Monday, November 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bugesera: Umuhinzi yeza urutoki ariko umusaruro we akanga kuwugurisha ukaborera mu murima

radiotv10by radiotv10
13/08/2021
in MU RWANDA
0
Bugesera: Umuhinzi yeza urutoki ariko umusaruro we akanga kuwugurisha ukaborera mu murima
Share on FacebookShare on Twitter

Mu murenge wa Nyamata ho mu karere ka Bugesera hari abaturage banenga umuturanyi wabo kuba amaze igihe yeza ibitoki agahitamo kutabijyana ku isoko bikarinda ubwo byangirikira mu murima.

Mu mudugudu wa Muyanjye akagari ka Maranyundo ho mu murenge wa Nyamata niho hari urutoki rw’umuturage witwa Ntambara Moussa David n’urutoki ruteyemo insina zera ibitoki biribwa nyamara ariko kandi ku rundi ruhande binagaragara ko rudaheruka gusarurwa kuko hirya no hino urahasanga ibitoki byanekeye hejuru ibindi byatemaguriwe hasi ku bushake birahahira kugera ubwo bihaboreye.

Bamwe mu baturiye ahahinze uru rutoki twaganiriye banenga bikomeye uyu muhinzi kuba akomeza kurebera uburyo ibi bitoki byangirika ku buryo hari n’abavuga ko ngo n’ushatse kugura uyu mugabo atabyemera.

Uwo twaganiriye utashatse ko amazina ye atangazwa yagize ati”ibi bintu biteye isoni kubona umuntu areka ibitoki bikaborera mu murima kandi azi neza ko ari kimwe mu biribwa abantu bakenera! ibi ni agashinyaguro mutubarize abayobozi babikurikirane”

Undi nawe ati” Uyu mugabo ntiwazana n’amafaranga ngo akugurishe igitoki murutemberemo murebe ukuntu agenda abitemagurira hasi bikahaborera”

RadioTV10 yavuganye na Ntambara Moussa David tumubaza impamvu adasarura ibitoki bye maze n’uburakari bwinshi ati” Jyewe uyu ni umutungo wanjye ngomba kuwukoresha icyo nshaka rero sinumva impuwe mumfitiye ibyo muvuga ngo ibitoki birakenewe ku isoko simbyitayeho”

Ku ruhande rw’ubuyobozi bw’umurenge wa Nyamata uyu muhinzi abarizwamo buvuga ko ibyo uyu mugabo yakoraga ari amakosa icyakora ngo bamwegereye bamugira inama.

Mushenyi Innocent umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyamata yagize ati”Ibi ntabwo twari tubizi ariko aho mubitubwiriye twamuhamagaye turamuganiriza tumwereka ko n’ubwo umusaruro ari uwe atemerewe kuwangiza ubu rero yatwemereye ko agiye gutangira kuwushakira isoko ndetse natwe atwiyambaje twamufasha”

Amakuru yizewe RadioTV10 ifite ni uko uyu Ntambara Moussa David afite urundi rutoki mu murenge wa Ntarama nanone mu karere ka Bugesera narwo rutajya rusarurwa nyamara ngo muri aka Karere ibitoki ari kimwe mu biribwa nkenerwa mu masoko yaho.

Inkuru ya: Pacifique Ntakirutimana/RadioTV10 Rwanda

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

10 SPORTS: Hakizimana Muhadiri yaravutse, i Athènes byari ibyishimo Olempike….ibyaranze uyu munsi mu mateka

Next Post

Raphaël Varane yakiriwe muri Manchester United ahabwa na nimero izamuranga

Related Posts

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

by radiotv10
03/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruratangaza ko rufunze abagabo batatu bafatanywe amahembe y’inzovu yaturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bayatwaye mu...

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

by radiotv10
03/11/2025
0

Mondays are hard. After a relaxing weekend, it’s easy to put off work, scroll on your phone, or tell yourself,...

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

by radiotv10
03/11/2025
0

Inzu isanzwe ari icumbi ry’abanyeshuri mu ishuri rya IWE (Institute Of Women For Excellence) Secondary School riherereye mu Karere ka...

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

by radiotv10
03/11/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Kamonyi, yafashe itsinda ry’abantu batanu barimo umugore umwe, bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano, birimo ubujura...

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

by radiotv10
03/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Unity Club Intwararumuri, Madamu Jeannette Kagame yasabye Abanyarwanda gukomeza kwimakaza Ihame ntakukuka ry’Ubunyarwanda, abibutsa ko gahunda ya...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora
AMAHANGA

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

by radiotv10
03/11/2025
0

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

03/11/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

03/11/2025
Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

03/11/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

03/11/2025
BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

03/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Raphaël Varane yakiriwe muri Manchester United ahabwa na nimero izamuranga

Raphaël Varane yakiriwe muri Manchester United ahabwa na nimero izamuranga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.