• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Burera: Ubuyobozi ntibwemeranya n’abaturage babushinja kubatega imitego ibabuza kugera ku iterambere

radiotv10by radiotv10
10/08/2022
in MU RWANDA
0
Burera: Ubuyobozi ntibwemeranya n’abaturage babushinja kubatega imitego ibabuza kugera ku iterambere
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bimuwe ku kirwa cya Birwa kiri mu Kiyaga cya Burera bagatuzwa mu mudugudu w’ikitegererezo wa Birwa mu Kagari ka Rurembo mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Burera, barashinja ubuyobozi kubima uburenganzira bwo kugurisha ubutaka bwabo kuko abaje kuburambagiza bose bababwira ko ubuyobozi bwanze ko babugura.

Aba baturage babwiye RADIOTV10 ko nyuma yo kwimurwa kuri ubu butaka gakondo bwabo ku mpamvu batavugaho rumwe kuko bamwe bagaragaza ko babwiwe ko bari ahantu hashyira ubuzima bwabo mu kaga abandi bakavuga ko aho mu kirwa bari batuye ngo batagiraga iterambere, none ngo na nyuma yo kwimurwa ntibafite uburenganzira ku butaka bwabo.

Bavuga ko ubu butaka bwabo uretse kuba butanera, ariko no kububyaza umusaruro bibagora kuko buri kure y’aho bagiye gutuzwa.

Bavuga ko hari umushoramari uherutse kuboneka wifuzaga kugura ubutaka bwabo ariko ko ubuyobozi bwamushwishurije bukamubwira ko atemerewe kubugura agahita ajya kugura ahandi.

Aba baturage bavuga ubuyobozi bwanze kubasobanurira impamvu ubu butaka bwabo butemerewe kugurwa n’umushoramari kandi hari ababwifuza benshi.

Umwe ati “Hari abantu baje kugisura [ikirwa] ndetse bavuga n’igihe tuzahurirayo na bo ariko bageze aho bararorera, noneho tubababajije baravuga bati ‘muzavugane n’Akarere’ ubwo bivuze ngo hagati aho harimo ipfundo ry’ikintu kihishemo.”

Aba baturage bavuga ko hari abandi baturage batuye ku kindi kirwa cyo muri Kinoni bo bemerewe kugurisha ubutaka bwabo bakaba batumva impamvu bo babujijwe ubu burenganzira.

Undi muturage ati “Twifuza ko twahabwa uburenganzira bwo kugurisha ubutaka bwacu nk’abandi baturage kuko niba ubutaka ari ubwacu bakagombye kutureka tukagurisha tukaza kugura hano hatwegereye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Uwanyirigira Marie Chantal avuga ko ubuyobozi batigeze bwima aba baturage uburenganzira ku butaka bwabo.

Ati “Uburenganzira barabufite ndetse no muri gahunda yo gukomeza gukurura abashoramari babyaza umusaruro ziriya nkengero z’ibiyaga nk’ahantu habereye ubukerarugendo baramutse babonye umuntu wza kuhagura ntakibazo ndetse natwe hari umushoramari tubonye twamuhuza na bo.”

Uyu muyobozi akomeza asaba aba baturage ko mu gihe batarabona ubagurira ubutaka bwabo, bakomeza kuba babubyaza umusaruro.

Ikirwa cya Birwa kiri mu kiyaga cya Burera kimuweho imiryango isaga 80 ubu ituye mu mudugudu w’icyitegererezo wa Birwa kuva muri 2017.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 9 =

Previous Post

Umunyapolitiki wari inkoramutima ya Tshisekedi uherutse guhagukira kumurwanya akanamutuka yafunzwe

Next Post

Hamenyekanye icyo Perezida wa Ukraine yavuganye na Tshisekedi kuri Telefone

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Hamenyekanye icyo Perezida wa Ukraine yavuganye na Tshisekedi kuri Telefone

Hamenyekanye icyo Perezida wa Ukraine yavuganye na Tshisekedi kuri Telefone

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.