Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yibukije abantu ko kuba ababyeyi bitabaha uburenganzira bwo guhohotera abana babo, nyuma yuko hari ugaragaye ahohotera umwana we kugira ngo akurure abantu ku mbuga nkoranyambaga.
Ni nyuma yuko ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye amashusho y’umubyeyi w’umugabo akubita umwana we, avuga ngo agiye kumukubita ngo arebe igihe byafata ngo ahore.
Bamwe mu bashyize ku mbuga nkoranyambaga aya mashusho, babajije inzego zirimo iz’ubutabera n’izirengera abana niba ibi bikwiye, ndetse banenga uyu mubyeyi, kuba yajyanye umwana we kuri izi mbuga nkoranyambaga yarangiza akanamuhohotera.
Ukoresha konti yitwa Intamenwa ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yabajije Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ati “Ese ibi uyu mugabo/sore yakoreye uyu mwana si ihohoterwa? Ubu gushaka views bigiye kujya bivamo ibi koko? Ese Ubu uyu mwana ntakwiye ubutabera. Uyu mugabo nawe akaganirizwa?”
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry asubiza uyu wabajije iki kibazo, yavuze ko ibi bidakwiye, kuko umwana ari uwo kubahwa.
Dr Murangira yagize ati “Umwana niyubahwe! Afite ubuzima bwite bugomba kurindwa, no ku mbuga nkoranyambaga kandi akarindwa guhohoterwa no gukoreshwa mw’igeragezwa.”

Umuvugizi wa RIB yakomeje yibutsa ababyeyi ko nubwo baba ari ab’abana babo, ariko bitabaha uburenganzira bwo kubahohotera muri ubu buryo.
Ati “Kuba umubyeyi ntibiguha uburenganzira bwo kumuhohotera. Amategeko akurikizwa kuri bose, kandi kurengera umwana ni inshingano za buri muntu.”
Abakoresha imbuga nkoranyambaga, bakunze kugirwa inama ko badakwiye kuzikoresha nabi, kuko hari n’igihe bisanga bakoze ibikorwa bigize ibyaha, ndetse bamwe bagiye banabikurikiranwaho.
RADIOTV10






