Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

COVID-19: Hari abashobora kuzakingirwa kugeza ku rukingo rwa 5 mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
05/08/2022
in MU RWANDA
0
COVID-19: Hari abashobora kuzakingirwa kugeza ku rukingo rwa 5 mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko ibigo bikora inkingo biri gukora ubushakashatsi bushobora kuzatanga urukingo rwazatuma imibiri y’abantu ibasha kugira ubudahangarwa ku bwoko bwose bwa virusi ya COVID-19 ku buryo hari abashobora kuzakingirwa kugeza kuri doze ya 5 mu Rwanda.

Kuri uyu wa Kane tariki 04 Kanama 2022, Minisiteri y’Ubuzima, yatangaje ko kuva tariki 08 Kanama 2022 mu Rwanda hazatangira igikorwa cyo gutanga doze ya kabiri ishimangira y’urukingo rwa COVID-19.

Itangazo rya Minisiteri y’Ubuzima rivuga ko iyi doze ya kabiri y’ishimangira izaba itangirwa kuri site zose z’ikingira aho izatangira yibanda ku bakuze bari hejuru y’imyaka 60 ndetse n’abandi bafite intege nke z’umubiri.

Ni doze izaba ari iya kane ku bakingiwe ubwoko bw’inkingo zabanje guterwa ari ebyiri mu gihe ku batewe ubwoko bw’urukingo rwabanje guterwa ari doze imwe, izaba ari iya gatatu.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima ushinzwe Ubuvuzi bw’Ibanze, Dr. MPUNGA Tharcisse avuga ko abakingiwe inkingo ziri gutabwa, hari igihe bamara ubudahangarwa bwabo bukagabanuka ndetse ko ari yo mpamvu ubwo hatangiraga gutangwa doze ya mbere ishimangira byahereye ku bari bamaze amezi ane bahawe izindi doze zose.

Avuga ko ubushakashatsi bwagaragaje ko abahabwa iyi doze ishimangira bizamura ubudahangarwa bw’imibiri yabo kuri virusi ya COVID igenda yihinduranya ku buryo haba hakenewe doze ikangura ubwo budahangarwa mu gihe runaka.

Ati “Abafashe doze ishimangira ubu barengeje amezi ane kuzamura nanone babonye urukingo, bivuze ko ubudahangarwa bwabo bugenda bugabanuka ariko uko bigenda bigabanuka kubera ko virusi ya Omicron yari ihari ari yo igihari, bigaragara ko abantu bakuze ari bo bafite intege nke bashobora kuzahazwa n’iyi virusi ari bo cyane cyane dushaka guha urukingo rwa kabiri rushimangira.”  

Bisa nk’ibyumvikana ko abantu bashobora kuzakomezwa kugenda bahabwa doze ishimangira mu gihe bazagenda bamara igihe runaka ku buryo hazatangwa na doze ya gatanu ndetse n’iya gatandatu.

Dr Mpunga Tharcisse avuga ko imiterere y’inkingo ziri gutangwa ubu ari uku byagombye kuzagenda kuko ubwoko bw’inkingo butangwa ubu bwakozwe hashingiwe ku turemangingo tw’ubwoko bwa virusi yagaragaye bwa mbere mu Bushinwa mu gihe igenda yihindagura.

Ati “Ariko ubushakashatsi buri gukorwa muri ibi bigo bikora izi nkingo, dufite icyizere ko mu minsi iri imbere, mu mezi macye cyane hazasohoka urukingo rushya ruzaba rukomatanya izi virusi zagiye zivuka, tukaba dufite icyizere ko ruzatanga amahirwe yo kuba abantu bakingirwa igihe kirekire batagumye gufata urukingo rwa buri mezi ane.”

Mu gihe uru rukingo rwaboneka mu mezi macye ari imbere nkuko byemejwe na Minisiteri y’Ubuzima, abagiye guhabwa doze ya kabiri ishimangira [ya kane kuva batangira gukingirwa], bazakingirwa doze ya gatanu ikaba ari yo bazamarana igihe kirekire.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

U Rwanda rwagaragaje ikihishe inyuma ya raporo nshya ya UN ishinja RDF gufasha M23

Next Post

Rubavu: Yapfiriye mu icumbi nyuma kuraranamo n’uwahoze ari umugore we

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere
MU RWANDA

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

22/01/2026
Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Hari umuyobozi umaze icyumweru batazi aho aherereye, Meya yagize icyo abivugaho

Rubavu: Yapfiriye mu icumbi nyuma kuraranamo n’uwahoze ari umugore we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.