Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

DJ Dizzo uvugwaho kubeshya Abanyarwanda icya Semuhanuka yavuze ku gifungo cy’imyaka 9 yakatiwe

radiotv10by radiotv10
07/07/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
DJ Dizzo uvugwaho kubeshya Abanyarwanda icya Semuhanuka yavuze ku gifungo cy’imyaka 9 yakatiwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvangamiziki Derrick Mutambuka uzwi nka DJ Dizzo, wavuze ko yabwiwe ko asigaje igihe gito cyo kubaho agasaba ubufasha bwo kuza kurangiriza ubuzima bwe mu Rwanda, bwa mbere yavuze ku byo amaze iminsi avugwaho ko yabeshye agamije kubona uko agaruka mu Rwanda.

Ibi byatangajwe nyuma yuko hatahuwe ko yigeze gukatirwa igifungo cy’imyaka icyenda (9) n’Inkiko zo mu Bwongereza kubera gufata ku ngufu abagore babiri, aho bamwe bavugaga ko biriya yabitangaje kugira ngo uko agaruka mu Rwanda.

Uyu muvangamiziki yashyize hanze itangazo rigenewe Abanyamakuru, atanga ibisobanuro kuri ibi yavuzweho, yemera ko yakatiwe koko nyuma yuko inkiko zimuhamije icyaha cyo gufata ku ngufu.

Muri iri tangazo yagize ati “Ibi ni ukuri. Igihe nari mfite imyaka 16, nahuye n’ikibazo cyatumye nisanga muri Gereza i Newcastle mu Bwongereza.”

Uyu musore akomeza ahakana ko atigeze afata ku ngufu nubwo yabihamijwe, ati “Ariko urukiko rwankatiye gufungwa imyaka icyenda muri Gereza.”

Akomeza avuga ko inkiko zamuhamije ibi byaha kuko abo bagore babiri bamushinjaga iki cyaha, batangirwaga ubuhamya n’abo mu miryango yabo, kandi we akaba atari afite uburyo bwo kubona ubwunganizi bw’amategeko buhagije ahubwo ko yahawe ubufasha bw’abunganizi buhabwa abatishoboye.

Yavuze ko ibyo byose ndetse no kuba yari umwimukira akaba n’umwirabura byatumye akatirwa iriya myaka icyenda ariko ko yamaze imyaka ine akaza kurekurwa tariki 23 Ukuboza 2019 hashize imyaka ine kuko yari yaritwaye neza.

Yagarutse ku burwayi bwa Cancer, avuga ko yarekuwe baramaze kumubonamo ubu burwayi kuko babumusanzemo akiri muri gereza.

Yashimangiye ko iyi ndwara ya Cancer yari imaze gukomeza gukura ndetse ko muri muri Mata uyu mwaka wa 2022 ari bwo abaganga bamweruriye ko atazakira ndetse ko asigaje amezi atatu yo kubaho.

Abari bamaze iminsi batera amabuye uyu musore, bavuga ko yabeshye iby’uburwayi bwe ndetse bakavuga ko n’igihe yavuze ko agomba kumara ku Isi, cyarenze, bakavuga ko bishimangira icyo kinyoma cye cy’amaco y’inda yo kuva mu Bwongereza kubera ibyo yahakoze.

Yavuze ko ibyatangajwe n’abaganga hari igihe bitagenda uko babivuze 100%, ati “Igihe cyo kubaho gishobora kuba kigufi cyangwa kikaba kirekire ugereranyije n’ibyatangajwe n’abaganga.”

Muri iri tangazo, Dj Dizzo yasoje avuga ko yifuza ko igihe asigaje ku isi cyaba gito cyangwa kinini, yakimara ari mu munezero.

DJ Dizzo yasobanuye birambuye ku gihano yakatiwe mu Bwongereza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 16 =

Previous Post

Rwanda&DRC: Icyo imyanzuro y’Abakuru b’Ibihugu ivuga kuri M23

Next Post

M23 ntikozwa ibyo yategekewe i Luanda byo kumanika amaboko no kurekura ibice yafashe

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

by radiotv10
31/01/2026
0

In recent years, podcasts have become very popular around the world, and Rwanda is no exception. More and more young...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: M23 yafashe utundi duce dushobora kuyifungurira amarembo yo gufata Rutshuru yose

M23 ntikozwa ibyo yategekewe i Luanda byo kumanika amaboko no kurekura ibice yafashe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.