Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Burera: Ubuyobozi ntibwemeranya n’abaturage babushinja kubatega imitego ibabuza kugera ku iterambere

radiotv10by radiotv10
10/08/2022
in MU RWANDA
0
Burera: Ubuyobozi ntibwemeranya n’abaturage babushinja kubatega imitego ibabuza kugera ku iterambere
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bimuwe ku kirwa cya Birwa kiri mu Kiyaga cya Burera bagatuzwa mu mudugudu w’ikitegererezo wa Birwa mu Kagari ka Rurembo mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Burera, barashinja ubuyobozi kubima uburenganzira bwo kugurisha ubutaka bwabo kuko abaje kuburambagiza bose bababwira ko ubuyobozi bwanze ko babugura.

Aba baturage babwiye RADIOTV10 ko nyuma yo kwimurwa kuri ubu butaka gakondo bwabo ku mpamvu batavugaho rumwe kuko bamwe bagaragaza ko babwiwe ko bari ahantu hashyira ubuzima bwabo mu kaga abandi bakavuga ko aho mu kirwa bari batuye ngo batagiraga iterambere, none ngo na nyuma yo kwimurwa ntibafite uburenganzira ku butaka bwabo.

Bavuga ko ubu butaka bwabo uretse kuba butanera, ariko no kububyaza umusaruro bibagora kuko buri kure y’aho bagiye gutuzwa.

Bavuga ko hari umushoramari uherutse kuboneka wifuzaga kugura ubutaka bwabo ariko ko ubuyobozi bwamushwishurije bukamubwira ko atemerewe kubugura agahita ajya kugura ahandi.

Aba baturage bavuga ubuyobozi bwanze kubasobanurira impamvu ubu butaka bwabo butemerewe kugurwa n’umushoramari kandi hari ababwifuza benshi.

Umwe ati “Hari abantu baje kugisura [ikirwa] ndetse bavuga n’igihe tuzahurirayo na bo ariko bageze aho bararorera, noneho tubababajije baravuga bati ‘muzavugane n’Akarere’ ubwo bivuze ngo hagati aho harimo ipfundo ry’ikintu kihishemo.”

Aba baturage bavuga ko hari abandi baturage batuye ku kindi kirwa cyo muri Kinoni bo bemerewe kugurisha ubutaka bwabo bakaba batumva impamvu bo babujijwe ubu burenganzira.

Undi muturage ati “Twifuza ko twahabwa uburenganzira bwo kugurisha ubutaka bwacu nk’abandi baturage kuko niba ubutaka ari ubwacu bakagombye kutureka tukagurisha tukaza kugura hano hatwegereye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Uwanyirigira Marie Chantal avuga ko ubuyobozi batigeze bwima aba baturage uburenganzira ku butaka bwabo.

Ati “Uburenganzira barabufite ndetse no muri gahunda yo gukomeza gukurura abashoramari babyaza umusaruro ziriya nkengero z’ibiyaga nk’ahantu habereye ubukerarugendo baramutse babonye umuntu wza kuhagura ntakibazo ndetse natwe hari umushoramari tubonye twamuhuza na bo.”

Uyu muyobozi akomeza asaba aba baturage ko mu gihe batarabona ubagurira ubutaka bwabo, bakomeza kuba babubyaza umusaruro.

Ikirwa cya Birwa kiri mu kiyaga cya Burera kimuweho imiryango isaga 80 ubu ituye mu mudugudu w’icyitegererezo wa Birwa kuva muri 2017.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 20 =

Previous Post

Umunyapolitiki wari inkoramutima ya Tshisekedi uherutse guhagukira kumurwanya akanamutuka yafunzwe

Next Post

Hamenyekanye icyo Perezida wa Ukraine yavuganye na Tshisekedi kuri Telefone

Related Posts

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

by radiotv10
23/12/2025
0

There’s a competition happening among young people today, quiet, invisible, and rarely admitted. No one announces it. No one sets...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

I Gishari mu Ishuri ry’amahugurwa rya Polisi y’u Rwanda, hasojwe icyiciro cya 21 cy’amahugurwa y’abapolisi bato 1 905, barimo 337...

IZIHERUKA

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It
IMIBEREHO MYIZA

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

23/12/2025
Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye icyo Perezida wa Ukraine yavuganye na Tshisekedi kuri Telefone

Hamenyekanye icyo Perezida wa Ukraine yavuganye na Tshisekedi kuri Telefone

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.