Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Bushali ahishuye ko agiye gushinga ikipe azaha izina ridasanzwe, abajijwe igisobanuro cyaryo aryumaho

radiotv10by radiotv10
29/07/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Bushali ahishuye ko agiye gushinga ikipe azaha izina ridasanzwe, abajijwe igisobanuro cyaryo aryumaho
Share on FacebookShare on Twitter

Umuraperi Hagenimana Jean Paul uzwi nka Bushali, yahishuye ko agiye gushinga ikipe y’umupira w’amaguru azita ‘Onze Boule’ ariko yirinze gutangaza byinshi kuri yo ngo ba KNC batamushishura.

Uyu muhanzi uri mu bafite abakunzi benshi mu Rwanda, yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 29 Nyakanga 2022 mu kiganiro Urukiko gitambuka kuri Radio 10.

Bushali cyangwa Bushido n’andi mazina atandukanye yiyita, yavuze ko asanzwe akurikiranira hafi iby’umupira w’amaguru kuko muri ruhago nyarwanda asanzwe afitemo inshuti nyinshi nk’umunyezamu w’Amavubi Kwizera Olivier, myugariro Rwatubyaye Abdul, ndetse na Muhire Kevin.

Ati “Njya niyongoza nko mu myitozo nkajya kubareba kuko ni abavandimwe bampora hafi no mu muziki wanjye. Urumva ntabwo wabura umwanya wo kujya kubareba.”

Umunyamakuru amubajije ku makuru amaze iminsi avugwa ko yaba agiye gushinga ikipe, yahise amusubiza vuba na bwangu ati “Yeah yeah Onze Boule.” Umunyamakuru ahita mubaza niba iryo ari izina ry’ikipe agiye gushinga, asubiza agira ati “Yego kabisa, Onze Boule.”

Ababijwe igisobanuro cy’iri zina ridasanzwe, Bushali yagize ati “Ntabwo nahita mbisobanura kuko abakire nka ba KNC baba baricanye, ashobora guhita abigira Academy bimwe twahoze twita gushishura.”

Bushali uvuga ko igitekerezo cyo gushinga ikipe yakize kubera kugira inshuti nyinshi zikina ruhago, akumva ko na we agomba gushora imari muri ruhago.

Avuga kandi ko iyi kipe ye izaba iri ku rwego rwo hejuru ugereranyije n’izindi zo mu Rwanda kuko azayigurira imodoka izaba irimo buri kimwe. Ati “Onze Boule bayitege.”

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 1 =

Previous Post

Ryizemo Ibikomangoma bibiri by’u Bwongereza, Gaddafi,…-Ibigwi by’ishuri rigiye kurangizamo Ian Kagame

Next Post

Umudepite ukekwaho kwiba telefone ifite agaciro k’ibihumbi 20Frw ari guhigishwa uruhindu

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

by radiotv10
07/01/2026
0

Mbabazi Shadia wamamaye nka Shaddy Boo ku mbuga nkoranyambaga, bamwe banitaga ‘Umwamikazi wazo’, yagaragaje ko umwaka ushize wamubereye uw’imitwaro, ariko...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umudepite ukekwaho kwiba telefone ifite agaciro k’ibihumbi 20Frw ari guhigishwa uruhindu

Umudepite ukekwaho kwiba telefone ifite agaciro k’ibihumbi 20Frw ari guhigishwa uruhindu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.