Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

radiotv10by radiotv10
20/12/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika
Share on FacebookShare on Twitter

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza kugira ngo iri sengesho rikubera umwanya wo guhura byuzuye na Yezu.

Abakristu benshi, cyane cyane Abagatulika, ntibasobanukiwe n’icyo gushengerera bivuze ndetse n’uburyo wakora neza iryo sengesho. Tugiye kurebera hamwe ibisobanuro by’isengesho ryo gushengerera n’inama abifuza gukora uwo mwitozo bakurikiza.

Gushengera ni ukurangamira Yezu Kristu uri mu isakaramentu ry’ukaristiya, ukamwiyegurira wese; mu ndoro no mu bitekerezo bityo ugashobora gutuza no kumutega amatwi ngo wumve icyo akuganiriza. Mu gihe cyo gushengerera, ukaristiya ntagatifu ishyirwa mu gikoresho cyabugenewe cyererana ku buryo isakaramentu rigaragarira ushoboye kureba icyo gikoresho. Mu masengesho yose abaho muri kiliziya gatolika, irisaba umutuzo kurusha ayandi ni iri ryo gushengerera.

Abakora iri sengesho risa n’irinanira benshi, hari inama bagirwa kugira ngo baribyaze umusaruro bityo barironkeremo ibyo bagomba igihe barikoze neza.

Dore zimwe mu nama zigirwa abifuza guhura na Yezu Kristu banyuze mu isengesho ryo gushengerera:

1) Ni ngombwa kumenya ko uri cyangwa winjiye ahantu ho gusengera, aho urahurira na Yezu mu Isakaramentu ry’Ukaristiya; bityo ni ngombwa gutegurira ku buryo bwimbitse umutima wawe kwinjira aho hantu.

2) Bisaba umutuzo uhagije, ugomba gutuza muri wowe, ugacecekesha amajwi yose akubyiganiramo. Ushengerera agirwa inama yo kudahambira umutima we ku bitekerezo bidafite akamaro. Ibibazo, imihangayiko, umujinya n’ibindi bikurimo ntugomba kubyizirikaho ahubwo ubitura Yezu ugaharanira ko muri iryo sengesho nta wundi wundi Roho, umutima n’ubwenge byawe bizirikanaho keretse Yezu uri aho mu karistiya. Ibi ntabwo byoroheye muntu, niyo mpamvu tugomba gusaba Imana ingabire yo kwisiga no kwizera  (une grâce d’abandon, de confiance).

3) Ushengerera agirwa inama yo kurangamira, kwerekeza indoro ye kuri Yezu uri mu Isakaramentu ry’Ukaristiya, agatangira kuvugisha umutima we no gukunda Uwabanje kudukunda.

4) Ushengerera asabwa kwirinda gusukiranya amasengesho gusa adatekereje ku magambo avuga. Si byiza  kumara igihe wageneye ishengerera usoma Bibiliya urupapuro ku rundi ahubwo icyiza ni ugusengera mu mutima, ugahitamo umurongo wa zaburi, uwo mu ivanjili cyangwa isengesho rito ryoroheje – une petite prière simple – hanyuma ukarisubiramo mu mutima wawe, buhoro kandi utuje kugeza ubwo rihinduka isengesho ryawe, urusaku n’impumeko -intego- byawe. Ni byiza guhitamo ugendeye ku byo ubona n’icyo ushaka. Urugero: “mutima wa Yezu, ndakwizera”, “Dawe, ndakwihaye”, “Yezu Mwana w’Imana nzima, ngirira impuhwe kuko ndi umunyabayha”, “Yezu, ndagukunda”, “mukunzi wanjye”, “Yezu rukundo”, “Yezu ugira umutima utuza kandi woroshya”…

5) Ushengerera ntagomba kumara umwanya we asaba cyangwa aganya. Agomba gushimira agasabana n’Imana. Aho kwirirwa atekereza ku byo abura, ushengerera agomba gushimira Imana uko abayeho, ibyo atunze ndetse n’ibyo azabona ejo.

6) Mu gihe unaniwe cyangwa uhuye n’ibirangaza bikurogoya, ntugomba gucika intege ahubwo ongera utangire isengesho ryawe ryo mu mutima rituje kandi usabe inkunga ya Roho Mutagatifu kugira ngo imbaraga ze zigaragarize mu ntege nke zawe kandi zikubere buri gihe umuyobozi wawe

7) Menya ko Yezu uri rwagati muri Kiliziya ashaka kuba izingiro ry’imibereho yawe. Mu kumuranagmira, itoze buhoro buhoro kurenga “njyewe” ugasingira “wowe”- apprends peu à peu à passer du «je» au «tu», urenge ubushake bwo gukora imishinga yawe bwite, usingire guhorana icyifuzo no kwakira ugushaka kw’Imana kuri wowe

8) Jésus est exposé solennellement. Akira urumuri ruturuka ku kuba ahari kandi uzirikane ko numwitura, numwiyereka, azakomeza kumurikira umutima wawe ubundikiwe n’umwijima kugeza urumuri ruwusendereye.

9) Zirikana ko Yezu wihishe mu ndoro y’umugati, aje agusanga kugira ngo ushobore kwiga kwakira mu kuri no mu bwiyoroshye ubukene bwawe n’ubw’ abavandimwe bawe.

10) Guma mu mutuzo urimo uzirikane ko Bikira Mariya, inyenyeri yo mu rukerera akaba n’irembo ry’ijuru akuri hafi; mu rugendo rwawe azakwereka inzira kandi akugeze mu Ijuru. Ni we uzakumvisha ko igihe uranagmiye Yezu mu mutuzo, uzabona ubutatu butagatifu muri wowe.

Ngizo inama zigirwa abashaka kwegerana n’Imana banyuze mu isengesho ryo gushengerera. Abakunda iri sengesho murusheho kurikora neza mu sabana n’Imana mu gusabira isi.

Ivomo: Umukironews

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 4 =

Previous Post

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Next Post

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.