Tuesday, May 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

radiotv10by radiotv10
26/08/2022
in MU RWANDA
0
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo
Share on FacebookShare on Twitter

Abarwanashyaka b’umutwe wa Politiki wa Alliance pour le Changement w’Umunyapolitiki Jean-Marc Kabund umaze iminsi afunzwe, bateguye imyigaragambyo yo gusaba ko afungurwa.

Uyu munyapolitiki Jean-Marc Kabund watawe muri yombi tariki 09 Kanama 2022, yari aherutse gutangiza iri shyaka rye ndetse yemeza ko yiteguye guhangana na Perezida Felix Tshisekedi.

Hon Jean-Marc Kabund wanayoboye ishyaka rya Tshisekedi, yari yanavuze ko ubutegetsi bw’uyu Mukuru w’Igihugu cyabo, bunaniwe, aho yavuze ko buyobowe n’amabandi asahura Igihugu.

Inteko Ishinga amategeko yahise yamaganira kure ibyatangajwe n’iyi ntumwa ya rubanda ndetse ikitandukanya na byo, yari yavuze ko agomba kubiryozwa kimwe na Guverinoma ya DRC na yo yahise ivuga ko agomba kugezwa imbere y’ubutabera.

Abagize ishyaka rya Jean-Marc Kabund, bandikiye Guverineri w’Umujyi wa Kinshasa, bamumenyesha ko ku wa Mbere tariki 29 Kanama 2022, bazakora imyigaragambyo yo gusaba irekurwa ry’umuyobozi w’ishyaka ryabo.

Muri iyi baruwa yashyizweho umukono n’umukada w’iri shyaka, Monda Mongoy Espérance, igira iti “Twateguye urugendo rw’amahoro ku wa Mbere tariki 29 Kanama kugira ngo dusaba irekurwa nta mananiza ry’umuyobozi w’ishyaka ryacu ku rwego rw’Igihugu, Hon Jean-Marc Kabund a Kabund ufunzwe by’agateganyo mu buryo bunyuranyije n’Itegeko Nshinga n’andi mategeko y’Igihugu.”

Bavuze ko iyi myigaragambyo izatangira saa 10:30, aho bazahera kuri Gare centrale muri Komini ya Gombe bakerecyeza ku Biro by’Umushinjacyaha Mukuru ubundi bakajya ku Rukiko rusesa imanza.

Uyu munyapolitiki wahoze ari Visi Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya DRC, afungiye kuri Gereza ya Makala aho urubanza rwe ruteganyijwe kuba tariki 05 Nzeri 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku kibazo cy’uwavuze ko yambuwe umutungo n’uwo bavuga ko ari umuvandimwe wa Perezida

Next Post

Ntituzamere nk’insenene kandi hari ibidutegereje- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda kutazaryana

Related Posts

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa yavuze ko nta kibazo afitanye na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame kubera ibiherutse...

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikomeje gukorwa ku nzego zinyuranye...

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyatangajwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America byo guhagarikira inkunga Ibihugu bya Afurika,...

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

by radiotv10
12/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda irafungura ku mugaragaro Ambasade yayo mu Gihugu cya Hongrie cyo ku Mugabane w’u Burayi, hanabe ibiganiro hagati...

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame ari i Abidjan muri Côte d’Ivoire aho yagiye kwifatanya na bagenzi be bo ku Mugabane wa Afurika...

IZIHERUKA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo
MU RWANDA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

12/05/2025
BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

12/05/2025
Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntituzamere nk’insenene kandi hari ibidutegereje- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda kutazaryana

Ntituzamere nk’insenene kandi hari ibidutegereje- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda kutazaryana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.