Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

COVID-19: Hari abashobora kuzakingirwa kugeza ku rukingo rwa 5 mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
05/08/2022
in MU RWANDA
0
COVID-19: Hari abashobora kuzakingirwa kugeza ku rukingo rwa 5 mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko ibigo bikora inkingo biri gukora ubushakashatsi bushobora kuzatanga urukingo rwazatuma imibiri y’abantu ibasha kugira ubudahangarwa ku bwoko bwose bwa virusi ya COVID-19 ku buryo hari abashobora kuzakingirwa kugeza kuri doze ya 5 mu Rwanda.

Kuri uyu wa Kane tariki 04 Kanama 2022, Minisiteri y’Ubuzima, yatangaje ko kuva tariki 08 Kanama 2022 mu Rwanda hazatangira igikorwa cyo gutanga doze ya kabiri ishimangira y’urukingo rwa COVID-19.

Itangazo rya Minisiteri y’Ubuzima rivuga ko iyi doze ya kabiri y’ishimangira izaba itangirwa kuri site zose z’ikingira aho izatangira yibanda ku bakuze bari hejuru y’imyaka 60 ndetse n’abandi bafite intege nke z’umubiri.

Ni doze izaba ari iya kane ku bakingiwe ubwoko bw’inkingo zabanje guterwa ari ebyiri mu gihe ku batewe ubwoko bw’urukingo rwabanje guterwa ari doze imwe, izaba ari iya gatatu.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima ushinzwe Ubuvuzi bw’Ibanze, Dr. MPUNGA Tharcisse avuga ko abakingiwe inkingo ziri gutabwa, hari igihe bamara ubudahangarwa bwabo bukagabanuka ndetse ko ari yo mpamvu ubwo hatangiraga gutangwa doze ya mbere ishimangira byahereye ku bari bamaze amezi ane bahawe izindi doze zose.

Avuga ko ubushakashatsi bwagaragaje ko abahabwa iyi doze ishimangira bizamura ubudahangarwa bw’imibiri yabo kuri virusi ya COVID igenda yihinduranya ku buryo haba hakenewe doze ikangura ubwo budahangarwa mu gihe runaka.

Ati “Abafashe doze ishimangira ubu barengeje amezi ane kuzamura nanone babonye urukingo, bivuze ko ubudahangarwa bwabo bugenda bugabanuka ariko uko bigenda bigabanuka kubera ko virusi ya Omicron yari ihari ari yo igihari, bigaragara ko abantu bakuze ari bo bafite intege nke bashobora kuzahazwa n’iyi virusi ari bo cyane cyane dushaka guha urukingo rwa kabiri rushimangira.”  

Bisa nk’ibyumvikana ko abantu bashobora kuzakomezwa kugenda bahabwa doze ishimangira mu gihe bazagenda bamara igihe runaka ku buryo hazatangwa na doze ya gatanu ndetse n’iya gatandatu.

Dr Mpunga Tharcisse avuga ko imiterere y’inkingo ziri gutangwa ubu ari uku byagombye kuzagenda kuko ubwoko bw’inkingo butangwa ubu bwakozwe hashingiwe ku turemangingo tw’ubwoko bwa virusi yagaragaye bwa mbere mu Bushinwa mu gihe igenda yihindagura.

Ati “Ariko ubushakashatsi buri gukorwa muri ibi bigo bikora izi nkingo, dufite icyizere ko mu minsi iri imbere, mu mezi macye cyane hazasohoka urukingo rushya ruzaba rukomatanya izi virusi zagiye zivuka, tukaba dufite icyizere ko ruzatanga amahirwe yo kuba abantu bakingirwa igihe kirekire batagumye gufata urukingo rwa buri mezi ane.”

Mu gihe uru rukingo rwaboneka mu mezi macye ari imbere nkuko byemejwe na Minisiteri y’Ubuzima, abagiye guhabwa doze ya kabiri ishimangira [ya kane kuva batangira gukingirwa], bazakingirwa doze ya gatanu ikaba ari yo bazamarana igihe kirekire.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − one =

Previous Post

U Rwanda rwagaragaje ikihishe inyuma ya raporo nshya ya UN ishinja RDF gufasha M23

Next Post

Rubavu: Yapfiriye mu icumbi nyuma kuraranamo n’uwahoze ari umugore we

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Hari umuyobozi umaze icyumweru batazi aho aherereye, Meya yagize icyo abivugaho

Rubavu: Yapfiriye mu icumbi nyuma kuraranamo n’uwahoze ari umugore we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.