Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Burya ni umunyabigango: Harmonize yatunguye benshi kubera ibizigira bye

radiotv10by radiotv10
26/01/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
1
Burya ni umunyabigango: Harmonize yatunguye benshi kubera ibizigira bye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’Umunya-Tanzania, Harmonize uri mu Rwanda, yatunguranye ubwo yari mu nzu ikorerwamo imyitozo mu Mujyi wa Kigali, kubera uburyo yubatse umubiri mu buryo benshi batakekaga.

Uyu muhanzi wageze mu Rwanda mu mpera z’icyumweru gishize, akakirwa n’inshuti ye Bruce Melodie ndetse n’umujyanama we Coach Gael, akomeje kugirira ibihe byiza mu Rwanda.

Uretse gusura ibikorwa binyuranye, Harmonize usanzwe anakunda gukora imyitozo yo gutubura umubiri we, yagiye mu nzu y’imyitozo izwi nka Gym, mu Mujyi wa Kigali, aho yagiye yambaye aga T-Shirt bamwe bagatungurwa n’ukuboko kwe gushyitse.

Uyu musore yari yajyanye n’Umu-Dj w’Umunyarwandakazi ugezweho mu Rwanda, Dj Briane wanashyize hanze amafoto bari kumwe baganira.

Mu butumwa buherekeje aya mafoto ya Dj Briane ari kumwe na Harmonize muri Gym, yagize ati “Njye n’umuvandimwe wanjye Harmonize, isange nko mu rugo muvandi.”

Harmonize kandi aherutse gutemberana na Bruce Melodie na Coach Gael mu nyubako y’imyidagaduro ya BK Arena aho banidagaduriye bagakina umukino w’isiganwa ry’utumodoka duto.

Uyu muhanzi uri mu bagezweho mu karere k’Ibiyaga bigari, yaje mu Rwanda ku butumire bwa Label ya 1:55 AM ya Coach Gael inabarizwamo umuhanzi Bruce Melodie wakoranye indirimbo n’uyu muhanzi w’Umunya-Tanzania.

Bivugwa ko iyi ndirimbo ya Bruce Melodie na Harmonize iri mu bikorwa bizifashishwa mu gufungura ku mugaragaro iyi Label yamaze no gusinyisha umutunganyamuziki uzwi nka Element.

Harmonize na Dj Briane

RADIOTV10

Comments 1

  1. Nzabonimana charles says:
    3 years ago

    2001

    Reply

Leave a Reply to Nzabonimana charles Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 8 =

Previous Post

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi icyo yavuze ku butinganyi cyatunguranye

Next Post

Gukina nta bafana,…: Ibihano bishobora guhabwa Kiyovu ku bw’abafana bayo batutse Mukansanga

Related Posts

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruratangaza ko rumaze guta muri yombi abantu babiri bakurikiranyweho gusakaza amashusho y’umuhanzi Uworizagwira Florien n’umukunzi we bari...

Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

by radiotv10
14/11/2025
0

Umunyarwenya Kaduhire Ernestine uzwi nka Kadudu wari wagiye gususurutsa abantu mu gitaramo kizwi nka Gen Z Comedy, yahawe ibihumbi 500...

Men and fashion: How Rwandan men are redefining style

Men and fashion: How Rwandan men are redefining style

by radiotv10
14/11/2025
0

For many years, fashion and self-care were seen as things that only concerned women. In Rwanda, like in many other...

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

by radiotv10
13/11/2025
0

Umuhanzi Robert Ssentamu Kyagulanyi, uzwi cyane ku izina rya Bobi Wine akaba n’umwe mu banyapotiki bakomeye batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa...

Ubutumwa Yampano yageneye abafana n’Abanyarwanda muri rusange ku by’amashusho yavuzweho byinshi

Ubutumwa Yampano yageneye abafana n’Abanyarwanda muri rusange ku by’amashusho yavuzweho byinshi

by radiotv10
13/11/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yasabye imbabazi abafana be n’Abanyarwanda bose muri rusange ku bw’amashusho ye y’ibanga yagiye hanze,...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga
MU RWANDA

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

17/11/2025
Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

17/11/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gukina nta bafana,…: Ibihano bishobora guhabwa Kiyovu ku bw’abafana bayo batutse Mukansanga

Gukina nta bafana,…: Ibihano bishobora guhabwa Kiyovu ku bw’abafana bayo batutse Mukansanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.