Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Bwari ubwa mbere nkoze ku Gisamagwe nkanegera Intare- Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
06/04/2022
in Uncategorized
0
Bwari ubwa mbere nkoze ku Gisamagwe nkanegera Intare- Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko yishimiye gusura ibikorwa by’ubukerarugendo muri Zambia by’umwihariko mu cyanya kibamo inyamaswa zirimo n’iz’inkazi.

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Mata 2022 yasoje uruzinduko rw’iminsi ibiri yagiriraga muri Zambia aho yasuye ibice nyaburanga binyuranye.

Ku munsi wa nyuma w’uruzinduko rwe, Perezida Kagame yasuye Pariki y’Igihugu cya Zambia, Musi-O-Tunya n’Icyanya cy’ubukerarugendo cya Mukuni Big 5 Safaris kibamo inyamazwa z’inkazi.

Ubwo yagiranaga ikiganiro n’Itangazamakuru nyuma y’iki gikorwa, Perezida Kagame yavuze ko yishimiye gusura ibi byiza nyaburanga.

Mu mashusho dukesha Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru muri Zambia (ZNBC), Perezida Paul Kagame yagize ati “Ntabwo ari ibintu umuntu akora kenshi…kuri njye bwari ubwa mbere nkoze ku Gisamagwe [Cheetah] kwegera Intare mu ntambwe nkeya. Ariko iki ni igikorwa Isi ikwiye kumenya kandi abantu bakaza hano kuhasura.”

Perezida Kagame yashimiye abagize uruhare mu kubungabunga aha hantu hanogeye ijisho, avuga ko abashoramari bakwiye kuhajyana ibikorwa.

Yavuze ko kuba yahasuye ari itangiriro kuko agiye gushishikariza abaturarwanda kuzahasura “Bakaza bakirebera ibyiza nanjye nabonye.”

Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema washimiye mugenzi we Kagame kuba yaraje kubasura, yavuze ko aha hantu h’ubukerarugendo basuye ari umutungo w’Isi bityo ko abayituye kuhasura.

Perezida Kagame waraye ageze mu Rwanda kuri uyu wa Kabiri, yamenyesheje mugenzi we Hichilema ko yahageze amahoro amushimira uburyo yamwakiriye.

Hichilema wasubije ubutumwa bwa Perezida Kagame yashyize kuri Twitter, yagize ati “Urakoze cyane muvandimwe wanjye Perezida Kagame. Dushimiye Imana kuba wagezeyo amahoro kandi twishimiye kuzakomeza gukorana mu gutsimbataza umubano w’Ibihugu byacu.”

Perezida Kagame ubwo yakoraga ku Gisamagwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − six =

Previous Post

Burkina Faso: Compaoré wabaye Perezida yakatiwe gufungwa burundu

Next Post

Umugore ukekwaho kuboha umwana we amaboko yafashwe

Related Posts

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Abapolisi 160 bitegura koherezwa mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, baganirijwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Umubyeyi arakekwaho gushyira ku ngoyi umwana we akamuboha amaboko amuziza 200Frw

Umugore ukekwaho kuboha umwana we amaboko yafashwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.