Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bwa mbere Jimmy Gatete yavuze icyatumye amara imyaka irenga 10 adakandagira mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
14/10/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Bwa mbere Jimmy Gatete yavuze icyatumye amara imyaka irenga 10 adakandagira mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyabigwi mu mupira w’amaguru mu Rwanda, Jimmy Gatete, ku nshuro ya mbere yavuze icyatume yari amaze imyaka 12 adakandagira mu Gihugu cyamwibarutse akanagihesha ishema.

Uyu rutahizamu w’ibihe byose mu ikipe y’umupira w’amaguru, ni umwe mu batazibagirana kubera ibyamuranze ubwo yacongaga ruhago agahesha Amavubi amahirwe yo kwitabira Igikombe cya Afurika ari na cyo ruherukamo.

Muri iki cyumweru yongeye gusesekara ku butaka bw’u Rwanda nyuma y’imyaka 12 atahagera, azanywe n’ibikorwa byo kumenyekanisha igikombe cy’Isi cy’abakanyujijeho mu mupira w’amaguru.

Akigera ku Kibuga cy’Indege, yavuze ko nubwo yari ataragera mu bindi bice by’Igihugu ariko ku Kibuga cy’indege ubwaho hahindutse bitangaje.

Muri icyo kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Jimmy Gatete yavuze ko yari akumbuye Abanyarwanda ndetse n’amafunguro yo mu rwagasabo.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Ukwakira 2022, habaye ikiganiro n’abanyamakuru kigaragaza igikorwa cyazanye Getete Jimmy n’abandi banyabigwi muri ruhago y’Isi barimo Abanya-Cameroon Patrick Mboma na Roger Milla, Umunya-Senegal Khalilou Fadiga n’Umunya-Ghana, Anthony Baffoe

Muri iki kiganiro, Jimmy Gatete yabajijwe impamvu yari amaze imyaka irenga 10 adakandagira mu Rwanda yagiriyemo ibihe byiza, avuga ko na we ubwe atabasha kuyisobanura.

Yagize ati “Nta mpamvu ifatika nakubwira, urabizi amahanga […] nagiye hanze maze kubaka, hazamo abana n’ibindi […] ni byo navuga ko byatumye ntagaruka mu mupira.”

Yavuze ko kuza muri iki gikorwa, yabisabwe akumva ntakigomba kumubuza kuza kwifatanya na bagenzi be bakanyujijeho muri ruhango. Ati “Nari niteguye, sinari kubyanga.”

Muri iki kiganiro, Umunya-Ghana, Anthony Baffoe, yavuze ko na we yemera Jimmy Gatete nk’umunyabigwi muri ruhago y’u Rwanda ndetse ko n’Abanyarwanda benshi babibona uko, ariko ko abona bidahabwa agaciro n’abagakwiye kukabiha.

Yagize ati “Jimmy Gatete ni we ufatwa nk’umukinnyi w’ibihe byose mu Rwanda, ariko iyo uhageze ntakibigaragaza, nta kintu na kimwe kibigagaragaza, nta kintu na kimwe cyamwitiriwe, dukwiye kubaha agaciro.”

Minisitiri wa Siporo mu Rwanda, Aurore Mimosa Munyagaju, yagaragaje ko nyamara Jimmy Gatete yahawe agaciro, ati “Hari igihe amakaye yose yakozwe mu Rwanda hariho amafoto ya Jimmy Gatete.”

Minisitiri Mimosa yavuze ko Guverinoma atari yo igomba kujya ihora isanga abanyabigwi nk’aba, ahubwo ko na bo bashobora kuyigana bakanayigezaho ibitekerezo byayifasha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 13 =

Previous Post

Karongi: Umugore ukekwaho kwangiza imyanya ndangagitsina y’umwana w’umuhungu yafatiwe icyemezo

Next Post

Ikigega cyashibutse mu kwigira kw’Abanyarwanda cyashoye Miliyari 8Frw muri Banki ikomeye

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

by radiotv10
06/06/2025
0

Myugairo Gabriel Magalhães wa Arsenal FC, yongereye amasezerano muri iyi kipe azageza 2029, yavuze ko yishimiye kuguma muri iyi kipe,...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikigega cyashibutse mu kwigira kw’Abanyarwanda cyashoye Miliyari 8Frw muri Banki ikomeye

Ikigega cyashibutse mu kwigira kw’Abanyarwanda cyashoye Miliyari 8Frw muri Banki ikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.