Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Byemejwe ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Ramaphosa bagiye guhurira mu nama itegerejwe

radiotv10by radiotv10
04/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Byemejwe ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Ramaphosa bagiye guhurira mu nama itegerejwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, na Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo; bari mu bemeje ko bazitabira Inama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize Imiryango ibiri, uwa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) ndetse n’uw’Ubukungu n’Iterambere ry’Ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo (SADC).

Ni inama igiye guterana nyuma yuko iyi Miryango uko ari ibiri ikoze inama yayo yihariye, yombi ikemeza ko igomba guterana kugira ngo yige ku bibazo biri mu burasirazuba bwa DRC.

Mu butumwa bwatangajwe na Perezida wa Kenya, William Ruto akaba anayoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yavuze ko iyi nama ari ngombwa kugira ngo hashakwe “amahoro n’umutekano kuko ari iby’ingenzi mu bucuruzi n’ishoramari mu karere kacu.”

Perezida Ruto yatangaje ko ku bw’iyi mpamvu yishimiye gutangaza ko ubuyobozi bwa SADC n’ubwa EAC, bwemeranyijwe ko haba inama ihuriweho igamije gushakira hamwe umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yavuze ko binyuze muri ubu bushake n’imbaraga zihuriweho, Abakuru b’Ibihugu bazashimangira ko umutekano ugomba kuza imbere ku Mugabane wa Afurika.

Yakomeje agira ati “Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania, Felix Tshisekedi wa DRC, Paul Kagame w’u Rwanda, Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo, Kaguta Museveni wa Uganda na Hassan Sheikh Mohamud wa Somalia, bemeje ko bazitabira iyi Nama idasanzwe izabera muri Dar es Salaam.”

Inararibonye muri Politiki akaba n’impuguke mu mibanire y’Ibihugu, Dr Charles Muligande wanabaye mu buyobozi bw’Inzego Nkuru z’u Rwanda, avuga ko iyi nama ishobora gutanga umusaruro, mu gihe Tshisekedi ubwe yaba abishaka.

Ati “Simbona ukuntu Tshisekedi yakomeza kwinangira, kuko atuye muri kano karere, bamubwiye bati ‘turakureka, hanyuma usigare uhanganye na M23’, yavuga ati ‘karambanye’ noneho akemera kuganira. Ni yo mpamvu mvuga ngo iyi miryango ishyigikiwe n’Uwa Afurika Yunze Ubumwe, rwose babishatse babona igisubizo cy’ikibazo cy’Uburasirazuba bwa Congo. Perezida wa Congo we yabishatse nticyamara kabiri, ariko icyo mvuga ni uko iyi Miryango ishobora gutuma abishaka.”

Iyi nama izahuza Abakuru b’Ibihugu bigize iyi Miryango EAC na SADC, iteganyijwe mu mpera z’iki Cyumweru, ku wa Gatandatu tariki 08 Gashyantare, izaba ije ikurikira izindi Nama ebyiri z’Abakuru b’iyi Miryango ku giti cyayo, aho iya EAC yabaye hifashijwe uburyo bw’Ikoranabuhanga yabaye tariki 29 Mutarama, mu gihe iya SADC yabaye tariki 31 Mutarama 2025 muri Zimbabwe.

Perezida Kagame yemeje ko azitabira iyi nama
Na Tshisekedi
Kimwe na Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo
Na Museveni wa Uganda azitabira
Na Madamu Samia Suluhu wa Tanzania
Na Hassan Sheikh Mohamud wa Somalia

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + fifteen =

Previous Post

U Rwanda rwavuze umugambi mubisha wahishuwe n’amakuru y’ibyagaragaye i Goma nyuma y’urugamba

Next Post

M23 yafashe icyemezo kigamije koroshya ibikorwa by’ubutabazi inatanga umucyo ku gufata Bukavu

Related Posts

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yavuze ko hari Ibihugu bikigaragaramo ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore, akabisaba kwimakaza...

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

by radiotv10
19/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe yahuriye na mugenzi we Maxime Prévot w’u Bubiligi mu nama iri kubera...

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo...

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Ingabire Eugenie uyobora Uruganda Ikosora Drinks Ltd uregwa ibyaha birimo gucuruza cyangwa gukwirakwiza mu Gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge, watawe muri...

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

by radiotv10
19/11/2025
0

The Rwanda Development Board (RDB) and Arsenal Football Club have officially announced that they have mutually agreed to conclude their...

IZIHERUKA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore
MU RWANDA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

19/11/2025
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

19/11/2025
BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

19/11/2025
Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

M23 yafashe icyemezo kigamije koroshya ibikorwa by’ubutabazi inatanga umucyo ku gufata Bukavu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.