Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bugesera: Umuhinzi yeza urutoki ariko umusaruro we akanga kuwugurisha ukaborera mu murima

radiotv10by radiotv10
13/08/2021
in MU RWANDA
0
Bugesera: Umuhinzi yeza urutoki ariko umusaruro we akanga kuwugurisha ukaborera mu murima
Share on FacebookShare on Twitter

Mu murenge wa Nyamata ho mu karere ka Bugesera hari abaturage banenga umuturanyi wabo kuba amaze igihe yeza ibitoki agahitamo kutabijyana ku isoko bikarinda ubwo byangirikira mu murima.

Mu mudugudu wa Muyanjye akagari ka Maranyundo ho mu murenge wa Nyamata niho hari urutoki rw’umuturage witwa Ntambara Moussa David n’urutoki ruteyemo insina zera ibitoki biribwa nyamara ariko kandi ku rundi ruhande binagaragara ko rudaheruka gusarurwa kuko hirya no hino urahasanga ibitoki byanekeye hejuru ibindi byatemaguriwe hasi ku bushake birahahira kugera ubwo bihaboreye.

Bamwe mu baturiye ahahinze uru rutoki twaganiriye banenga bikomeye uyu muhinzi kuba akomeza kurebera uburyo ibi bitoki byangirika ku buryo hari n’abavuga ko ngo n’ushatse kugura uyu mugabo atabyemera.

Uwo twaganiriye utashatse ko amazina ye atangazwa yagize ati”ibi bintu biteye isoni kubona umuntu areka ibitoki bikaborera mu murima kandi azi neza ko ari kimwe mu biribwa abantu bakenera! ibi ni agashinyaguro mutubarize abayobozi babikurikirane”

Undi nawe ati” Uyu mugabo ntiwazana n’amafaranga ngo akugurishe igitoki murutemberemo murebe ukuntu agenda abitemagurira hasi bikahaborera”

RadioTV10 yavuganye na Ntambara Moussa David tumubaza impamvu adasarura ibitoki bye maze n’uburakari bwinshi ati” Jyewe uyu ni umutungo wanjye ngomba kuwukoresha icyo nshaka rero sinumva impuwe mumfitiye ibyo muvuga ngo ibitoki birakenewe ku isoko simbyitayeho”

Ku ruhande rw’ubuyobozi bw’umurenge wa Nyamata uyu muhinzi abarizwamo buvuga ko ibyo uyu mugabo yakoraga ari amakosa icyakora ngo bamwegereye bamugira inama.

Mushenyi Innocent umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyamata yagize ati”Ibi ntabwo twari tubizi ariko aho mubitubwiriye twamuhamagaye turamuganiriza tumwereka ko n’ubwo umusaruro ari uwe atemerewe kuwangiza ubu rero yatwemereye ko agiye gutangira kuwushakira isoko ndetse natwe atwiyambaje twamufasha”

Amakuru yizewe RadioTV10 ifite ni uko uyu Ntambara Moussa David afite urundi rutoki mu murenge wa Ntarama nanone mu karere ka Bugesera narwo rutajya rusarurwa nyamara ngo muri aka Karere ibitoki ari kimwe mu biribwa nkenerwa mu masoko yaho.

Inkuru ya: Pacifique Ntakirutimana/RadioTV10 Rwanda

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 15 =

Previous Post

10 SPORTS: Hakizimana Muhadiri yaravutse, i Athènes byari ibyishimo Olempike….ibyaranze uyu munsi mu mateka

Next Post

Raphaël Varane yakiriwe muri Manchester United ahabwa na nimero izamuranga

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Raphaël Varane yakiriwe muri Manchester United ahabwa na nimero izamuranga

Raphaël Varane yakiriwe muri Manchester United ahabwa na nimero izamuranga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.