Tuesday, August 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bwa mbere Jimmy Gatete yavuze icyatumye amara imyaka irenga 10 adakandagira mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
14/10/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Bwa mbere Jimmy Gatete yavuze icyatumye amara imyaka irenga 10 adakandagira mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyabigwi mu mupira w’amaguru mu Rwanda, Jimmy Gatete, ku nshuro ya mbere yavuze icyatume yari amaze imyaka 12 adakandagira mu Gihugu cyamwibarutse akanagihesha ishema.

Uyu rutahizamu w’ibihe byose mu ikipe y’umupira w’amaguru, ni umwe mu batazibagirana kubera ibyamuranze ubwo yacongaga ruhago agahesha Amavubi amahirwe yo kwitabira Igikombe cya Afurika ari na cyo ruherukamo.

Muri iki cyumweru yongeye gusesekara ku butaka bw’u Rwanda nyuma y’imyaka 12 atahagera, azanywe n’ibikorwa byo kumenyekanisha igikombe cy’Isi cy’abakanyujijeho mu mupira w’amaguru.

Akigera ku Kibuga cy’Indege, yavuze ko nubwo yari ataragera mu bindi bice by’Igihugu ariko ku Kibuga cy’indege ubwaho hahindutse bitangaje.

Muri icyo kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Jimmy Gatete yavuze ko yari akumbuye Abanyarwanda ndetse n’amafunguro yo mu rwagasabo.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Ukwakira 2022, habaye ikiganiro n’abanyamakuru kigaragaza igikorwa cyazanye Getete Jimmy n’abandi banyabigwi muri ruhago y’Isi barimo Abanya-Cameroon Patrick Mboma na Roger Milla, Umunya-Senegal Khalilou Fadiga n’Umunya-Ghana, Anthony Baffoe

Muri iki kiganiro, Jimmy Gatete yabajijwe impamvu yari amaze imyaka irenga 10 adakandagira mu Rwanda yagiriyemo ibihe byiza, avuga ko na we ubwe atabasha kuyisobanura.

Yagize ati “Nta mpamvu ifatika nakubwira, urabizi amahanga […] nagiye hanze maze kubaka, hazamo abana n’ibindi […] ni byo navuga ko byatumye ntagaruka mu mupira.”

Yavuze ko kuza muri iki gikorwa, yabisabwe akumva ntakigomba kumubuza kuza kwifatanya na bagenzi be bakanyujijeho muri ruhango. Ati “Nari niteguye, sinari kubyanga.”

Muri iki kiganiro, Umunya-Ghana, Anthony Baffoe, yavuze ko na we yemera Jimmy Gatete nk’umunyabigwi muri ruhago y’u Rwanda ndetse ko n’Abanyarwanda benshi babibona uko, ariko ko abona bidahabwa agaciro n’abagakwiye kukabiha.

Yagize ati “Jimmy Gatete ni we ufatwa nk’umukinnyi w’ibihe byose mu Rwanda, ariko iyo uhageze ntakibigaragaza, nta kintu na kimwe kibigagaragaza, nta kintu na kimwe cyamwitiriwe, dukwiye kubaha agaciro.”

Minisitiri wa Siporo mu Rwanda, Aurore Mimosa Munyagaju, yagaragaje ko nyamara Jimmy Gatete yahawe agaciro, ati “Hari igihe amakaye yose yakozwe mu Rwanda hariho amafoto ya Jimmy Gatete.”

Minisitiri Mimosa yavuze ko Guverinoma atari yo igomba kujya ihora isanga abanyabigwi nk’aba, ahubwo ko na bo bashobora kuyigana bakanayigezaho ibitekerezo byayifasha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

Karongi: Umugore ukekwaho kwangiza imyanya ndangagitsina y’umwana w’umuhungu yafatiwe icyemezo

Next Post

Ikigega cyashibutse mu kwigira kw’Abanyarwanda cyashoye Miliyari 8Frw muri Banki ikomeye

Related Posts

Amakuru agenzweho: Hashyizwe hanze imitsindire y’abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta n’uko Uturere dukurikirana

Amakuru agenzweho: Hashyizwe hanze imitsindire y’abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta n’uko Uturere dukurikirana

by radiotv10
19/08/2025
0

Minisiteri y’Uburezi yatangaje ibyavuye mu bizamini bya Leta by’abarangije amashuri abanza n’abarangije icyiciro rusange cy’ayisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2024-2025,...

