Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bwa mbere Jimmy Gatete yavuze icyatumye amara imyaka irenga 10 adakandagira mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
14/10/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Bwa mbere Jimmy Gatete yavuze icyatumye amara imyaka irenga 10 adakandagira mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyabigwi mu mupira w’amaguru mu Rwanda, Jimmy Gatete, ku nshuro ya mbere yavuze icyatume yari amaze imyaka 12 adakandagira mu Gihugu cyamwibarutse akanagihesha ishema.

Uyu rutahizamu w’ibihe byose mu ikipe y’umupira w’amaguru, ni umwe mu batazibagirana kubera ibyamuranze ubwo yacongaga ruhago agahesha Amavubi amahirwe yo kwitabira Igikombe cya Afurika ari na cyo ruherukamo.

Muri iki cyumweru yongeye gusesekara ku butaka bw’u Rwanda nyuma y’imyaka 12 atahagera, azanywe n’ibikorwa byo kumenyekanisha igikombe cy’Isi cy’abakanyujijeho mu mupira w’amaguru.

Akigera ku Kibuga cy’Indege, yavuze ko nubwo yari ataragera mu bindi bice by’Igihugu ariko ku Kibuga cy’indege ubwaho hahindutse bitangaje.

Muri icyo kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Jimmy Gatete yavuze ko yari akumbuye Abanyarwanda ndetse n’amafunguro yo mu rwagasabo.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Ukwakira 2022, habaye ikiganiro n’abanyamakuru kigaragaza igikorwa cyazanye Getete Jimmy n’abandi banyabigwi muri ruhago y’Isi barimo Abanya-Cameroon Patrick Mboma na Roger Milla, Umunya-Senegal Khalilou Fadiga n’Umunya-Ghana, Anthony Baffoe

Muri iki kiganiro, Jimmy Gatete yabajijwe impamvu yari amaze imyaka irenga 10 adakandagira mu Rwanda yagiriyemo ibihe byiza, avuga ko na we ubwe atabasha kuyisobanura.

Yagize ati “Nta mpamvu ifatika nakubwira, urabizi amahanga […] nagiye hanze maze kubaka, hazamo abana n’ibindi […] ni byo navuga ko byatumye ntagaruka mu mupira.”

Yavuze ko kuza muri iki gikorwa, yabisabwe akumva ntakigomba kumubuza kuza kwifatanya na bagenzi be bakanyujijeho muri ruhango. Ati “Nari niteguye, sinari kubyanga.”

Muri iki kiganiro, Umunya-Ghana, Anthony Baffoe, yavuze ko na we yemera Jimmy Gatete nk’umunyabigwi muri ruhago y’u Rwanda ndetse ko n’Abanyarwanda benshi babibona uko, ariko ko abona bidahabwa agaciro n’abagakwiye kukabiha.

Yagize ati “Jimmy Gatete ni we ufatwa nk’umukinnyi w’ibihe byose mu Rwanda, ariko iyo uhageze ntakibigaragaza, nta kintu na kimwe kibigagaragaza, nta kintu na kimwe cyamwitiriwe, dukwiye kubaha agaciro.”

Minisitiri wa Siporo mu Rwanda, Aurore Mimosa Munyagaju, yagaragaje ko nyamara Jimmy Gatete yahawe agaciro, ati “Hari igihe amakaye yose yakozwe mu Rwanda hariho amafoto ya Jimmy Gatete.”

Minisitiri Mimosa yavuze ko Guverinoma atari yo igomba kujya ihora isanga abanyabigwi nk’aba, ahubwo ko na bo bashobora kuyigana bakanayigezaho ibitekerezo byayifasha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 9 =

Previous Post

Karongi: Umugore ukekwaho kwangiza imyanya ndangagitsina y’umwana w’umuhungu yafatiwe icyemezo

Next Post

Ikigega cyashibutse mu kwigira kw’Abanyarwanda cyashoye Miliyari 8Frw muri Banki ikomeye

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikigega cyashibutse mu kwigira kw’Abanyarwanda cyashoye Miliyari 8Frw muri Banki ikomeye

Ikigega cyashibutse mu kwigira kw’Abanyarwanda cyashoye Miliyari 8Frw muri Banki ikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.