Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Davis D wagaragaye hamwe n’udukingirizo twakoreshejwe icyo yabikoreye cyasohotse

radiotv10by radiotv10
06/01/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Davis D wagaragaye hamwe n’udukingirizo twakoreshejwe icyo yabikoreye cyasohotse
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Icyishaka David uzwi nka Davis D uherutse kugaragara mu cyumba kirimo udukingirizo tugaragara nk’utwakoreshejwe, yamaze gushyira hanze ishoramari rigaragaza ko biriya yari yabikoze nk’integuza yaryo.

Uyu muhanzi uri mu bagezweho muri iyi minsi, yashyize hanze udukingirizo twitwa ‘D Protection’ turiho n’ifoto ye.

Uyu muhanzi winjiye mu bashoramari, yavuze ko yashyize hanze utu dukingirizo ari mu buryo bw’ishoramari ariko nanone ashaka gutanga umusanzu we mu rugamba rwo kurwanya Virusi itera SIDA.

Yagize ati “Ndashaka gushishikariza urubyiruko kwikingira. Kugira ngo babyumve neza nabakoreye agakingirizo kanjye, ku buryo abenshi bakunda Davis D n’ibihangano byanjye bagakoresha ndetse banishimira ko bari gukoresha agakingirizo k’umuhanzi wabo bakunda.”

Uyu muhanzi uzwiho gushyira hanze ibihangano byumvikanamo amagambo y’inzongamubiri, yavuze ko muri iki gihe Virusi itera SIDA yugarije urubyiruko bityo ko yumva ntacyamubuza kugira uruhare mu kuyirwanya.

Ati “Nk’umuhanzi kandi w’urubyiruko nifuje gutanga umusanzu wanjye ku rubyiruko benshi badukurikirana, icyo nagiraga ngo mbashishikarize ni ukwirinda SIDA cyane ko ari cyo kibazo cyugarije urubyiruko cyane.”

Uyu muhanzi avuga ko utu dukingirizo tutarajya hanze ngo dutangire kugurwa n’abifuza kudukoresha, ariko ko mu gihe cya vuba tuba twatangiye gusohoka.

Mu cyumweru gishize hari hagiye hanze amafoto agaragaza uyu muhanzi ari mu cyumba cyagaragaraga ko ari mu macumbi, yakuyemo umwambaro wo hejuru, imbere ye hari udukingirizo twakoreshejwe.

Bamwe baketse ko ari umukobwa bari bamaze kugira uko bigenza wamutamaje akamushyira hanze, gusa umwe mu banyamakuru ba RADIOTV10 bamaze kumenyera iby’imyidagaduro mu Rwanda, yari yavuze ko ibi byaba biri mu murongo w’ibizwi nko gutwika.

Iyi mvugo yiswe gutwika ku bahanzi, ni uburyo bakoresha buba butavugwaho rumwe, ariko bagamije gukomeza kuguma mu mitwe y’abantu bitewe n’imishinga mishya baba bafite nk’ibihangano baba bagira ngo bizakurikiranwe cyane.

Udukingirizo twe turiho ifoto ye

Davis D yari aherutse kugaragara ari mu cyumba hamwe n’udukingirizo twakoreshejwe
Yari kumwe kandi n’umukobwa mu gitanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 6 =

Previous Post

Umukinnyikazi wa film mu Rwanda wigeze ‘guterwa gapapu’ yasezeranye mu Murenge

Next Post

Hatangajwe Umusenateri usimbura uwari Perezida wa Sena weguye

Related Posts

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

by radiotv10
01/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clément uzwi nka DC Clément watawe muri yombi, akurikiranyweho ibyaha birimo icyo kwangiza ikintu cy'undi, akekwaho gukora yangiza...

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

by radiotv10
31/03/2026
0

Umuhanzikazi Celine Dion uri mu bafite abafana benshi ku Isi, wari umaze igihe arembye, arahumuriza abakunzi be ko ubu amerewe...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe Umusenateri usimbura uwari Perezida wa Sena weguye

Hatangajwe Umusenateri usimbura uwari Perezida wa Sena weguye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.