Tuesday, February 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga

radiotv10by radiotv10
03/02/2026
in MU RWANDA
0
Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yibukije abantu ko kuba ababyeyi bitabaha uburenganzira bwo guhohotera abana babo, nyuma yuko hari ugaragaye ahohotera umwana we kugira ngo akurure abantu ku mbuga nkoranyambaga.

Ni nyuma yuko ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye amashusho y’umubyeyi w’umugabo akubita umwana we, avuga ngo agiye kumukubita ngo arebe igihe byafata ngo ahore.

Bamwe mu bashyize ku mbuga nkoranyambaga aya mashusho, babajije inzego zirimo iz’ubutabera n’izirengera abana niba ibi bikwiye, ndetse banenga uyu mubyeyi, kuba yajyanye umwana we kuri izi mbuga nkoranyambaga yarangiza akanamuhohotera.

Ukoresha konti yitwa Intamenwa ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yabajije Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ati “Ese ibi uyu mugabo/sore yakoreye uyu mwana si ihohoterwa? Ubu gushaka views bigiye kujya bivamo ibi koko? Ese Ubu uyu mwana ntakwiye ubutabera. Uyu mugabo nawe akaganirizwa?”

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry asubiza uyu wabajije iki kibazo, yavuze ko ibi bidakwiye, kuko umwana ari uwo kubahwa.

Dr Murangira yagize ati “Umwana niyubahwe! Afite ubuzima bwite bugomba kurindwa, no ku mbuga nkoranyambaga kandi akarindwa guhohoterwa no gukoreshwa mw’igeragezwa.”

Umuvugizi wa RIB yakomeje yibutsa ababyeyi ko nubwo baba ari ab’abana babo, ariko bitabaha uburenganzira bwo kubahohotera muri ubu buryo.

Ati “Kuba umubyeyi ntibiguha uburenganzira bwo kumuhohotera. Amategeko akurikizwa kuri bose, kandi kurengera umwana ni inshingano za buri muntu.”

Abakoresha imbuga nkoranyambaga, bakunze kugirwa inama ko badakwiye kuzikoresha nabi, kuko hari n’igihe bisanga bakoze ibikorwa bigize ibyaha, ndetse bamwe bagiye banabikurikiranwaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − three =

Previous Post

Itangazamakuru rikwiye kwigisha uburinganire bw’abagore n’abagabo naryo riravugwamo ko bugicumbagira

Related Posts

Itangazamakuru rikwiye kwigisha uburinganire bw’abagore n’abagabo naryo riravugwamo ko bugicumbagira

Itangazamakuru rikwiye kwigisha uburinganire bw’abagore n’abagabo naryo riravugwamo ko bugicumbagira

by radiotv10
03/02/2026
0

Ubushakashatsi bw’Ikigega Mpuzamahanga gikora ubugenzuzi ku mikorere y’Itangazamakuru GMMP (Global Media Monitoring Project), bwagaragaje ko umubare w’abanyamakuru b’igitsinagore ukiri hasi...

Rwamukwaya wamaze imyaka 30 mu mwuga w’itangazamakuru wanakoreye RBA yitabye Imana

Rwamukwaya wamaze imyaka 30 mu mwuga w’itangazamakuru wanakoreye RBA yitabye Imana

by radiotv10
03/02/2026
0

Valens Rwamukwaya wamaze imyaka 38 mu mwuga w’itangazamakuru, irimo 28 yakoreye ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru RBA nk’umukozi ufata amashusho, yitabye Imana....

Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

by radiotv10
03/02/2026
0

Nzabamwita Foromina wo mu kagari ka Mpumbu mu murenge wa Bushekeri uherutse kubwirwa n’uwo abereye nyina wabo  bapfaga umugabo ko ukwezi...

Ruhango: Yabanje gukubita ifuni umugore we arangije yica umwana we na we ariyahura

Batatu barimo umugabo n’umugore we bitabye Imana nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
03/02/2026
0

Mu Murenge wa Bweramana mu Karere ka Ruhango, haravugwa impfu z’abantu batatu barimo umugabo n’umugore we, bitabye Imana nyuma yo...

Rusizi: Umugabo aravugwaho gutinga mugenzi we ufite uburwayi bwo mu mutwe umugore watambukaga akamumukuraho

Rusizi: Umugabo aravugwaho gutinga mugenzi we ufite uburwayi bwo mu mutwe umugore watambukaga akamumukuraho

by radiotv10
03/02/2026
0

Ngendahimana Jacques wo mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye aravugwaho kwihererana umusore w’imyaka 25 ufite uburwayi bwo mu...

IZIHERUKA

Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga
MU RWANDA

Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga

by radiotv10
03/02/2026
0

Itangazamakuru rikwiye kwigisha uburinganire bw’abagore n’abagabo naryo riravugwamo ko bugicumbagira

Itangazamakuru rikwiye kwigisha uburinganire bw’abagore n’abagabo naryo riravugwamo ko bugicumbagira

03/02/2026
Rwamukwaya wamaze imyaka 30 mu mwuga w’itangazamakuru wanakoreye RBA yitabye Imana

Rwamukwaya wamaze imyaka 30 mu mwuga w’itangazamakuru wanakoreye RBA yitabye Imana

03/02/2026
Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

03/02/2026
Ruhango: Yabanje gukubita ifuni umugore we arangije yica umwana we na we ariyahura

Batatu barimo umugabo n’umugore we bitabye Imana nyuma yo gusangira inzoga

03/02/2026
Rusizi: Umugabo aravugwaho gutinga mugenzi we ufite uburwayi bwo mu mutwe umugore watambukaga akamumukuraho

Rusizi: Umugabo aravugwaho gutinga mugenzi we ufite uburwayi bwo mu mutwe umugore watambukaga akamumukuraho

03/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga

Itangazamakuru rikwiye kwigisha uburinganire bw’abagore n’abagabo naryo riravugwamo ko bugicumbagira

Rwamukwaya wamaze imyaka 30 mu mwuga w’itangazamakuru wanakoreye RBA yitabye Imana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.