Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

COVID-19: Hari abashobora kuzakingirwa kugeza ku rukingo rwa 5 mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
05/08/2022
in MU RWANDA
0
COVID-19: Hari abashobora kuzakingirwa kugeza ku rukingo rwa 5 mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko ibigo bikora inkingo biri gukora ubushakashatsi bushobora kuzatanga urukingo rwazatuma imibiri y’abantu ibasha kugira ubudahangarwa ku bwoko bwose bwa virusi ya COVID-19 ku buryo hari abashobora kuzakingirwa kugeza kuri doze ya 5 mu Rwanda.

Kuri uyu wa Kane tariki 04 Kanama 2022, Minisiteri y’Ubuzima, yatangaje ko kuva tariki 08 Kanama 2022 mu Rwanda hazatangira igikorwa cyo gutanga doze ya kabiri ishimangira y’urukingo rwa COVID-19.

Itangazo rya Minisiteri y’Ubuzima rivuga ko iyi doze ya kabiri y’ishimangira izaba itangirwa kuri site zose z’ikingira aho izatangira yibanda ku bakuze bari hejuru y’imyaka 60 ndetse n’abandi bafite intege nke z’umubiri.

Ni doze izaba ari iya kane ku bakingiwe ubwoko bw’inkingo zabanje guterwa ari ebyiri mu gihe ku batewe ubwoko bw’urukingo rwabanje guterwa ari doze imwe, izaba ari iya gatatu.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima ushinzwe Ubuvuzi bw’Ibanze, Dr. MPUNGA Tharcisse avuga ko abakingiwe inkingo ziri gutabwa, hari igihe bamara ubudahangarwa bwabo bukagabanuka ndetse ko ari yo mpamvu ubwo hatangiraga gutangwa doze ya mbere ishimangira byahereye ku bari bamaze amezi ane bahawe izindi doze zose.

Avuga ko ubushakashatsi bwagaragaje ko abahabwa iyi doze ishimangira bizamura ubudahangarwa bw’imibiri yabo kuri virusi ya COVID igenda yihinduranya ku buryo haba hakenewe doze ikangura ubwo budahangarwa mu gihe runaka.

Ati “Abafashe doze ishimangira ubu barengeje amezi ane kuzamura nanone babonye urukingo, bivuze ko ubudahangarwa bwabo bugenda bugabanuka ariko uko bigenda bigabanuka kubera ko virusi ya Omicron yari ihari ari yo igihari, bigaragara ko abantu bakuze ari bo bafite intege nke bashobora kuzahazwa n’iyi virusi ari bo cyane cyane dushaka guha urukingo rwa kabiri rushimangira.”  

Bisa nk’ibyumvikana ko abantu bashobora kuzakomezwa kugenda bahabwa doze ishimangira mu gihe bazagenda bamara igihe runaka ku buryo hazatangwa na doze ya gatanu ndetse n’iya gatandatu.

Dr Mpunga Tharcisse avuga ko imiterere y’inkingo ziri gutangwa ubu ari uku byagombye kuzagenda kuko ubwoko bw’inkingo butangwa ubu bwakozwe hashingiwe ku turemangingo tw’ubwoko bwa virusi yagaragaye bwa mbere mu Bushinwa mu gihe igenda yihindagura.

Ati “Ariko ubushakashatsi buri gukorwa muri ibi bigo bikora izi nkingo, dufite icyizere ko mu minsi iri imbere, mu mezi macye cyane hazasohoka urukingo rushya ruzaba rukomatanya izi virusi zagiye zivuka, tukaba dufite icyizere ko ruzatanga amahirwe yo kuba abantu bakingirwa igihe kirekire batagumye gufata urukingo rwa buri mezi ane.”

Mu gihe uru rukingo rwaboneka mu mezi macye ari imbere nkuko byemejwe na Minisiteri y’Ubuzima, abagiye guhabwa doze ya kabiri ishimangira [ya kane kuva batangira gukingirwa], bazakingirwa doze ya gatanu ikaba ari yo bazamarana igihe kirekire.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + five =

Previous Post

U Rwanda rwagaragaje ikihishe inyuma ya raporo nshya ya UN ishinja RDF gufasha M23

Next Post

Rubavu: Yapfiriye mu icumbi nyuma kuraranamo n’uwahoze ari umugore we

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Hari umuyobozi umaze icyumweru batazi aho aherereye, Meya yagize icyo abivugaho

Rubavu: Yapfiriye mu icumbi nyuma kuraranamo n’uwahoze ari umugore we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.