• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

radiotv10by radiotv10
20/12/2025
in MU RWANDA
1
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we
Share on FacebookShare on Twitter

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze ashyingiranywe n’umugore we.

Yabigaragaje mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Ukuboza 2025, aho yagaragaje ko we n’umugore we Uwingabire Claudine, bakorewe ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 15 bamaze babana nk’umugore n’umugabo.

Mu butumwa buherekeje amafoto arimo iyo we n’umugore we bari gukata umutsima, Bamporiki yagize ati “Uko umuryango wanda, Urwanda Rwanda uko, imyaka 15 yo kwanda kwacu yabaye iy’imigisha n’imiraba, ariko muri byose twabonye ubupfura n’ubutwari mu bantu.”

Bamporiki uzwiho gukoreshwa Ikinyarwanda kizimije, yakomeje agira ati “Mugwize amashyo mubyaze amagana, dukotanire ibyungura u Rwanda ntawe uhomba rwungutse. Mwishyuke mu Rwanda umu.”

Mu kwezi gushize k’Ugushyingo, ubwo habaga ihuriro rya 18 rya Unity Club Intwararumuri, Bamporiki Edouard wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, yaryitabiriye ari kumwe n’umugore we.

Mu bihe bitandukanye, Bamporiki yakunze kuvuga ko akunda umugore we, ndetse ko iyo atari kumwe na we aba yumva atuzuye, kuko yumva ari we umwuzuza.

Bamporiki Edouard wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda, yanagize indi myanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda, nko kuba yarabaye Umudepite, ndetse akaba yaranabaye Perezida wa Komisiyo y’Itorero ry’Igihugu.

Muri Mutarama 2023, Bamporiki yari yakatiwe gufungwa imyaka itanu, ahamijwe ibyaha birimo icyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya n’icyo gukoresha mu nyungu ze bwite ububasha ahabwa n’itegeko.

Mu kwezi k’Ukwakira 2024, uyu munyapolitiki ari mu bagororwa bahawe imbabazi na Perezida Paul Kagame, ari bwo yahitaga arekurwa, yagera hanze akamushimira byimazeyo.

Bamporiki amaze imyaka 15 akoze ubukwe
Bakase umutsima wo kwishimira isabukuru y’iyi myaka

Ni ibirori bakorewe n’abakozi babo
Mu kwezi gushize, Bamporiki yitabiriye Ihuriro rya Unict Club Intwaramuri ari kumwe n’umugore we

RADIOTV10

Comments 1

  1. ultimateshop login says:
    5 months ago

    It’s going to be finish of mine day, except before finish
    I am reading this fantastic article to increase my knowledge.

    Visit my homepage ultimateshop login

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + nine =

Previous Post

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Next Post

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.