Hamenyakanye igihe cyo gutangira gusuzumishirizaho ibinyabiziga ikizamini gishya mu Rwanda

Hamenyakanye igihe cyo gutangira gusuzumishirizaho ibinyabiziga ikizamini gishya mu Rwanda

by radiotv10
19/08/2025
1

Ikigo cy'lgihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA) cyatangaje itariki izatangirizwaho ku mugaragaro gahunda yo gupima imyotsi y’ibinyabiziga mu buryo bwisumbuyeho, ireba...

Eng.-New vehicle emission tests to begin soon in Rwanda

Eng.-New vehicle emission tests to begin soon in Rwanda

by radiotv10
19/08/2025
0

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) has confirmed that a new vehicle emission testing program will officially begin on August...

Kamonyi: Umukozi w’ikigo cy’imari washatse kukiba 3.500.000Frw agatahurwa hamenyekanye uko yabyitwayemo

Hasobanuwe iby’urupfu rw’umusore wishwe nyuma yo gukiza abarwaniraga mu kabari n’ibyagezweho mu iperereza

by radiotv10
19/08/2025
0

Polisi yo mu Ntara y’Amajyepfo yatangaje ko yataye muri yombi abantu umunani bo mu Karere ka Kamonyi bakekwaho kugira uruhare...

Eng.–Three people lost their lives during unusual rainfall in Rwanda, accompanied by thunder

Eng.–Three people lost their lives during unusual rainfall in Rwanda, accompanied by thunder

by radiotv10
19/08/2025
0

The Ministry of Emergency Management has announced that disasters caused by the heavy rainfall that poured throughout the night of...

IZIHERUKA

Amakuru agenzweho: Hashyizwe hanze imitsindire y’abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta n’uko Uturere dukurikirana
MU RWANDA

Amakuru agenzweho: Hashyizwe hanze imitsindire y’abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta n’uko Uturere dukurikirana

by radiotv10
19/08/2025
0

Igisirikare cya Somalia kirigamba akazi gakomeye cyakoze mu guhashya ibyihebe bya Al Shabab

Igisirikare cya Somalia kirigamba akazi gakomeye cyakoze mu guhashya ibyihebe bya Al Shabab

19/08/2025
Hamenyakanye igihe cyo gutangira gusuzumishirizaho ibinyabiziga ikizamini gishya mu Rwanda

Hamenyakanye igihe cyo gutangira gusuzumishirizaho ibinyabiziga ikizamini gishya mu Rwanda

19/08/2025
Umujenerali ufite amateka mu ishyaka riyoboye u Burundi byamenyekanye ko afunze n’icyo azira

Umujenerali ufite amateka mu ishyaka riyoboye u Burundi byamenyekanye ko afunze n’icyo azira

19/08/2025
Eng.-New vehicle emission tests to begin soon in Rwanda

Eng.-New vehicle emission tests to begin soon in Rwanda

19/08/2025
Ibisobanuro by’Igihugu cya Kenya ku ishyirwaho ry’ugihagarariye mu gace kagenzurwa na AFC/M23

Ibisobanuro by’Igihugu cya Kenya ku ishyirwaho ry’ugihagarariye mu gace kagenzurwa na AFC/M23

19/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikigega cyashibutse mu kwigira kw’Abanyarwanda cyashoye Miliyari 8Frw muri Banki ikomeye

Ikigega cyashibutse mu kwigira kw’Abanyarwanda cyashoye Miliyari 8Frw muri Banki ikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agenzweho: Hashyizwe hanze imitsindire y’abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta n’uko Uturere dukurikirana

Igisirikare cya Somalia kirigamba akazi gakomeye cyakoze mu guhashya ibyihebe bya Al Shabab

Hamenyakanye igihe cyo gutangira gusuzumishirizaho ibinyabiziga ikizamini gishya mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.