Thursday, August 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

DJ Dizzo uvugwaho kubeshya Abanyarwanda icya Semuhanuka yavuze ku gifungo cy’imyaka 9 yakatiwe

radiotv10by radiotv10
07/07/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
DJ Dizzo uvugwaho kubeshya Abanyarwanda icya Semuhanuka yavuze ku gifungo cy’imyaka 9 yakatiwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvangamiziki Derrick Mutambuka uzwi nka DJ Dizzo, wavuze ko yabwiwe ko asigaje igihe gito cyo kubaho agasaba ubufasha bwo kuza kurangiriza ubuzima bwe mu Rwanda, bwa mbere yavuze ku byo amaze iminsi avugwaho ko yabeshye agamije kubona uko agaruka mu Rwanda.

Ibi byatangajwe nyuma yuko hatahuwe ko yigeze gukatirwa igifungo cy’imyaka icyenda (9) n’Inkiko zo mu Bwongereza kubera gufata ku ngufu abagore babiri, aho bamwe bavugaga ko biriya yabitangaje kugira ngo uko agaruka mu Rwanda.

Uyu muvangamiziki yashyize hanze itangazo rigenewe Abanyamakuru, atanga ibisobanuro kuri ibi yavuzweho, yemera ko yakatiwe koko nyuma yuko inkiko zimuhamije icyaha cyo gufata ku ngufu.

Muri iri tangazo yagize ati “Ibi ni ukuri. Igihe nari mfite imyaka 16, nahuye n’ikibazo cyatumye nisanga muri Gereza i Newcastle mu Bwongereza.”

Uyu musore akomeza ahakana ko atigeze afata ku ngufu nubwo yabihamijwe, ati “Ariko urukiko rwankatiye gufungwa imyaka icyenda muri Gereza.”

Akomeza avuga ko inkiko zamuhamije ibi byaha kuko abo bagore babiri bamushinjaga iki cyaha, batangirwaga ubuhamya n’abo mu miryango yabo, kandi we akaba atari afite uburyo bwo kubona ubwunganizi bw’amategeko buhagije ahubwo ko yahawe ubufasha bw’abunganizi buhabwa abatishoboye.

Yavuze ko ibyo byose ndetse no kuba yari umwimukira akaba n’umwirabura byatumye akatirwa iriya myaka icyenda ariko ko yamaze imyaka ine akaza kurekurwa tariki 23 Ukuboza 2019 hashize imyaka ine kuko yari yaritwaye neza.

Yagarutse ku burwayi bwa Cancer, avuga ko yarekuwe baramaze kumubonamo ubu burwayi kuko babumusanzemo akiri muri gereza.

Yashimangiye ko iyi ndwara ya Cancer yari imaze gukomeza gukura ndetse ko muri muri Mata uyu mwaka wa 2022 ari bwo abaganga bamweruriye ko atazakira ndetse ko asigaje amezi atatu yo kubaho.

Abari bamaze iminsi batera amabuye uyu musore, bavuga ko yabeshye iby’uburwayi bwe ndetse bakavuga ko n’igihe yavuze ko agomba kumara ku Isi, cyarenze, bakavuga ko bishimangira icyo kinyoma cye cy’amaco y’inda yo kuva mu Bwongereza kubera ibyo yahakoze.

Yavuze ko ibyatangajwe n’abaganga hari igihe bitagenda uko babivuze 100%, ati “Igihe cyo kubaho gishobora kuba kigufi cyangwa kikaba kirekire ugereranyije n’ibyatangajwe n’abaganga.”

Muri iri tangazo, Dj Dizzo yasoje avuga ko yifuza ko igihe asigaje ku isi cyaba gito cyangwa kinini, yakimara ari mu munezero.

DJ Dizzo yasobanuye birambuye ku gihano yakatiwe mu Bwongereza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 12 =

Previous Post

Rwanda&DRC: Icyo imyanzuro y’Abakuru b’Ibihugu ivuga kuri M23

Next Post

M23 ntikozwa ibyo yategekewe i Luanda byo kumanika amaboko no kurekura ibice yafashe

Related Posts

U Bufaransa bwahaye u Rwanda Miliyari 30Frw y’imishinga yumvikanyweho ubwo Macron yari i Kigali

Ubutumwa bwa nyuma Antoine Anfré yanditse nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda

by radiotv10
14/08/2025
0

Ambasaderi Antoine Anfré mbere yo gufata rutemikirere nyuma yo kurangiza inshingano ze nk’Uhagarariye u Bufaransa mu Rwanda, yavuze ko yifuza...

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

Eng.-The last post Antoine Anfré made as the Ambassador of France to Rwanda

by radiotv10
14/08/2025
0

Before boarding his flight after completing his duties as the French Ambassador to Rwanda, Antoine Anfré said he wished to...

The ‘good girl’ pressure: What society expects from young women

The ‘good girl’ pressure: What society expects from young women

by radiotv10
14/08/2025
0

From a very young age, girls hear a subtle yet persistent message: be a “good girl.” But what does be...

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

by radiotv10
13/08/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ingamba ziteganyijwe ubwo iki Gihugu kizaba cyakiririye Shampiyona y’Isi y’umukino w’Amagare ya 2025, zirimo ifungwa ry’amashuri...

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

by radiotv10
13/08/2025
0

Urukiko rwa Gisirikare rwafashe icyemezo cyo gushyira mu muhezo urubanza ruregwamo abantu 28 barimo Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Igorora (RCS) n’abasirikare...

IZIHERUKA

IFOTO: Uwahoze ari Minisitiri muri Congo yagaragaye mu mpuzankano ya AFC/M23 n’imbunda mu ntoki
AMAHANGA

IFOTO: Uwahoze ari Minisitiri muri Congo yagaragaye mu mpuzankano ya AFC/M23 n’imbunda mu ntoki

by radiotv10
14/08/2025
0

Eng.-Gen.Muhoozi expresses regret for any offences ever committed against his father Museveni

Eng.-Gen.Muhoozi expresses regret for any offences ever committed against his father Museveni

14/08/2025
Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye

Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye

14/08/2025
Icyo Gen.Muhoozi avuga ku kuba umuhungu we yarinjiye igisirikare ayoboye

Gen.Muhoozi yagaragaje kwicuza ku byo yagomeyeho umubyeyi we Perezida Museveni

14/08/2025
Abahoze mu Gisirikare cya Uganda bafashwe bagiye kurwana muri Ukraine bahishuye amakuru y’ingenzi mu iperereza

Abahoze mu Gisirikare cya Uganda bafashwe bagiye kurwana muri Ukraine bahishuye amakuru y’ingenzi mu iperereza

14/08/2025
Ubutumwa Min.Mukazayire yageneye umunyempano ukomeye muri America muri Basketball mbere yo gutaha

Eng.-Minister Mukazayire’s message to a talented American basketball player before his departure

14/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: M23 yafashe utundi duce dushobora kuyifungurira amarembo yo gufata Rutshuru yose

M23 ntikozwa ibyo yategekewe i Luanda byo kumanika amaboko no kurekura ibice yafashe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

IFOTO: Uwahoze ari Minisitiri muri Congo yagaragaye mu mpuzankano ya AFC/M23 n’imbunda mu ntoki

Eng.-Gen.Muhoozi expresses regret for any offences ever committed against his father Museveni

Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.