• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Itangazamakuru rikwiye kwigisha uburinganire bw’abagore n’abagabo naryo riravugwamo ko bugicumbagira

radiotv10by radiotv10
03/02/2026
in MU RWANDA
0
Itangazamakuru rikwiye kwigisha uburinganire bw’abagore n’abagabo naryo riravugwamo ko bugicumbagira
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushakashatsi bw’Ikigega Mpuzamahanga gikora ubugenzuzi ku mikorere y’Itangazamakuru GMMP (Global Media Monitoring Project), bwagaragaje ko umubare w’abanyamakuru b’igitsinagore ukiri hasi mu Rwanda, kuko nko mu gutara no gutangaza amakuru (reporting) kuri televiziyo ari 4%.

Ubu bushakashatsi bwa GMMP bwa 2025, bwakurikiranye amakuru yatambutse kuri radiyo, televiziyo n’itangazamakuru rikorera kuri internet mu Rwanda.

Muri rusange, hagenzuwe inkuru 85, hakurikiranwa abantu 182 bavuzwe mu makuru ndetse n’abanyamakuru 83 bagize uruhare mu kuyatangaza. Icyo gihe nta kinyamakuru cyandika ku mapuro (print media) cyakoraga mu Rwanda. Ibyavuye muri ubu bushakashatsi bigaragaza ko nubwo hari intambwe igenda iterwa, uburinganire mu makuru bukiri kure.

Abagore mu mwuga w’itangazamakuru

Mu mikorere y’itangazamakuru, abagore baracyari bacye cyane mu myanya yo gutangaza amakuru (reporting), by’umwihariko kuri televiziyo no kuri internet.

Muri televiziyo, abagore bangana na 4% gusa by’abanyamakuru batara inkuru, mu gihe kuri internet ari 10%. Icyakora, ku rwego rw’abasomyi b’amakuru (presenters/News Anchors), abagore ni benshi kuri televiziyo, kuko bangana na 80%, ibintu bigaragaza ko hakoreshwa amasura yabo cyane kuruta kubaha ijambo ku bitekerezo n’icyerekezo cy’amakuru.

GMMP 2025 igaragaza ko nuubwo u Rwanda rufite politiki n’amategeko akomeye ashyigikira uburinganire, itangazamakuru ritarabihindura mu mikorere ya buri munsi. Inkuru nke ni zo zihuza amakuru n’uburinganire, uburenganzira bwa muntu cyangwa kurwanya imyumvire ishingiye ku gitsina.

Ibi bisaba ko inzego z’itangazamakuru, amashuri yigisha itangazamakuru, inzego za Leta n’imiryango ya sosiyete sivile bashyira imbaraga mu itangazamakuru rishingiye ku buringanire, ritagarukira ku kugaragaza abagore gusa, ahubwo ribaha ijwi, ububasha n’umwanya uhagije mu kubaka inkuru z’igihugu.

Abagore baracyari bake mu makuru, cyane cyane kuri internet

Ubu bushakashatsi bwerekanye ko mu itangazamakuru rya radiyo na televiziyo bihujwe, abagore bangana na 37% by’abantu bagaragara cyangwa bavugwa mu makuru. Icyakora, iyo bageze mu makuru anyuzwa kuri internet, uwo mubare ugabanuka cyane ukagera kuri 20% gusa. Ibi byerekana ko itangazamakuru rigezweho (digital media), n’ubwo ryitezweho gufungura amarembo ku bantu benshi batandukanye, rikomeje gusubiramo imiterere nk’iyahozeho yiganjemo abagabo.

Politiki n’ubukungu biracyagaragaramo abagabo

Nk’uko byagaragaye mu makuru yo mu mahanga no ku rwego rw’akarere, inkuru za politiki n’imiyoborere, ndetse n’iz’ubukungu, ziganje mu makuru yo mu Rwanda, abagabo ni bo bagaragaramo cyane.

Muri politiki, hagaragaye abagore bangana na 20% by’abantu bavuzwe mu makuru yo kuri radiyo na televiziyo. Mu gihe mu byerekeye ubukungu, nubwo hari aho bageze kuri 42% mu itangazamakuru gakondo, kuri internet nta mugore n’umwe wagaragaye mu nkuru z’ubukungu zakoreweho ubu bushakashatsi.

Ibi bitandukanye n’uko u Rwanda ruhagaze mu buzima busanzwe, aho abagore bagira uruhare rugaragara mu miyoborere n’ifatwa ry’ibyemezo, bigaragaza icyuho gikomeye hagati y’ukuri kubaho n’uko kugaragazwa mu itangazamakuru.

Ijwi ry’abagore ryumvikana cyane mu buzima busanzwe

GMMP 2025 igaragaza ko abagore bakunze kugaragara mu makuru batanga ibitekerezo rusange (popular opinion) cyangwa bagaragara nk’abaturage basanzwe. Aha ni ho abagore bageze kuri 56%, ariko iyo bigeze ku ruhare rw’abavugira inzego (spokespersons) cyangwa impuguke (experts/commentators), abagore basubira inyuma bakaba 22% gusa mu bavugira inzego, na 33% mu mpuguke zivugwa mu makuru.

Ibi byongera gushimangira ishusho igaragaza abagore nk’abatanga ubuhamya bw’ubuzima busanzwe, aho kubagaragaza nk’abafite ubumenyi, ububasha n’ubushobozi.

Inkuru z’ihohoterwa rishingiye ku gitsina zifite umwanya muto

Nubwo ihohoterwa rishingiye ku gitsina (GBV) ari ikibazo gihangayikishije sosiyete, GMMP 2025 igaragaza ko izi nkuru zagaragaye gake cyane mu makuru yo mu Rwanda ku munsi wakurikiranywe. Iyo zigaragaye, akenshi abagore ni bo baba bavugwa cyane, gusa bagashyirwa ahanini mu ishusho y’abahohotewe, hakirengagizwa igice cyo kubagaragaza nk’abagizweho ingaruka bafite imbaraga zo kwiyubaka.

Byongeye, abagabo ni bo bakunze kugaragazwa nk’abagizweho ingaruka (survivors) mu nkuru z’impanuka, ibiza n’ubukene, mu gihe abagore bakunze kugaragara nk’abahohotewe gusa, bigaragaza itandukaniro mu buryo inkuru zubakwa.

Sosthene
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

Batatu barimo umugabo n’umugore we bitabye Imana nyuma yo gusangira inzoga

Next Post

Rusizi: Umugabo aravugwaho gutinga mugenzi we ufite uburwayi bwo mu mutwe umugore watambukaga akamumukuraho

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Rusizi: Umugabo aravugwaho gutinga mugenzi we ufite uburwayi bwo mu mutwe umugore watambukaga akamumukuraho

Rusizi: Umugabo aravugwaho gutinga mugenzi we ufite uburwayi bwo mu mutwe umugore watambukaga akamumukuraho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.