Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bugesera: Umuhinzi yeza urutoki ariko umusaruro we akanga kuwugurisha ukaborera mu murima

radiotv10by radiotv10
13/08/2021
in MU RWANDA
0
Bugesera: Umuhinzi yeza urutoki ariko umusaruro we akanga kuwugurisha ukaborera mu murima
Share on FacebookShare on Twitter

Mu murenge wa Nyamata ho mu karere ka Bugesera hari abaturage banenga umuturanyi wabo kuba amaze igihe yeza ibitoki agahitamo kutabijyana ku isoko bikarinda ubwo byangirikira mu murima.

Mu mudugudu wa Muyanjye akagari ka Maranyundo ho mu murenge wa Nyamata niho hari urutoki rw’umuturage witwa Ntambara Moussa David n’urutoki ruteyemo insina zera ibitoki biribwa nyamara ariko kandi ku rundi ruhande binagaragara ko rudaheruka gusarurwa kuko hirya no hino urahasanga ibitoki byanekeye hejuru ibindi byatemaguriwe hasi ku bushake birahahira kugera ubwo bihaboreye.

Bamwe mu baturiye ahahinze uru rutoki twaganiriye banenga bikomeye uyu muhinzi kuba akomeza kurebera uburyo ibi bitoki byangirika ku buryo hari n’abavuga ko ngo n’ushatse kugura uyu mugabo atabyemera.

Uwo twaganiriye utashatse ko amazina ye atangazwa yagize ati”ibi bintu biteye isoni kubona umuntu areka ibitoki bikaborera mu murima kandi azi neza ko ari kimwe mu biribwa abantu bakenera! ibi ni agashinyaguro mutubarize abayobozi babikurikirane”

Undi nawe ati” Uyu mugabo ntiwazana n’amafaranga ngo akugurishe igitoki murutemberemo murebe ukuntu agenda abitemagurira hasi bikahaborera”

RadioTV10 yavuganye na Ntambara Moussa David tumubaza impamvu adasarura ibitoki bye maze n’uburakari bwinshi ati” Jyewe uyu ni umutungo wanjye ngomba kuwukoresha icyo nshaka rero sinumva impuwe mumfitiye ibyo muvuga ngo ibitoki birakenewe ku isoko simbyitayeho”

Ku ruhande rw’ubuyobozi bw’umurenge wa Nyamata uyu muhinzi abarizwamo buvuga ko ibyo uyu mugabo yakoraga ari amakosa icyakora ngo bamwegereye bamugira inama.

Mushenyi Innocent umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyamata yagize ati”Ibi ntabwo twari tubizi ariko aho mubitubwiriye twamuhamagaye turamuganiriza tumwereka ko n’ubwo umusaruro ari uwe atemerewe kuwangiza ubu rero yatwemereye ko agiye gutangira kuwushakira isoko ndetse natwe atwiyambaje twamufasha”

Amakuru yizewe RadioTV10 ifite ni uko uyu Ntambara Moussa David afite urundi rutoki mu murenge wa Ntarama nanone mu karere ka Bugesera narwo rutajya rusarurwa nyamara ngo muri aka Karere ibitoki ari kimwe mu biribwa nkenerwa mu masoko yaho.

Inkuru ya: Pacifique Ntakirutimana/RadioTV10 Rwanda

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 7 =

Previous Post

10 SPORTS: Hakizimana Muhadiri yaravutse, i Athènes byari ibyishimo Olempike….ibyaranze uyu munsi mu mateka

Next Post

Raphaël Varane yakiriwe muri Manchester United ahabwa na nimero izamuranga

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Raphaël Varane yakiriwe muri Manchester United ahabwa na nimero izamuranga

Raphaël Varane yakiriwe muri Manchester United ahabwa na nimero izamuranga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.