Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Cyera kabaye Congo yavuye ku izima yemera ibyo yari yaranze hagati yayo na M23

radiotv10by radiotv10
12/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Angola, byatangaje Perezida w’iki Gihugu, João Manuel Gonçalves Lourenço, azayobora ibiganiro bizahuza Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe wa M23 bigamije imishyikirano yo gushaka amahoro.

Ibi byatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Werurwe 2025 na Perezidansi ya Angola, Igihugu gisanzwe ari umuhuza mu hagati ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda, mu bibazo biri mu burasirazuba bwa DRC.

Itangazo rya Perezidansi ya Angola, rivuga ko Perezida Lourenço  wa Angola nk’Umuhuza mu bibazo byo mu burasirauba bwa DRC “azatangiza ibiganiro imbonankubone bya M23, n’intumwa za DRC, mu biganiro bizabera i Luanda mu minsi micye iri imbere, mu rwego rw’imishyikirano igamije amahoro ya kiriya Gihugu cy’ikivandimwe.”

Ni ibiganiro bigiye kuba bwa mbere kuva Angola yahabwa inshingano z’ubuhuza muri ibi bibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC.

Ibi biganiro bigiye kuba nyuma yuko Perezida wa DRC, Félix Tshisekedi agiriye uruzinduko i Luanda muri Angola, ndetse Perezidansi y’iki Gihugu-Angola, ikaba yatangaje ko ari umusaruro w’uru ruzinduko.

Perezida wa DRC, Félix Tshisekedi yakunze kuvuga kenshi ko adateze kugirana ibiganiro n’umutwe wa M23 yamaze kwita uw’iterabwoba, igihe cyose azaba akiri Umukuru wa kiriya Gihugu.

Ni mu gihe amahanga kimwe n’inama zose ziga ku bibazo bya Congo, bemezaga ko ntahandi hava umuti wabyo atari mu biganiro byahuza ubutegetsi bw’iki Gihugu n’uyu mutwe.

Ibi biganiro kandi bigiye kuba nyuma yuko uyu mutwe wa M23 ukomeje kwigarurira ibice bitandukanye mu burasirazuba bwa DRC, muri Kivu zombi, birimo Imijyi ya Goma n’uwa Bukavu, yombi ifatwa nk’imirwa Mikuru y’izi Ntara za Kivu zombi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 1 =

Previous Post

Ikijyanye muri Sudani y’Epfo abasirikare b’umutwe udasanzwe w’Ingabo za Uganda

Next Post

Dore uko abakinnyi b’Abanyarwanda bakina hanze bahagaze mbere yo guhamagarwa kw’Amavubi

Related Posts

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

by radiotv10
16/12/2025
0

Abasirikare b’u Burundi bari bakiri mu Ntara ya Kivu y’Epfo, nyuma yo gutsindwa n’abarwanyi ba AFC/M23, biravugwa ko batangiye gucyurwa...

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

by radiotv10
16/12/2025
0

Arikiyepisikopi wa Arikidiyoseze ya Kinshasa, Karidinali Fridolin Ambongo; yongeye kugira inama Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko bukwiye...

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

by radiotv10
16/12/2025
0

Abaturage bo mu Mujyi wa Uvira, baramukiye mu gisa n’imyigaragambyo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rigiye kuwurekura nyuma y’iminsi...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ryemeye gukura abasirikare baryo mu Mujyi wa...

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-The situation in Uvira after AFC/M23 announces its decision to withdraw

by radiotv10
16/12/2025
0

Residents of Uvira City took to the streets in form of protest after the AFC/M23 Coalition announced that it would...

IZIHERUKA

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe
IMIBEREHO MYIZA

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Dore uko abakinnyi b’Abanyarwanda bakina hanze bahagaze mbere yo guhamagarwa kw’Amavubi

Dore uko abakinnyi b'Abanyarwanda bakina hanze bahagaze mbere yo guhamagarwa kw’Amavubi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.