Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Byari ibicika: Abaturage benshi baje kwakirira Urayeneza kuri Gereza, i Gitwe havuzwaga impundu

radiotv10by radiotv10
01/04/2022
in MU RWANDA
1
Byari ibicika: Abaturage benshi baje kwakirira Urayeneza kuri Gereza, i Gitwe havuzwaga impundu
Share on FacebookShare on Twitter

Urayeneza Gerard wahanaguweho ibyaha yari yarahamijwe, yarekuwe na Gereza yari afungiyemo, yakirwa n’abantu benshi bari baje kumutegerereza kuri Gereza mu gihe aho atuye i Gitwe na ho hakozwe umutambagiro w’abaturage bishimiye icyemezo cy’Urukiko.

Kuri uyu wa Kane tariki 31 Werurwe 2022, Urugereko Rwihariye rw’Urukiko Rukuru Ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’Ibyambukiranya imipaka ni bwo rwasomye icyemezo cyarwo ku rubanza rw’ubujurire rwaregwamo Urayeneza Gerard na bagenzi be bari barakatiwe gufungwa burundu.

Uru rukiko rwahanaguyeho ibyaha Urayeneza na bagenzi be babiri, rwategetse ko bahita barekurwa hagisomwa uyu mwanzuro.

Icyemezo cyo kurekura uyu mugabo washinze ishuri n’ibitaro bya Gitwe, cyakiriwe neza na bamwe barimo abasanzwe batuye i Gitwe mu Karere ka Ruhango aho bamwe basanzwe bamushimira ibi bikorwa yabagejejeho ndetse no kuba hari abavuga ko yabagiriye neza.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane, abaturage banyuranye bahise bajya mu muhanda i Gitwe batera amakorasi y’indirimbo z’Imana bagira bati “Iyo Mana dusenga irakomeye, ni Imana itabura guseruka ni Imana yumva amasengesho…”

Urayeneza na bagenzi be bari bafungiye muri Gereza ya Muhanga, barekuwe mu masaha y’umugoroba, basanga hanze bategerejwe na benshi bari baje kubakira.

Umunyamakuru wari uri aha, yabwiye RADIOTV10 ko benshi mu bari baje kwakira Urayeneza na bagenzi be, bari baturutse i Gitwe barimo abo yafashije kwiga, ndetse n’abasanzwe bakorana mu bikorwa remezo yashinze.

Bamwe bashimiye ubutabera bw’u Rwanda bwahanaguyeho ibyaha uyu musaza, bakavuga ko n’ubundi yari yarenganye.

Uyu munyamakuru avuga kandi ko Urayeneza Gerard yasohotse muri Gereza akomeye, yigenza, akabanza kuramutsa aba bantu bari baje kumwakira ubundi agahita yinjira mu modoka bakamucyura.

Urayeneza w’imyaka 71 y’amavuko wari ugiye kumara imyaka ibiri afunze, yari yujuje umwaka umwe ahamijwe ibyaha bibiri; icyo kuba icyitso mu cyaha Jenoside, n’icyaha cyo kuzimiza cyangwa gutesha agaciro ibimenyetso cyangwa amakuru byerekeye Jenoside.

Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rwari rwamuhamije ibi byaha, rwari rwamukatiye gufungwa burundu, ajuririra Urugereko Rwihariye rw’Urukiko Rukuru Ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’Ibyambukiranya imipaka, rwanamugize umwere.

Urayeneza Gerard watawe muri yombi muri Kamena 2020, kuva yafatwa, yaburanye ahakana ibyaha yashinjwaga, akavuga ko yagambaniwe.

Kuri gereza bari baje kumwakira

RADIOTV10

Comments 1

  1. Soma says:
    4 years ago

    Ariko iki kinyamakuru gushyira ho inkuru kitabanje gusoma?!? Umwanda w’amakosa y’imyandikire buri gihe aba ari menshi 😠 Kandi ikibabaje ku nkuru zose.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 1 =

Previous Post

Abagizi ba nabi bamenaguye imodoka y’umwe mu batunganya umuziki bakomeye mu Rwanda

Next Post

Ureganwa n’Umuyobozi w’Ikigo cy’Imiturire ngo afite impungenge zo kugwa muri Gereza kuko yamuguye nabi

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri
IBYAMAMARE

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ureganwa n’Umuyobozi w’Ikigo cy’Imiturire ngo afite impungenge zo kugwa muri Gereza kuko yamuguye nabi

Ureganwa n’Umuyobozi w’Ikigo cy’Imiturire ngo afite impungenge zo kugwa muri Gereza kuko yamuguye nabi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.