Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Bushali ahishuye ko agiye gushinga ikipe azaha izina ridasanzwe, abajijwe igisobanuro cyaryo aryumaho

radiotv10by radiotv10
29/07/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Bushali ahishuye ko agiye gushinga ikipe azaha izina ridasanzwe, abajijwe igisobanuro cyaryo aryumaho
Share on FacebookShare on Twitter

Umuraperi Hagenimana Jean Paul uzwi nka Bushali, yahishuye ko agiye gushinga ikipe y’umupira w’amaguru azita ‘Onze Boule’ ariko yirinze gutangaza byinshi kuri yo ngo ba KNC batamushishura.

Uyu muhanzi uri mu bafite abakunzi benshi mu Rwanda, yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 29 Nyakanga 2022 mu kiganiro Urukiko gitambuka kuri Radio 10.

Bushali cyangwa Bushido n’andi mazina atandukanye yiyita, yavuze ko asanzwe akurikiranira hafi iby’umupira w’amaguru kuko muri ruhago nyarwanda asanzwe afitemo inshuti nyinshi nk’umunyezamu w’Amavubi Kwizera Olivier, myugariro Rwatubyaye Abdul, ndetse na Muhire Kevin.

Ati “Njya niyongoza nko mu myitozo nkajya kubareba kuko ni abavandimwe bampora hafi no mu muziki wanjye. Urumva ntabwo wabura umwanya wo kujya kubareba.”

Umunyamakuru amubajije ku makuru amaze iminsi avugwa ko yaba agiye gushinga ikipe, yahise amusubiza vuba na bwangu ati “Yeah yeah Onze Boule.” Umunyamakuru ahita mubaza niba iryo ari izina ry’ikipe agiye gushinga, asubiza agira ati “Yego kabisa, Onze Boule.”

Ababijwe igisobanuro cy’iri zina ridasanzwe, Bushali yagize ati “Ntabwo nahita mbisobanura kuko abakire nka ba KNC baba baricanye, ashobora guhita abigira Academy bimwe twahoze twita gushishura.”

Bushali uvuga ko igitekerezo cyo gushinga ikipe yakize kubera kugira inshuti nyinshi zikina ruhago, akumva ko na we agomba gushora imari muri ruhago.

Avuga kandi ko iyi kipe ye izaba iri ku rwego rwo hejuru ugereranyije n’izindi zo mu Rwanda kuko azayigurira imodoka izaba irimo buri kimwe. Ati “Onze Boule bayitege.”

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 8 =

Previous Post

Ryizemo Ibikomangoma bibiri by’u Bwongereza, Gaddafi,…-Ibigwi by’ishuri rigiye kurangizamo Ian Kagame

Next Post

Umudepite ukekwaho kwiba telefone ifite agaciro k’ibihumbi 20Frw ari guhigishwa uruhindu

Related Posts

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyasudanikazi Nyakuecky William wamaze kwibatiza akazina ka Gaju, uba mu Rwanda, uvuga ko yanamaze kuba Umunyarwandakazi, yavuze ibintu bitatu akunda...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umudepite ukekwaho kwiba telefone ifite agaciro k’ibihumbi 20Frw ari guhigishwa uruhindu

Umudepite ukekwaho kwiba telefone ifite agaciro k’ibihumbi 20Frw ari guhigishwa uruhindu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.