri ibyo biganiro, ndakwibutsa ko urega Bruce Melodie avuga ko niyo ayo mafaranga yishyuza yaboneka kuri we ntabwo ashaka ko ibitaramo biba.”

Umusesenguzi mu bijyanye n’imyidagaduro, Khamiss Sango avuga nubwo Bruce Melodie yarekurwa abona igitaramo cyari kijyanye Bruce Melodie mu Burundi gishobora kutaba.

Yagize ati “Mu mitwe y’abantu bamaze kubyangiza, ikindi kandi Bruce Melodie wagombaga kubyuka ataramira Abarundi, araye muri kasho zo mu Burundi, uwo muntu urumva koko yajya ku rubyiniro?”

Uyu musesenguzi avuga kandi ko iki gitaramo cyari kigiye kuba kuri iyi nshuro cyateguwe n’Abanyarwanda ku buryo uyu muhanzi ashobora kumvikana na bo kugira ngo ajye kuruhuka.

 

Abayobozi bakomeye mu Burundi byababaje

Umunyamakuru Alain Nova Irambona wo mu Gihugu cy’u Burundi, yabwiye RADIOTV10, yavuze ko Bruce Melodie agifunze.

Yagize ati “Aho bigeze ubu aracyari muri kasho, ariko bavuga ko acungishijwe amaso, guhera ejo pasiporo ye barayimwatse.”

Yavuze ko yavuganye n’umwe mu bayobozi bakomeye muri iki Gihugu cy’u Burundi, amubwira ko abayobozi bakuru bo muri iki Gihugu batishimiye itabwa muri yombi rya Bruce Melodi.

Ati “barimo baravuga bati ‘Ibi bintu biri kutwangiriza urugendo rwiza twari rwo kuzahura umubano wacu n’u Rwanda none ibi bibaye bite?’ urebye ntabwo byashimishije bamwe mu bayobozi bukuru b’Igihugu.”

RADIOTV10

Comments 2

  1. IRADUKUNDA Camile says:
    3 years ago

    Ariko inzira yibiganiro yari yanze kugirango bamufunge abantu Banga amahoro ntacyo atwaye gs abanyarwanda tubone muhurwe mugihugu cy’uburundi urwishe yanka ruracyayirimo pole kubafans ba Bruce Melody

    Reply
    • Katungi Geofrey says:
      3 years ago

      Ariko mwagiye mureka noneho uwambuwe amafra ye aceceke kugirango umubano w’ibihugu ukomeze umere neza?

      Nawe n’amwishyure kugirango ikibazo gicyemuke mbese ugirango bijya kujya mu mategeko ubwumvikane butanze

      Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − two =

Previous Post

Jolly urugendo rwo kugaragaza ibitatse u Rwanda yarutangiriye kuri Hoteli Cleo iteretse ku Kivu

Next Post

Rwanda&Uganda: Guverinoma zombi zagaragaje aho kuzahura umubano bigeze, zishimira Perezida Kagame na Museveni

Related Posts

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruratangaza ko rumaze guta muri yombi abantu babiri bakurikiranyweho gusakaza amashusho y’umuhanzi Uworizagwira Florien n’umukunzi we bari...

Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

by radiotv10
14/11/2025
0

Umunyarwenya Kaduhire Ernestine uzwi nka Kadudu wari wagiye gususurutsa abantu mu gitaramo kizwi nka Gen Z Comedy, yahawe ibihumbi 500...

Men and fashion: How Rwandan men are redefining style

Men and fashion: How Rwandan men are redefining style

by radiotv10
14/11/2025
0

For many years, fashion and self-care were seen as things that only concerned women. In Rwanda, like in many other...

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

by radiotv10
13/11/2025
0

Umuhanzi Robert Ssentamu Kyagulanyi, uzwi cyane ku izina rya Bobi Wine akaba n’umwe mu banyapotiki bakomeye batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa...

Ubutumwa Yampano yageneye abafana n’Abanyarwanda muri rusange ku by’amashusho yavuzweho byinshi

Ubutumwa Yampano yageneye abafana n’Abanyarwanda muri rusange ku by’amashusho yavuzweho byinshi

by radiotv10
13/11/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yasabye imbabazi abafana be n’Abanyarwanda bose muri rusange ku bw’amashusho ye y’ibanga yagiye hanze,...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga
MU RWANDA

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

17/11/2025
Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

17/11/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwanda&Uganda: Guverinoma zombi zagaragaje aho kuzahura umubano bigeze, zishimira Perezida Kagame na Museveni

Rwanda&Uganda: Guverinoma zombi zagaragaje aho kuzahura umubano bigeze, zishimira Perezida Kagame na Museveni

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.