Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Bwa mbere Barack Obama n’umugore we Michelle bari kumwe bavuze ku bihuha byo gutandukana

radiotv10by radiotv10
17/07/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Bwa mbere Barack Obama n’umugore we Michelle bari kumwe bavuze ku bihuha byo gutandukana
Share on FacebookShare on Twitter

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we Michelle Obama, bari kumwe mu kiganiro, bamaganiye kure ibihuha bimaze igihe bicicikana ko batandukanye, umwe avuga ko nta na rimwe yigeze atekereza gusiga undi.

Ni ikiganiro cyakozwe mu buryo bwa podcast cyarimo Michelle Obama ari kumwe na musaza wa Craig Robinson, ndetse na Barack Obama, cyagiye hanze kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Nyakanga 2025.

Ubwo Barack Obama waje asanga umugore we na Craig Robinson baganira, uyu wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America yabanje kuramukanya n’umugore we basomana ku itama.

Uyu munyapolitiki wayoboye Leta Zunze Ubumwe za America uzi no gutebya, yatangiye avuga ati “arongeye arangaruye [avuga ko umugore we atumye aza mu kiganiro IMO].”

Ibihuha bya gatanya yavuzwe hagati ya Barack na Michelle Obama, byazamutse aba bombi, bari bamaze igihe batagaragara mu ruhame bari kumwe, aho buri umwe yagaragaraga ukwe byumwihariko mu irahira rya Perezida Donald Trump ryabaye muri Mutarama uyu mwaka, aho Barack Obama yagaragaye wenyine atari kumwe n’umugore we.

Robinson musaza wa Michelle, ubwo yabahaga ikaze muri iki kiganiro, yagize ati “Ni iby’agaciro kubakira mwembe mu cyumba kimwe muri kumwe.” Michelle na we ahita agira ati “Nari mbizi, kuko iyo tutari kumwe, abantu bakeka ko twatandukanye.”

Robinson yabasubiriyemo inkuru y’umugore wigeze kumutangira ku kibuga cy’indege akamubaza iby’urushako rw’aba bombi (Barack na Michelle Obama). Aho uyu mugore yamubajije agira ati “Yakoze iki? [avuga Barack Obama].”

Barack Obama na we yagize ati “Ibyo ni ibintu nkumbuye. Ariko nanjye ubwanjye sinzi uko ibyo bintu biba bimeze, hanyuma umuntu nanjye akabinganirizaho, nkasa nkumubaza nti ‘ariko ibyo uvuga ni ibiki?’”

Michelle Obama na we yakomeje agira ati “Nta na rimwe mu rushako rwacu nigeze ntekereza gusiga umugabo wanjye. yego twagiye tunyura mu bihe bikomeye ariko nanone twagiye tugira ibihe byinshi bishimishije, tugenda twiga byinshi hamwe, kandi byatumye nkomera kurushaho kubera umugabo twashyingiranywe.”

Michelle Obama kandi yavuze ko icyatumye atitabira ibirori by’irahira rya Perezida Trump, ari ibyo bihuha byari bikomeje kubavugwaho.

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America wa 44, we n’umugore we Michelle Obama, bashyingiranywe mu 1992, ubu bafitanye abana babiri bombi b’abakobwa; Malia na Sasha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + two =

Previous Post

Gatabazi yagarutse, Maj.Gen.(Rtd)Jacques Nziza na Amb.Karega bahabwa inshingano-Menya abayobozi bashyizwe mu myanya

Next Post

Gatabazi wari umaze imyaka itatu nta nshingano yageneye ubutumwa Perezida Kagame

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yasimbuje Gatabazi ku mwanya wa Minisitiri w’Ubutegetsi

Gatabazi wari umaze imyaka itatu nta nshingano yageneye ubutumwa Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.