Monday, July 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC: M23 yagarutse ite kandi mwarayitsinze muri 2013?-Umudepite yasabye ibisobanuro Minisitiri w’Ingabo

radiotv10by radiotv10
29/03/2022
in MU RWANDA
0
DRC: M23 yagarutse ite kandi mwarayitsinze muri 2013?-Umudepite yasabye ibisobanuro Minisitiri w’Ingabo
Share on FacebookShare on Twitter

Mu nteko rusange y’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Umudepite yasabye ibisobanuro mu magambo Minisiti w’Ingabo, Gilbert Kabanda Kurhenga, impamvu M23 yatsinzwe muri 2013 ariko ikaba igikomeje guhungabanya umutekano w’iki Gihugu.

Mu ijoro rishyira kuri uyu wa Mbere tariki 28 Werurwe 2022, abarwanyi b’umwe twa M23 bagabye ibitero ku birindiro by’ingabo z’Igihugu mu duce twa Tchanzu na Runyoni, muri Teritwari ya Rutshuru muri Kivu ya Ruguru.

Nyuma y’ibi bitero byanavuzweho byinshi, Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Congo, Juvenal Munubo yabajije ibibazo mu magambo Minisitiri w’Ingabo n’abasezerewe mu ngabo, Gilbert Kabanda Kurhenga ku byerekeye ikibazo cy’uyu mutwe ukomeje kubahungabanyiriza umutekano.

Uyu mudepite yabazaga Ministiri w’Ingabo niba yakwmeza koko niba M23 yagabye ibitero ku basirikare b’Ibigugu.

Ati “Niba igisubizo ari yego, ni iki gishobora gusobanura impamvu M23 yakwiyuburura kandi byaratangajwe ku mugaragaro ko mwayinesheje muri 2013.”

Arongera ati “Ni iki FARDC ikora kugira ngo irandure burundu ibitero bya M23 igaba muri Kivu ya Ruguru.”

Ibi bibazo bitatu byabajijwe na Depite Juvenal Munubo, bisaba Minisitiri w’Umutekano kubitangaho ibisobanuro mu izina rya rubanda.

Nyuma y’ibi bitero byatumye abaturage babarirwa mu magana bahungira muri Uganda, Igisirikare cya Congo n’ubuyobozi bw’iki Gihugu bongeye gushinja Igisirikare cy’u Rwanda gufasha izi nyeshyamba za M23, mu gihe Ubuyobozi bw’u Rwanda bwamaganye ibi birego, buvuga ko ari ibinyoma bidafite ishingiro.

Nyuma y’uko bitangajwe n’ubuyobozi bwa DRC ko abasirikare babiri bafashwe mpiri ari ab’u Rwanda, Ubuyobozi bw’Intara y’Iburengera mu Rwanda, bwamaganye aya makuru buvuga ko abo basirikare atari aba RDF.

Itangazo ryashyizweho umukono na Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko Francois, rivuga ko u Rwanda rwakoze ibishoboka byose mu mikoranire yo gucyura abahoze muri M23 bashyize intwaro hasi ariko ko u Rwanda rutabazwa intege nke za DRC mu kurangiza iki kibazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + one =

Previous Post

Uganda: Indirimbo yakundwaga na Perezida w’Inteko witabye Imana yabyinwe n’Abadepite bamwunamira

Next Post

Umutoza mushya w’Amavubi yamenyekanye: Amwe mu makipe yanyuzemo ntiyayatinzemo

Related Posts

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

by radiotv10
14/07/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yamenyesheje Abanyarwanda ko haherutse kuvumburwa urushinge umuntu ashobora guterwa rukamurinda kwandura Virusi Itera SIDA mu...

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

by radiotv10
14/07/2025
0

Rwanda’s Minister of Health, Dr. Sabin Nsanzimana, has announced the recent discovery of an injection that can protect an individual...

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

by radiotv10
14/07/2025
0

In our past article, we explained why and how Africa was maintained under domination by European countries. Should we keep...

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu akurikiranyweho gucura umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we, afatanyije n’undi...

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, arasaba abagiraneza gufasha umugore we kujya kwivuza indwara y’ibibyimba yasanganywe...

IZIHERUKA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama
AMAHANGA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

14/07/2025
Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

14/07/2025
Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

14/07/2025
Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

14/07/2025
Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

14/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umutoza mushya w’Amavubi yamenyekanye: Amwe mu makipe yanyuzemo ntiyayatinzemo

Umutoza mushya w’Amavubi yamenyekanye: Amwe mu makipe yanyuzemo ntiyayatinzemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.