• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

DRCongo: Inkambi yagabwemo igitero kigahitana abantu 29 yagabwemo ikindi cyaguyemo 22

radiotv10by radiotv10
29/11/2021
in Uncategorized
0
DRCongo: Inkambi yagabwemo igitero kigahitana abantu 29 yagabwemo ikindi cyaguyemo 22
Share on FacebookShare on Twitter

Inyeshyamba zagabye igitero ku bantu bakuwe mu byabo n’ibikorwa by’umutekano mucye, bari mu nkambi iri mu Majyaruguru ashyira Uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zicamo 22 mu gihe ikindi gitero cyagabwe muri iyi nkambi mu cyumweru gishize cyari cyahitanye abandi 29.

Iki gitero cyabaye kuri iki Cyumweru tariki 28 Ugushyingo 2021, cyagabwe ku bantu bari gushaka aho bahungira.

Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP bitangaza ko iki gitero cyahitanye abantu 22, gishinjwa umutwe witwaza intwaro uzwi nka CODECO (Cooperative for the Development of Congo).

Ibitangazamakuru bikorera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bitangaza ko ko bariya barwanyi baje bakarasa amasazu menshi kuri bariya baturage bakuwe mu byabo n’ibikorwa by’umutekano mucye.

Mu cyumweru gishize, muri iriya nkambi n’ubundi hari hagabwe ikindi gitero gihitana abasivile 29.

Kuva mu myaka 20 ishize, Imitwe yitwaje intwaro ikomeje kugerageza kwigarurira ibice birimo amabuye y’agaciro, ikaba yaragiye igaba ibitero muri biriya bice byegeranye n’ibihugu by’ibituranyi by’iki gihugu birimo u Rwanda, Uganda n’u Burundi.

Kuva mu ntangiro za Gicurasi, Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yashyize mu bice bya Kivu ya Ruguru na Ituri mu buyobozi bwa Gisirikare mu rwego rwo kurandura ibikorwa by’umutekano mucye wakunze kuvugwamo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − six =

Previous Post

Wari uzi ko aya majyane dukunze kunywa atari meza?

Next Post

APR izagera ite mu Maroc yahagaritse ingendo?…Ubuyobozi bwa APR bwagize icyo bubivugaho

Related Posts

Ruhango: Uwarokokeye mu yahoze ari Komini Masango yavuze uburyo Inkotanyi zamutabaye ku munsi yari kwicirwaho

Ruhango: Uwarokokeye mu yahoze ari Komini Masango yavuze uburyo Inkotanyi zamutabaye ku munsi yari kwicirwaho

by radiotv10
13/06/2026
0

Mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bari abakozi n’imiryango y’abakoraga mu yahoze...

Igisubizo gitangaje cy’ababyeyi bamwe ku bana b’abakobwa bubaka ingo bataruzuza imyaka 18 n’icyo ubuyobozi bubibutsa

Igisubizo gitangaje cy’ababyeyi bamwe ku bana b’abakobwa bubaka ingo bataruzuza imyaka 18 n’icyo ubuyobozi bubibutsa

by radiotv10
08/06/2026
0

Nyuma yuko bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bagaragaje ko hari abakobwa bashakwa bataruruza...

Gisagara: Abacururiza mu Isoko rya Rwanza babona ritajyanye n’igihe

Gisagara: Abacururiza mu Isoko rya Rwanza babona ritajyanye n’igihe

by radiotv10
03/06/2026
0

Abarema n’abacururiza mu Isoko rya Rwanza riherereye mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, bavuga ko bahangayikishijwe n’imiterere y’iri soko...

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Next Post
APR izagera ite mu Maroc yahagaritse ingendo?…Ubuyobozi bwa APR bwagize icyo bubivugaho

APR izagera ite mu Maroc yahagaritse ingendo?...Ubuyobozi bwa APR bwagize icyo bubivugaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Iby’ingenzi wamenya ku imurikabikorwa rya mbere ku Isi mu bya gisirikare ryitabiriwe na RDF

Abacuruzi bari bavuye i Goma batezwe n’igitero cy’umutwe ukorana na FARDC

Abo mu Mudugudu wapfushije abantu batandatu muri Nyabihu baravuga ko ari ishyano ryabagwiririye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.