• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

radiotv10by radiotv10
02/06/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko bagiye kwibaruka imfura yabo, ndetse anararikira abantu ikiganiro kizagaruka ku rukundo rwabo.

Aba bombi bamaze igihe binjiye mu rukundo rwatangiye ubwo bahuriraga mu kiganiro ‘The Secret Story’ gitambuka kuri Canal+ Magic, aho uyu musore yanamwambikiye impeta y’urukundo.

Nyuma uyu musore yanasuye umukunzi we mu Rwanda, anamwereka inshuti n’imiryango, ndetse bombi bakomeje kugenda basurana, aho umwe yajyaga mu Gihugu cy’undi.

Mu minsi micye ishize, aba bombi kandi bongeye kwambikana impeta y’urukundo nk’abantu bitegura kurushingana bakibanira nk’umugore n’umugabo.

France Mpundu kandi, kuri uyu wa Kabiri yahishuye ko we n’umukunzi we Moctar bitegura kwibaruka imfura yabo, aho yanagaragaje bitegura kwibaruka imfura yabo.

Mu butumwa buherekejwe n’amafoto agaragaza uyu Munyarwandakazi atwite inda nkuru, yagize ati “Ntitwari dufite uko twabibwira, ni yo mpamvu twahisemo kubibereka. Moctance (ihuriro ry’amazina yabo bombi, Moctar na France) ni inkuru irenze urukundo rwatangiye imbere y’amaso yanyu; ni inkuru y’ubuzima, imiryango ibiri, ibyamamare bibiri byubaka inzu yabo amaherezo bakaba batatu.”

Uyu witegura kwibaruka, yavuze ko ibi byose bizagaragara mu kiganiro cyitwa ‘Vie VIP’ kizajya gitambuka kuri Canal + Afrique, anararikira abantu kuzatangira kukireba mu bihe bya vuba aha.

France Mpundu n’umukunzi Moctar baritegura kwibaruka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 10 =

Previous Post

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Next Post

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Next Post
Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.