Wednesday, August 5, 2026
RW|EN
AMAHANGA

Undi muntu witwaje imbunda n’amasasu yatahuwe hafi y’aho Perezida wa America akinira Golf

Undi muntu witwaje imbunda n’amasasu yatahuwe hafi y’aho Perezida wa America akinira Golf

Hafi y’aho Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America akinira umukino wa Golf, hafatiwe umugabo wari ufite imbunda yo mu bwoko bwa masotera n’amasasu.

Uyu mugabo w’imyaka 38 witwa Jeanine John Taele, yafatiwe ahitwa Rancho Palos Verdes ku kivuga cya Golf cya Trump i Los Angeles, ubwo uyu mukuru w’Igihugu cya America, yari mu rugendo urugendo muri California.

Uyu mugabo yafashwe nyuma yo kugaragara azenguruka kuri iki kibuga, ari gufata amashusho n’amafoto, bikekwa ko yashakaga kumenya uko umutekano wa Trump wifashe.

Igipolisi cy’i Los Angeles cyagize kivuga ko uyu mugabo “Yagaragaye azengurua muri iki kibuga cya Golf, afata amashusho n’amafoto, bigaragara ko agenzura uburyo umutekano uri gutegurwa.”

Ni mu gihe Perezida Donald Trump we, yari mu rugendo i California, ateganya kwitabira ibirori by’ishyaka rye ry’Aba-Republican byabaye ejo hashize ku wa Kabiri.

Uyu mugabo, nyuma yo gufatwa n’abashinzwe umutekano, ubu arafunze, aho akurikiranyweho ibyaha birimo kwitwaza intwaro no gutunga amasasu atemewe n’amategeko.

Yafashwe nyuma yuko abashinzwe umutekano bari bambaye gisivile, bamenyesheje ubuyobozi ko aho hantu yafariwe haba hari umuntu uteye impungenge.

Ubwo yafatwaga kandi, byamenyekanye ko yanashakishwaga n’igipolisi cyo mu gace ka El Segundo gaherereye mu bilometero 25 uvuye muri kariya gace ka Rancho Palos Verdes. Yashakishwaga kubera icyaha cy’ubujura akekwaho.

RADIOTV10

Share this story: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 16 =