Tuesday, July 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Amakuru mashya kuri umwe mu bari barakatiwe urwo gupfa kubera kugerageza guhirika ubutegetsi

radiotv10by radiotv10
05/02/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRCongo: Amakuru mashya kuri umwe mu bari barakatiwe urwo gupfa kubera kugerageza guhirika ubutegetsi
Share on FacebookShare on Twitter

Inzobere mu bya gisirikare n’umutekano, Jean-Jacques Wondo ufite ubwenegihugu bw’u Bubiligi uri mu bari barakatiwe igihano cy’urupfu kubera kugezageza guhirika ubutegetsi bwa Felix Tshisekedi, hamenyekanye amakuru ko yarekuwe.

Amakuru dukesha ikinyamakuru ACTUALITE.CD, avuga ko Jean-Jacques Wondo yarekuwe kuri uyu wa Kabiri tariki 04 Gashyantare 2025, nk’uko amakuru y’abari hafi y’uyu mugabo abyemeza.

Nanone kandi Me Carlos Ngwapitshi, Umunyamategeko wa Jean-Jacques Wondo yemeje irekurwa ry’umukiliya we, avuga ko n’ubundi urubanza rwe rwari urwa politiki bityo ko rwari rukwiye gukemurwa binyuze mu nzira za dipolomasi.

Yagize ati “Urubanza rwa politiki, ruba rukwiye gukemurwa binyuze mu nzira za Politiki n’ubundi cyangwa iya dipolomasi. Umucamanza w’Urukiko agira umwere mu gihe nta bimenyetso bifatika bihamya umuntu icyaha, ariko Umunyapolitiki w’urubanza rwa Politiki ashobora guhamya umuntu icyaha atagaragarijwe ibimenyetso.”

Amakuru avuga kandi ko Jean-Jacques Wondo yarekuwe mu ijoro ryo ku ya 04 Gashyantare agahita yerecyeza i Bruxelles mu Bubiligi, kugira ngo anavurwe kuko arembye.

Jean-Jacques Wondo yarekuwe nyuma yuko Urukiko rwa gisirikare rw’i Gombe muri Kinshasa ruburanishije ubujurire bw’uru rubanza tariki 27 Mutarama 2025.

Igihano cy’urupfu cyari cyarakatiwe Jean-Jacques Wondo, cyari cyamaganywe n’u Bubiligi, uyu mugabo asanzwe afitiye ubwenegihugu, ndetse gituma amahanga yongera kunenga ubutegetsi bwa Kinshasa ku kuba Ubucamanza bwaho bufata ibyemezo kandi nta bimenyetso bifatika.

Jean-Jacques Wondo ufite ubwenegihugu bw’u Bubiligi, yari yakatiwe igihano cy’urupfu we n’abandi batatu bafite ubwa Leta Zunze Ubumwe za America ndetse n’abandi, aho bashinjwaga kugerageza guhirika Ubutegetsi, igikorwa cyabaye muri Gicurasi 2024.

Nathalie Kayembe, Umugore wa Jean-Jacques Wondo, yakunze kugaragaza kenshi impungenge z’ubuzima bw’umugabo we, aho yasabaga ko arekurwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 20 =

Previous Post

U Rwanda rwavuze uko rwiteguye inama iziga ku bibazo bya Congo n’ibyo ruzagaragaza

Next Post

Kigali: Herekanywe abakurikiranyweho ibifite agaciro ka Miliyoni 150Frw

Related Posts

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

by radiotv10
07/07/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) byakomeje ibitero byabyo bihuriyeho mu kurwanya umutwe w’iterabwoba wa...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 iratanga impuruza ku biteye impungenge biri gukorwa n’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
07/07/2025
0

  Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bukomeje kohereza ku bwinshi abasirikare ndetse n’intwaro nyinshi...

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

by radiotv10
04/07/2025
0

U Burusiya bwongeye kugaba ibitero bikomeye kuri Ukraine, mu ntambara imaze igihe ihanganishije ibi Bihugu, aho iki Gihugu cya Ukraine...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
04/07/2025
1

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko nta mushinga w’amasezerano wari wagerwago ku buryo wasinywa mu biganiro biri kubera i Doha muri Qatar,...

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

by radiotv10
03/07/2025
0

Baltasar Engonga Ebang wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iperereza mu by’Imari muri Guinée Equatoriale wigeze kugarukwaho cyane kubera...

IZIHERUKA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano
MU RWANDA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

08/07/2025
Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

07/07/2025
APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

07/07/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

07/07/2025
Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

07/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Herekanywe abakurikiranyweho ibifite agaciro ka Miliyoni 150Frw

Kigali: Herekanywe abakurikiranyweho ibifite agaciro ka Miliyoni 150Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.