Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Burera: Ubuyobozi ntibwemeranya n’abaturage babushinja kubatega imitego ibabuza kugera ku iterambere

radiotv10by radiotv10
10/08/2022
in MU RWANDA
0
Burera: Ubuyobozi ntibwemeranya n’abaturage babushinja kubatega imitego ibabuza kugera ku iterambere
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bimuwe ku kirwa cya Birwa kiri mu Kiyaga cya Burera bagatuzwa mu mudugudu w’ikitegererezo wa Birwa mu Kagari ka Rurembo mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Burera, barashinja ubuyobozi kubima uburenganzira bwo kugurisha ubutaka bwabo kuko abaje kuburambagiza bose bababwira ko ubuyobozi bwanze ko babugura.

Aba baturage babwiye RADIOTV10 ko nyuma yo kwimurwa kuri ubu butaka gakondo bwabo ku mpamvu batavugaho rumwe kuko bamwe bagaragaza ko babwiwe ko bari ahantu hashyira ubuzima bwabo mu kaga abandi bakavuga ko aho mu kirwa bari batuye ngo batagiraga iterambere, none ngo na nyuma yo kwimurwa ntibafite uburenganzira ku butaka bwabo.

Bavuga ko ubu butaka bwabo uretse kuba butanera, ariko no kububyaza umusaruro bibagora kuko buri kure y’aho bagiye gutuzwa.

Bavuga ko hari umushoramari uherutse kuboneka wifuzaga kugura ubutaka bwabo ariko ko ubuyobozi bwamushwishurije bukamubwira ko atemerewe kubugura agahita ajya kugura ahandi.

Aba baturage bavuga ubuyobozi bwanze kubasobanurira impamvu ubu butaka bwabo butemerewe kugurwa n’umushoramari kandi hari ababwifuza benshi.

Umwe ati “Hari abantu baje kugisura [ikirwa] ndetse bavuga n’igihe tuzahurirayo na bo ariko bageze aho bararorera, noneho tubababajije baravuga bati ‘muzavugane n’Akarere’ ubwo bivuze ngo hagati aho harimo ipfundo ry’ikintu kihishemo.”

Aba baturage bavuga ko hari abandi baturage batuye ku kindi kirwa cyo muri Kinoni bo bemerewe kugurisha ubutaka bwabo bakaba batumva impamvu bo babujijwe ubu burenganzira.

Undi muturage ati “Twifuza ko twahabwa uburenganzira bwo kugurisha ubutaka bwacu nk’abandi baturage kuko niba ubutaka ari ubwacu bakagombye kutureka tukagurisha tukaza kugura hano hatwegereye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Uwanyirigira Marie Chantal avuga ko ubuyobozi batigeze bwima aba baturage uburenganzira ku butaka bwabo.

Ati “Uburenganzira barabufite ndetse no muri gahunda yo gukomeza gukurura abashoramari babyaza umusaruro ziriya nkengero z’ibiyaga nk’ahantu habereye ubukerarugendo baramutse babonye umuntu wza kuhagura ntakibazo ndetse natwe hari umushoramari tubonye twamuhuza na bo.”

Uyu muyobozi akomeza asaba aba baturage ko mu gihe batarabona ubagurira ubutaka bwabo, bakomeza kuba babubyaza umusaruro.

Ikirwa cya Birwa kiri mu kiyaga cya Burera kimuweho imiryango isaga 80 ubu ituye mu mudugudu w’icyitegererezo wa Birwa kuva muri 2017.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 18 =

Previous Post

Umunyapolitiki wari inkoramutima ya Tshisekedi uherutse guhagukira kumurwanya akanamutuka yafunzwe

Next Post

Hamenyekanye icyo Perezida wa Ukraine yavuganye na Tshisekedi kuri Telefone

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

IZIHERUKA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe
AMAHANGA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye icyo Perezida wa Ukraine yavuganye na Tshisekedi kuri Telefone

Hamenyekanye icyo Perezida wa Ukraine yavuganye na Tshisekedi kuri Telefone

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.